• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019 UBUKUNGU

Raporo ya Banki y’Isi ku ishusho y’ubukungu mu gihe giciriritse, yagaragaje ko iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rizaba riri hagati ya 7.6% na 8%, buri mwaka hagati ya 2019 na 2021.

Muri iyi raporo yasohotse kuri uyu wa Kabiri, ushinzwe ubukungu muri Banki y’Isi, Aghassi Mkrtchyan, yavuze ko ‘bitewe na gahunda nziza zateguwe mu bijyanye n’iterambere ry’ubukungu, u Rwanda rukomeje kugira ubukungu buhagaze neza burangwa n’izamuka ryabwo ndetse n’izamuka ry’ibiciro ku masoko riri hasi’.

Ati “Nubwo ishoramari rya leta rizakomeza gushyigikira iterambere ry’ubukungu mu gihe giciriritse, u Rwanda rukeneye kongerera ingufu urwego rwarwo rw’abikorera kugira ngo rukomeze kujya ku murongo w’iterambere ry’ubukungu mu gihe kirekire”.

Iyi raporo ivuga kandi ko ishoramari rya leta rizaba izingiro ry’ibyateganyijwe, mu gihe icyuho mu ngengo y’imari kizakomeza kuzamuka mu gihe giciriritse kugira ngo hakomeze gusigasira ishoramari rya leta.

Bitewe n’uko izamuka ry’ibiciro ku masoko riri hasi, politiki y’ifaranga yitezweho gukomeza gushyigikira kugaruza imyenda amabanki yatanze, mu gihe isoko ry’ivunjisha rihagaze neza rizakomeza gufasha mu kugira umutungo uhagije kandi bifashe mu iterambere ry’ibyoherezwa mu mahanga.

Icyakora iyi raporo ivuga ko ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda bushobora guhura n’ibibazo yaba ibituruka imbere mu gihugu cyangwa hanze.

Imbere mu gihugu, ibibazo bushobora guhura nabyo ni ibijyanye n’imihindagurikire y’ibihe nk’amapfa n’imyuzure bishobora kubangamira umusaruro w’ubuhinzi.

Banki y’Isi kandi yavuze ko kuzamura ishoramari rya leta ari imbogamizi ndetse n’amahirwe kuko bishobora guteza ingaruka y’imyenda ihoraho mu gihe iterambere ry’ishoramari ry’u Rwanda, ryaba ritiyongereye.

Ibyago by’ingenzi bishobora guturuka hanze bishingiye ku kugabanyuka kw’iterambere ry’ubukungu bw’Isi rikomeye cyane kuruta uko riteganywa ibi bishobora kugira ingaruka ku biciro by’ibyo u Rwanda rwohereza hanze.

Iyi raporo kandi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku 8.6% mu 2018. Iri zamuka rikaba ryaratewe cyane n’izamuka ry’ubuhinzi rigera hafi kuri 6%, mu gihe urwego rw’inganda rubifashijwemo n’ubwubatsi ndetse n’inganda zikora ibicuruzwa rwazamutse akarenga 10% naho urwego rwa serivisi rwazamutse 9%.

Src : IGIHE

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1
Amakuru

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru