• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Ubwanditsi 10 Oct 2018 POLITIKI

Mwenedata Gilbert washakaga kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida w’u Rwanda,  akaza guhunga igihugu kubera ifungwa rya Dianne Rwigara na Nyina Mukangemanyi, kuri ubu yashize impumpu nyuma y’irekurwa rya Dianne na nyina maze  we n’Ishyaka IPAD-Rwanda  batangaje  ko  bishimiye irekurwa rya Rwigara Diane na nyina Mukangemanyi Adeline.

Itangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga mukuru w’iri shyaka, Musabyimana Charles, rivuga ko bishimiye iki cyemezo cyafashwe n’ubutabera bw’u Rwanda.

Bagize bati “Nyuma y’ifungurwa rya Ingabire Umuhoza Victoire, Perezida w’ishyaka FDU-Inkingi kimwe n’izindi mfungwa zirimo Kizito Mihigo, ishyaka IPAD-Rwanda rinejejwe n’ifungurwa rya Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara”.

Iri shyaka rirakomeza ritangaza ko ibibazo by’urusobe rivuga ko byugarije umuryango Nyarwanda bishobora kubonerwa umuti ngo haramutse habayeho ubushake busesuye bwa Politiki yo kubirangiza.

Iri shyaka rirakomeza risaba ko hafungurwa n’abandi ryita imfungwa za politiki, barimo Mushayidi Deogratias, Dr Niyitegeka Theoneste n’abandi. Bati “bakwiye gufungurwa nta mananiza”.

Gilbert Mwenedata wigeze gushaka guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu nk’umukandida wigenga mu matora yabaye mu 2017 ntibimuhire nyuma akaza gufata iy’ubuhungiro, yatangaje ko yashinze ishyaka rya politiki ryiswe IPAD-Rwanda (Initiative du Peuple pour l’Alliance Démocratique), ku wa Gatandatu, tariki 04 Kanama 2018.

Iri shyaka ritangaza ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ryashingiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ngo rikaba riharanira ko u Rwanda rugendera ku kuri, ubutabera n’uburenganzira bungana nk’inkingi z’iterambere rirambye.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umubyeyi we Mukangemanyi Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Mukangemanyi we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukwakira 2018, nibwo Urukiko Rukuru rwemeye ubusabe bwabo, bemererwa gufungurwa by’agateganyo, bakazaburana bari hanze.

Mwenedata Gilbert na Dianne Rwigara, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yabambuye uburenganzira bwo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu kubera ko mu gushaka  amasinyature   asabwa  uwiyamamaza bahimbye imikono bashyiramo n’abapfuye.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016
Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026
Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018
“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Ubwanditsi 22 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa
IMIKINO

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru