• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Ubwanditsi 05 Nov 2017 ITOHOZA

Ninde utazi ko ineza ukoze hano ku isi uyisanga imbere n’inabi (ubuhemu) nayo uyisanga imbere?

Tariki 29 Ukwakira 2017, saa yine z’ijoro, umuntu yarampamagaye ambwira ko yanyoherereje e-mail yifuza ko namusomera nkamusemurira kuko yari mururimi atumva bityo namara kuyimusobanurira akabona uko asubiza iyo mail. Namubwiye ko naryamye ahubwo ndibubimurebere mu gitondo. Bucyeye ahagana saa yine z’amanywa nafunguye mudasobwa ndebyemo inkuru ya mbere nabonye kuri facebook yanjye n’ifite umutwe ugira uti:’’Obed NDAHAYO, umuyobozi w’ikinyamakuru INTAMBWE, yameneshejwe akizwa n’amaguru” nubwo nihutaga nahise ngira amatsiko yo kumenya iby’iyo nkuru nsanga ariwe wiyanditseho igisa na déclaration aturondorera ibye.

-8571.jpg

Nahise mvugana n’abayobozi b’ibitangazamakuru bakorera mu Rwanda no hanze iby’iyo nkuru bampa amakuru atandukanye cyane n’ibyo Ndahayo Obed ubwe yivugaho.

Ndahayo Obed ubundi ni muntu ki azwi nk’inyangamugayo? Igisubizo ni OYA kubera impamvu zikurikira:

Ndahayo Obed yavutse 1986 ni mwene Mberanziza na Kankundiye akaba yaravukiye Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

-8573.jpg

Obed mu rukundo

Icya 1: Nk’uko tubikesha imyanzuro y’urubanza no. RP0021/10/TGI/NYGE, Ndahayo Obed muri 2010 yacurishije ikarita ya polisi yanditseho amazina ye, ashaka imyenda ya polisi arambara ajya gushaka abateka kanyanga n’abacuruza nzoga babaka umusoro ku bw’amahirwe make polisi yaje kumugwa gitumo arafatwa ashikirizwa urukiko yorohereza urukiko rumwemeza icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ahanishwa igifungo cy’imyaka 3. Arafungwa imyaka itatu yose muri gereza nkuru ya Kigali aho yasohotse ahagana mu 2013.

Icya 2: Twifashishije urundi rubanza no: RP00215/2016/TGI/NYGE, dusanga ubuhemu n’ubugome bwo ku rwego rwe hejuru bw’uyu muhungu Ndahayo Obed. Nk’uko tubisoma muriurwo rubanza umugabo Nyanga Emmanuel yari yibaniye neza n’umugore we Umugwaneza Ernestine bifitiye iduka rinini Kicukiro centre imbere y’isoko bafitanye n’abana.

Ndahayo Obed yaje gukundana n’uwo mugore w’abandi batesha umutwe umugabo we Nyanga Emmanuel kugeza bamufungishije muri gereza ya Kimironko aho uwo mugabo ubu yakatiwe imyaka 10 y’igifungo. Ndahayo Obed na Umugwaneza Ernestine bapangiye Nyanga Emmanuel bavuga ko yaragiye kwica umugore we Ernestine.

Icya 3: Dushingiye ku birego icya Me Mukamusoni Antoinette cyo kuri 03 Kamena 2016 nicya Me Kadage Labani cyo kuri 25 Gashyantare 2016 (Dufitiye kopi) dusangamo uburyo basobanura ubuhemu n’ubugome bya Ndahayo Obed. Me Mukamusoni Antoinette muri icyo kirego cye asobanuramo ubuhemu Ndahayo yakoreye umudamu witwa Mutoni Joyeuse.

Ndahayo Obed yafashe uyu mudamu warufite umugabo n’umwana 1 amwizeza kumushakira ubutane bakibanira. Uyu mugore yaremeye aramutwara babana amezi 6, ashuka uyu mudamu bakodesha imodoka baragenda iwabo w’uyu mugore basahura nyina udukoresho twose two muri resitora bari bafite i Nyagasambu. Ndahayo amaze kutugeza mu maboko ye yahise atandukana n’uyu mugore.

Uyu Mutoni Joyeuse yaje kwiyambaza abantu batandukanye ngo Obed abasubize utwo dukoresho bakomeze barwane n’ubuzima (uyu nyina wa Mutoni n’umupfakazi) Ndahayo yaranze nyuma yo kubarushya cyane abahamagara ngo baze babifate bamugeraho i Kigali akabasubizayo ngo bazagaruke ejo, bananiwe ibyo bikoresho bya resitora barabimuhebera n’amagingo aya yarabigumanye.

-8574.jpg

Icya 4: Mu mezi 3 ashize umubyeyi uba mu Bubiligi witwa Zena Mukabuduwe yarimo atabaza kubera imitungo ye igiye gutwarwa. Mu gihe yarimo ashakisha uwamufasha akarenganurwa baje kumuhuza na Ndahayo Obed waje kumusaba amafaranga kugira ngo abihagurukire dore ko yamwizezaga imbaraga zidasanzwe ngo afite mu Rwanda. Uyu mubyeyi yaje kumukubira 2 amafaranga Obed yamusabaga.

Yamwizezaga ko uyu ushaka kumwamburisha utwe azi amabi ye menshi ko mu minsi itatu ari bumwereke aho abigeze. Ndahayo Obed amaze kuyacakira ntiyongeye kwandikira uyu mubyeyi amugaragariza aho abigeze nk’uko bari babisezeranye ahubwo nyuma y’ibyumweru 2 amubajije uko byagenze Ndahayo Obed yaramwubahutse aramutuka. Zena Mukabuduwe abuze uko amugira agwa neza aramwihorera ngo azagwe ku bandi.

Icya 5: Amakuru dufite tugitohoza neza aremeza ko iburirwa irengero ry’umunyamakuru John Ndabarasa Ndahayo Obed afatanije n’undi muntu tutari butangaze muri iyi nyandiko babigizemo uruhare rukomeye.

-8576.jpg

Umunyamakuru John Ndabarasa wigeze kuburirwa irengero

Uyu John Ndabarasa yari wayoboraga Sana Radio niwe wirukanye Ndahayo Obed kuri iyo radio bucyeye mushiki wa John Ndabarasa atwara umugabo mushiki wa Obed Ndahayo bahita banava mu Rwanda bajya gutura mu kindi gihugu. Iki kibazo reka nkirekere aho kuko nibiba ngombwa tuzagiharira inyandiko yacyo.

-8577.jpg

Ndahayo Obed n’umukunzi we

Tumaze kumva iyi nkuru twasanze bishoboka ko guhunga kwe byaba atari ukuri duhereye ku ibaruwa ya Ndahayo Obed yakwije mu bitangazamakuru. Aho agira ati:” Nongeye guhangayika mu gihe mu rukiko bavugaga ko hari abandi bagishakishwa bagirwa abafatanyacyaha n’umuryango wa Rwigara.

Icyo twibajije n’iriya myandikire ye kuri iriya nkuru yasesekaje mubinyamakuru byo hanze kuko tuzi ko uwahunze koko aceceka igihe cyose akiri hafi yabo yahunze akazavuga ageze hirya y’inyanja ni nako byagenze ku bandi banyamakuru bose tuzi bahunze.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 03 May 2018
Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Ubwanditsi 02 Aug 2019
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi  [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu  demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.
ITOHOZA

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Ubwanditsi 06 Jan 2016
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera abarurwanya kurusha rwo
Uncategorized

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera abarurwanya kurusha rwo

Ubwanditsi 12 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru