• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019 UBUKUNGU

Banki Itsura Amajyambere (BRD) , yatangaje kuva ihawe inshingano zo gukurikirana no kwishyuza abanyeshyuri barihiwe na leta kwiga Amashuri Makuru na Kaminuza mu 2016, imaze kugaruza miliyari 10 kuri miliyari 70 FRW yasabwe kugaruza.

Kuri uyu wa Kane, BRD yahuye n’inzego zitandukanye zirimo iz’abikorera, iza leta n’abakoresha batandukanye, harebwa uko ikibazo cy’abatishyura amafaranga bagurijwe na leta cyakemuka.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Eric Rutabana yavuze ko iyi banki yafashe inshingano zo gukurikirana no gutanga inguzanyo ku banyeshuri biga mu mashuri makuru na Kaminuza mu 2016, nyuma yo gusinyana amasezerano na leta binyuze muri Minisiteri y’uburezi.

Yatangaje ko muri icyo gihe ingano y’amafaranga yagombaga kwishyuzwa yageraga kuri miliyari 70, kugeza ubu amaze kwishyuzwa ni miliyari 10, ibi bigaragaza ko hakiri inzira ndende.

Gusa yavuze ko igishimishije ni uko muri iyi myaka abishyura bagenda biyongera. Kuva mu 2016 abishyuye batanze miliyari 1.4, mu 2017 bishyura miliyari 2.4 naho mu 2018 bishyura miliyari 3.4.

Yagize ati “Murumva ko inzira ari nziza, igikorwa nk’iki cyo guhura kiba kigamije gushishikariza ari ababonye inguzanyo n’abakoresha kudufasha muri iyo nzira kugira ngo umubare w’abishyura urusheho kwiyongera.”

Rutabana yavuze ko abagomba kwishyura bagera ku bihumbi 70, mu gihe abitabira kwishyura ari ibihumbi 12 gusa.

Ati “Hari benshi batigaragaza ngo bavuge ko babonye inguzanyo, ibi babiterwa n’uko abo mu myaka ya kera hari abo tudafitiye amakuru y’aho baherereye, ibyo bize ndetse n’amafaranga bahawe, turasaba ko impande zose zikomeza gufatanya ngo tumenye abo bantu aho baherereye tubashe kubishyuza.”

Mu bindi bibazo bituma abarihiwe na leta batishyura uko bikwiye harimo ko usanga nk’abize mbere y’umwaka wa 2008 nta ndangamuntu bari bafite zikoresha ikoranabuhanga, kubatahura ubu bikaba bigoye.

Rutabana yavuze ko barimo gukorana n’ibigo nk’igishinzwe Indangamuntu mu Rwanda (NIDA, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) n’ibindi kugira ngo amakuru atuzuye bafite arusheho kuzuzwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugène Mutimura na we witabiriye iki gikorwa yashimiye ibigo byamaze gufatanya kugira ngo aya mafaranga yishyurwe, avuga ko hanakwiye gukomeza gufatanya na za ambasade kugira ngo na babandi bari hanze y’u Rwanda bishyuzwe.

Yagize ati “Abenshi ntabwo baba bazi ko iyo bishyuye aya mafaranga baba bishyuriye abana babo, barumuna babo n’abandi mu gihe kiri imbere.”

Muri iki gikorwa kandi hahembwe ibigo byaba ibya leta, iby’abikorera n’abantu ku giti cyabo bagize uruhare mu kwishyura cyangwa kwishyuza aya mafaranga.
Umwe mu bahembwe ku giti cyabo ni Komiseri mukuru wungirije wa RCS, DCGP Jeanne Chantal Ujeneza.

Yavuze ko yahawe inkunga yo kwiga mu 2000-2004 ubwo yigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, nyuma aza kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza nabwo afashijwe na leta.

Yagize ati “Ubwo twari mu kazi nibwo baje kudushishikariza nanjye nibonamo ko ngomba kwishyura, mu by’ukuri ayo mafaranga ntayo nari mfite ariko naravuze nti ngomba kuyashaka, nagiye muri banki mbabwira ko mfite umwenda ngomba kwishyura, banki yaranyumvise irayampa yose nyishyurira rimwe.”

Yasabye n’abandi bose barihiwe na leta kumva ko kwishyura ari ugufasha abandi bakeneye ubu bufasha mu gihe kiri imbere.

Src : IGIHE

2019-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye  television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo : Rujugiro yishyuye television yitwa e TV ($10,000) Kayumba na RNC bacisheho ikiganiro mu gukwirakwiza ibihuha bisebya u Rwanda  

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri
Mu Rwanda

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru