• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018 UBUKUNGU

Ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), kibinyujije mu mushinga w’ubuhinzi ‘Hinga Weze’ ugamije guteza imbere ubuhinzi buciriritse, kigiye gushora miliyoni 32,6 z’amadolari ya Amerika mu mishinga igamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushyakira amasoko no kuzahura imirire cyane cyane ku bana n’abagore mu Rwanda.

Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu myaka itanu.

Mu kiganiro ubuyobozi bw’umushinga CNFA ufite inshingano zo gukurikirana Ishyirwa mu bikorwa ‘Hinga Weze’ uterwa inkunga na USAID hamwe na Feed The Future, bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 1 Werurwe 2018, bwatangaje ko imyiteguro yatangiye muri Kamena 2017.

Umuyobozi w’umushinga ‘Hinga Weze’, Daniel Gies yagize ati “Hinga Weze’ ni umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi, kuzamura umusaruro wabwo, kuwugeze ku masoko no kuzamura imirire mu turere 10 tw’u Rwanda, uzashyirwamo miliyoni 32,6 z’amadolari.”

Yakomeje asobanura ko ugiye gufasha abahinzi basaga ibihumbi 560 mu bikorwa bitandukanye by’ubuhinzi birimo kwifashisha ikoranabuhanga mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, gutanga imbuto z’ibishyimbo, ibigori n’ibindi, kuzitubura, gutanga inyongeramusaruro, guca amaterasi, kubafasha kubona inkunga n’ibindi bigamije kongera umusaruro mu myaka itanu.

Umuyobozi Mukuru wa CNFA, Sylvain Roy, yavuze ko ibindi uyu mushinga uzibandaho birimo kongera ubwiza bw’umusaruro ukomoka ku buhinzi, guha amahirwe abagore n’urubyiruko, konoza imikoreshereze y’inyongeramusaruro n’ibindi.

Uyu mushinga uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu cyumweru gitaha, usozwe muri Kamena 2022, umaze gufasha abahinzi baciriritse basaga ibihumbi 700 bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza, Bugesera, Ngoma, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero, Nyamasheke, Karongi na Nyamagabe.

Uretse ibyo, binategenijwe ko uzafasha mu buryo bwihuse kuvugurura no gucunga neza ubutaka busanga Hegitari ibihumbi 268, abantu ibihumbi 535 bazajya basobanurirwa ku ngaruka z’ihindagurika ry’ibihe n’uko bazirinda n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, muri 2015 yavuze ko bimwe mu byakozwe mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi byatumye agaciro kabyo kava kuri miliyari 1,084 Frw mu mwaka wa 2010 kagera kuri miliyari 1,785 Frw muri 2015, ni ukuvuga inyongera ya 65%.

Bimwe mu byatumye ako gaciro kiyongera ni ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu buhinzi. Uretse kwegereza ifumbire abaturage, kurwanya isuri, guhuza ubutaka n’ibindi, ubu hagezweho kuhira imyaka mu murima hifashishijwe imashini zabugenewe.

U Rwanda rufite ubuso bwa hegitari zisaga miliyoni n’ibihumbi 400 zishobora guhingwaho, hitezwe ko 50 % by’ubwo butaka muri 2020 buzaba buhingwa mu buryo bugezweho.

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]
UBUKUNGU

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017
Mu Rwanda

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru