• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), cyatangaje ko umuryango wa Assinapol Rwigara mu gihe waba udatangiye kwishyura ibirarane by’imisoro ukibereyemo, nyuma ya Ugushyingo uyu mwaka, imitungo yawo izatangira gutezwa cyamunara.

Umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro bya miliyari esheshatu z’amanyarwanda byo guhera mu mwaka wa 2012 nkuko RRA ibitangaza.

Mu iburanisha ryo kuwa kuwa 16 Ukwakira 2017, Anne Rwigara, ari na we ushinzwe ubucuruzi bw’umuryango wa Rwigara, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko yagiranye ibiganiro na RRA ikamusaba kwishyura mu gihe kitarenze umwaka.

Yavuze ko RRA yamwishyuzaga miliyari esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda ku ruganda rwabo ku buryo icyo kigo cyanarufunze kubera imisoro, bamusaba gusinya ko yayishyura mu mezi 12 ngo barufungure, ibintu yavugaga ko yasanze bimuremereye.

Umuyobozi Mukuru wa RRA, Richard Tusabe, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko uwo muryango utaratangira kwishyura, bityo ko uku kwezi nikurangira batarishyura bazateza imitungo yabo cyamunara.

Yagize ati “‘Nibatishyura tuzabiteza […] turacyareba inzira (procedures) bizakorwamo.”

Tusabe yakomeje avuga ko nibateza cyamunara, bazagurisha igishobora kuvamo ubwishyu cyose.

Anne Rwigara uri mu butabera hamwe n’abo mu muryango we ku byaha birimo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, yabwiye Urukiko ko RRA yabaye ibafungiye uruganda rw’itabi ngo babanze bishyure ayo mafaranga y’imisoro, agaragaza ko bibagoye kuko arirwo bakuragamo amafaranga.

Gusa Umuyobozi Mukuru wa RRA, Tusabe, yatangaje ko uruganda rw’abo rutigeze rufungwa. Ati “Uruganda se twigeze turufunga ahubwo, twe dushinzwe gushyigikira ubucuruzi urumva twajya gufunga ubucuruzi? Ntabwo twigeze dufunga uruganda rwose, n’ubu bashaka baza bagakora ntawababujije.”

Anne Rwigara aherutse gufungurwa by’agateganyo n’urukiko ku cyaha yari akurikiranyweho cyo guteza imvururu muri rubanda. Tusabe yavuze ko Anne nyuma yo kurekurwa atigeze abegera ngo baganire ku buryo iyo misoro yakwishyurwa.

Ikinyamakuru The East African cyatangaje ko hari n’amabanki uyu muryango wari ubereyemo imyenda ari guteganya guteza cyamunara ingwate bagiye bayaha.

Itegeko rigenga imitunganyirize y’isoresha, riteganya ko umusoreshwa ashobora gusaba Komiseri Mukuru kwishyura mu byiciro ibirarane by’imisoro, ariko ntibishobora kurenza umwaka umwe.

Iyo umusoreshwa atishyuye nk’uko yabyiyemeje mu masezerano, asabwa guhita yishyurira rimwe amafaranga yose yari asigaye.

Rinagena ko iyo umusoreshwa atabashije kwishyura, Ikigo cy’Imisoro gishobora gufatira umutungo we ndetse ibyafatiriwe bigatezwa cyamunara nyuma y’iminsi umunani umusoreshwa amenyeshejwe inyandikomvugo y’ifatira.

 

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Ubwanditsi 05 Nov 2018
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019
Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)
Amakuru

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia
ITOHOZA

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi
Mu Rwanda

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Ubwanditsi 24 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru