• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016 Mu Mahanga

Abantu 30 barimo abafite hoteri, moteri na resitora mu mujyi w’akarere ka Huye basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana.

Ibi babisabwe ku itariki 6 Kamena mu nama bagiranye n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere, Inspector of Police (IP) Rukundo Mucyo.

Iyo nama yabereye mu kagari ka Butare, ho mu murenge wa Ngoma, yari igamije gukora ubukangurambaga bwo kurinda umwana ihohoterwa, kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Kabalisa Arsene.

Mu ijambo rye, IP Rukundo yabwiye abo bagize ibyo byiciro ati:”Nti hakagire uwo mwemerera ko ahera umwana ibinyobwa bisembuye mu mahoteri, moteri na resitora zanyu kuko byangiza ahazaza he; kandi usibye n’ibyo; binyuranije n’amategeko “.

Ingingo ya 219 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda igira iti:” Umuntu wese uha cyangwa ugurisha umwana inzoga cyangwa itabi, cyangwa umukoresha mu icuruzwa ryabyo, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atatu (3) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ni nabyo bihano bihabwa ushishikariza umwana kunywa inzoga cyangwa itabi cyangwa kujya mu tubari”.

Yakomeje ababwira ati:”Nihagira umuntu uzana umuntu utujuje imyaka 18 y’amavuko akababwira ko ashaka icyumba cyo kuraramo, ndetse akongeraho ko ari burarane na we ku gitanda ku buryo mukeka ko yaba agamije kumusambanyirizamo, mujye muhita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe akimara kubasaba icyumba kugira ngo ibye bikurikiranwe mu maguru mashya.”

IP Rukundo yabasabye kandi kujya bandika neza imyirondoro y’abo bacumbikira; kandi bakagenzura ko iyo myirondoro ari umwimerere kugira ngo byoroshye iperereza mu gihe haba hari ufite icyo akurikiranyweho.

Yababwiye kandi ati:”Mwirinde ko inzu zanyu zaba ahanywererwa ibiyobyabwenge nk’urumogi cyangwa ahategurirwa ibindi bikorwa binyuranije n’amategeko. Nihagira umukiriya mubikekaho; mukwiye guhita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe.”

Yagize na none ati:”Bamwe mu bakora icyaha cy’icuruzwa ry’abantu barara mu mahoteri, moteri n’ahandi. Murasabwa gufata ingamba zituma badakoresha inzu zanyu mu kugera ku migambi mibi yabo.”

IP Rukundo yasabye kandi abo bafite amahoteri, moteri na resitora kwirinda kugura inyama z’amatungo atabagiwe mu mabagiro azwi kandi yemewe.

Yagize ati:”Hari abantu biba amatungo maze bakayabaga, hanyuma bakagurisha inyama zayo ahantu hatandukanye. Uruhare rwanyu mu kurwanya ubwo bujura ni ukutagura bene izo inyama, kandi mugatanga amakuru y’abazibunza .”

Kabalisa yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku nama yagiriye abo bafite amahoteri, moteri na resitora; kandi abasaba kuzikurikiza no kuba abafatanyabikorwa beza ba Polisi mu gukumira no kurwanya ibyaha.

RNP

2016-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana

Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana

Ubwanditsi 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.
Amakuru

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Ubwanditsi 30 Jul 2024
Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF
Amakuru

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Ubwanditsi 22 Mar 2024
Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 06 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru