• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016 UBUKUNGU

Hari abibaza ko ibiba ku Rwanda ari ibitangaza biri mu mugambi w’Imana, aba ntibibeshya kuko Imana niyo yahaye u Rwanda Perezida Kagame, imuha n’amavuta yo kuruyobora.

Hari inama nyinshi mpuzamahanga zimaze kubera mu Rwanda. Ariko inama nk’iyi ikomeye si buri gihugu kibyifuza kibona amahirwe yo kuyakira, n’ikimenyimenyi u Rwanda ni igihugu cya kabiri muri Afurika y’iburasirazuba gihawe amahirwe yo kuyobora inama mpuzamahanga yiga ku bukungu bwa Afurika (World Economics Forum on Africa, WEF).

Kubera imyiteguro ihambaye, abanyacyubahiro batandukanye n’ibyigirwamo,bituma igihugu kiyakiriye kigomba kugaragaza ko gifite ubushobozi butandukanye haba mu bikorwa remezo, umutekano n’ibindi.

Ku nshuro ya 26, inama ya World Econimic Forum kuri Afurika ibereye mu Rwanda ku nsanganyamatsiko igira iti “Connecting Africa’s Resources through Digital Transformation”.

Ugenekereje mu Kinyarwanda, iyi nama iriga ku buryo bwo guhuza ubushobozi bwa Afurika, hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho.

Iyi nama igamije guhindura isi, ni ihuriro ry’abikorera, Leta ndetse n’abandi bavuga rikijyana ku isi yose.

-2783.jpg

Perezida Kagame nyuma yoguhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi

Iri huriro rihuza abayobozi mu bya politiki, mu bucuruzi ndetse n’abandi, maze bakagena umurongo ngenderwaho mu iterambere ry’inganda mu turere no ku isi.

Amavu n’amavuko ya World Economic Forum?

Nk’uko bigaragara ku mbuga za Wikipedia na weforum.org, Ihuriro ry’Ubukungu ku isi ryatangijwe mu mwaka wa 1971 nk’ihuriro ritagamije inyungu, rifite iyicaro gikuru i Geneva mu Busuwisi.

Ryatangiye ari ihuriro ryigenga, ridafite aho ribogamiye, ridaharanira inyungu izo ari zo zose.

Iri huriro riharanira ko ishoramari n’ubucuruzi bitera imbere mu nyungu z’isi yose, rikanateza imbere amahame y’imiyoborere myiza.

Abagize iri huriro ngo bizera ko iterambere rigerwaho binyuze mu guhuriza hamwe abantu b’ingeri zose bafite ubushobozi no gukora impinduka nziza.

Ubusanzwe, iri huriro rigira inama ihoraho ikorerwa ahitwa Davos, ni umusozi uherereye mu misozi miremire izwi nka Alpes mu Busuwisi.

-2781.jpg

Perezida Kagame ubwo yari i Davos mu nama ya World Economic Forum

Iyi nama ihuza abayobozi 2500 bo mu bucuruzi, abanyepolitiki bakomeye, abanyabwenge batoranyijwe ndetse n’abanyamakuru, maze hakaganirwa ku ngingo zihangayikishije isi.

Iri huriro kandi ritegura inama ziri hagati y’esheshatu n’umunani mu turere dutandukanye tw’isi buri mwaka, nko muri Amerika y’Epfo, Aziya y’Uburasirazuba, Afurika n’ahandi, n’izindi nama ebyiri zibera mu Bushinwa no muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu buri mwaka.

Kuki u Rwanda rwatoranyijwe kugira ngo rwakire iyi nama?

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa www.weforum.org, ngo u Rwanda ni igihugu cyakoze impinduka zidasanzwe kuva jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yarangira.

Ngo u Rwanda ni igihugu kimaze gutera imbere mu ikoranabuhanga mu karere, kikanaba igihugu cya mbere kihuta mu iterambere mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa sahara.

-2784.jpg

Kigali Convention Cente izatangira gukora mu kwezi kwa Nyakanga

U Rwanda kandi ngo ni igihugu cya mbere ku mugabane wa Afurika gifite ubukungu butajegajega, rukaba n’urwa mbere kuri uyu mugabane mu gukora impinduka zigamije koroshya ishoramari n’ubucuruzi.

Izi ni zimwe mu mpamvu zatumye u Rwanda rutoranywa ngo rwakire iyi nama mpuzamahanga yiga ku iterambere rya Afurika.

-2782.jpg

Perezida Kagame ni umugisha Imana yahaye u Rwanda

Inama y’Ihuriro ry’ubukungu ku Isi kuri Afurika iri kuba ku nshuro ya 26, ikaba iri guhuza abayobozi n’abavuga rikijyana mu by’ubucuruzi, leta na sosiyete sivili mu karere, muri Afurika no ku isi.

Kuri ino nshuro, Inama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku isi kuri Afurika iriga uburyo hahuzwa amikoro ya Afurika binyuze mu mpinduka mu by’ikoranabuhanga rigezweho.

Inama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi kuri Afurika iheruka 2015, yabereye mu mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, yigaga uburyo bwo kwigira ku mateka maze hagashyirwaho ingamba zafasha mu iterambere ry’uyu mugabane.

Igihugu cy’u Rwanda kimaze kubaka amateka, kubera ubuyobozi bwiza, nyuma ya Jenoside ya korewe Abatutsi byose tubikesha Perezida Kagame wahagaritse Jenoside, igihugu akagiha ikerekezo cy’iterambera ntavangura iryo ariryo ryose.

Umwanditsi wacu

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Ubwanditsi 13 Jul 2019
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka
ITOHOZA

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Uko Museveni akomeje guhuza  RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni akomeje guhuza RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Ubwanditsi 22 Dec 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru