• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019 UBUKUNGU

Raporo ya Banki y’Isi ku ishusho y’ubukungu mu gihe giciriritse, yagaragaje ko iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rizaba riri hagati ya 7.6% na 8%, buri mwaka hagati ya 2019 na 2021.

Muri iyi raporo yasohotse kuri uyu wa Kabiri, ushinzwe ubukungu muri Banki y’Isi, Aghassi Mkrtchyan, yavuze ko ‘bitewe na gahunda nziza zateguwe mu bijyanye n’iterambere ry’ubukungu, u Rwanda rukomeje kugira ubukungu buhagaze neza burangwa n’izamuka ryabwo ndetse n’izamuka ry’ibiciro ku masoko riri hasi’.

Ati “Nubwo ishoramari rya leta rizakomeza gushyigikira iterambere ry’ubukungu mu gihe giciriritse, u Rwanda rukeneye kongerera ingufu urwego rwarwo rw’abikorera kugira ngo rukomeze kujya ku murongo w’iterambere ry’ubukungu mu gihe kirekire”.

Iyi raporo ivuga kandi ko ishoramari rya leta rizaba izingiro ry’ibyateganyijwe, mu gihe icyuho mu ngengo y’imari kizakomeza kuzamuka mu gihe giciriritse kugira ngo hakomeze gusigasira ishoramari rya leta.

Bitewe n’uko izamuka ry’ibiciro ku masoko riri hasi, politiki y’ifaranga yitezweho gukomeza gushyigikira kugaruza imyenda amabanki yatanze, mu gihe isoko ry’ivunjisha rihagaze neza rizakomeza gufasha mu kugira umutungo uhagije kandi bifashe mu iterambere ry’ibyoherezwa mu mahanga.

Icyakora iyi raporo ivuga ko ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda bushobora guhura n’ibibazo yaba ibituruka imbere mu gihugu cyangwa hanze.

Imbere mu gihugu, ibibazo bushobora guhura nabyo ni ibijyanye n’imihindagurikire y’ibihe nk’amapfa n’imyuzure bishobora kubangamira umusaruro w’ubuhinzi.

Banki y’Isi kandi yavuze ko kuzamura ishoramari rya leta ari imbogamizi ndetse n’amahirwe kuko bishobora guteza ingaruka y’imyenda ihoraho mu gihe iterambere ry’ishoramari ry’u Rwanda, ryaba ritiyongereye.

Ibyago by’ingenzi bishobora guturuka hanze bishingiye ku kugabanyuka kw’iterambere ry’ubukungu bw’Isi rikomeye cyane kuruta uko riteganywa ibi bishobora kugira ingaruka ku biciro by’ibyo u Rwanda rwohereza hanze.

Iyi raporo kandi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku 8.6% mu 2018. Iri zamuka rikaba ryaratewe cyane n’izamuka ry’ubuhinzi rigera hafi kuri 6%, mu gihe urwego rw’inganda rubifashijwemo n’ubwubatsi ndetse n’inganda zikora ibicuruzwa rwazamutse akarenga 10% naho urwego rwa serivisi rwazamutse 9%.

Src : IGIHE

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA
IMIKINO

Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Ubwanditsi 24 Aug 2018
Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma
ITOHOZA

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Ubwanditsi 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru