• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo
P

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ubwanditsi 29 Mar 2018 UBUKUNGU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga bikomeje guhura n’ibihombo urebye ku mafaranga byinjiza mu misanzu y’abakiliya n’ayo bibishyura, ku buryo Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko inyungu biri kubona iva mu ishoramari bikora ahandi byifashishije imari shingiro yabyo.

Guverineri wa BNR, Rwangombwa John, yagarutseho ku bigo cy’ubwishingizzi kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’inama ngaruka gihembwe za Komite Ishinzwe Ubutajegajega bw’Urwego rw’Imari (FSC) na Komite Ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) zabaye kuwa 26 na 28 Werurwe 2018.

Imibare ya BNR yerekana ko urebye nko mu myaka itanu ishize, ibigo by’ubwishingizi byigenga byahombye miliyari 8.3 Frw mu 2013; miliyari 12.2 Frw mu 2014; miliyari 12.5 Frw mu 2015; miliyari 13.4Frw mu 2016 na miliyari 6.9 Frw mu 2017.

Ku bigo bya leta ho hari inyungu kuko hagati ya 2013 – 2017, inyungu bagiye babona yari hagati ya miliyari 16.1 Frrw na miliyari 23.5 Frw.

Rwangombwa yavuze ko icyo nka BNR yakoze ari uko ibigo by’ubwishingizi byategetswe kuzamura imari shingiro yabyo kuko yagiye igabanywa n’ibihombo, kuko buri kigo cy’ubwishingizi gitegetswe kuba gifite imari shingiro ya miliyari imwe.

Yagize ati “Guhera mu 2013 kugeza mu mwaka ushize bari bongereye imari shingiro hafi miliyari 31 Frw muri ibi bigo by’ubwishingizi. Ayo mafaranga iyo bayazanye cyane cyane nk’umwaka ushize bashyizemo amafaranga menshi, bayashora mu bindi bintu mu gihe bakomeza gukora ubucuruzi.”

Yakomeje agira ati “Uku kunguka kwabo rero tugaragaza, ahanini kwaturutse mu ishoramari bakoze mu mafaranga bari bazanye mu mari shingiro y’imari. Ariko ubwishingizi bwo nyir’izina n’ubundi bwarahombye mu mwaka ushize.”

Rwangombwa yavuze ko icyo aba batanga ubwishingizi batangiye gukora ari uguhindura uko babucuruza, kuko abashoramari batazajya bashyiramo amafaranga yabo ngo ahombe yongere asabwe andi.

Yagize ati “Ntabwo wakomeza gutungwa n’amafaranga abashoramari bazana kuko bizagera aho bibananire, urwego rube rwahirima.”

Nyuma yo kongera imari shingiro, ibigo by’ubwishingizi ngo byashoye imari nko mu mpapuro mpeshwamwenda, kuyabitsa kuri konti zunguka n’ibindi ariko mu gucuruza ubwishingizi bikomeza kuba ibihombo.

Umuyobozi Mukuru muri BNR ushinzwe ubutajegajega bw’urwego rw’imari, Peace M. Uwase, yabwiye IGIHE ko mu gihe u Rwanda rushaka kuba igicumbi cya serivisi z’imari, ibigo by’ubwishingizi bikeneye imari shingiro nini ngo bibashe kwishingira nabyo ibintu bifite agaciro kanini.

Hari impamvu zikomeye zitera ibihombo

Uwase avuga ko nko mu mwaka ushize ubwishingizi bwagize ibihombo bya miliyari 6.9 Frw, igihombo gito ugereranyije n’imyaka yabanje, ariko ugasanga nk’ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwihariyemo igihombo cya miliyari 4.3 Frw.

Yakomeje agira ati “Ikibazo mu bwishingizi bw’ibinyabiziga, icya mbere ni ibiciro. Umuntu akavuga ngo njye ndashaka umukiliya, arishinganisha hariya kandi ndashaka kumwiba, akamuha ubwishingizi ku giciro kiri hasi cyane. Ejo, ejobundi azagira impanuka, ugomba kuyishyura.”

Uretse kugena ibiciro nabi byagiye biteza igihombo, Uwase yakomoje no ku kindi kibazo cy’uburinganya bukorerwa mu magaraji, umuntu akajya nko gukoresha imodoka bakamuca 100,000 Frw, akavuga ko afite ubwishingizi bakayakuba nk’inshuro eshatu nkana.

Hari n’ikindi cyabayeho, aho ugasanga umukozi w’ikigo cy’ubwishingizi yemeranyije n’ushaka ubwishingizi, akamusinyira amasezerano akabumuha nta mafaranga yakiriye, bikaba mu buryo bw’inguzanyo.

Uwase yakomeje agira ati “Ufashe ubwishingizi ku giciro kiri hasi cyane, ubufashe ku ideni ukazafata umwaka cyangwa amezi umunani kubwishyura, ariko nugira impanuka ikigo cy’ubwishingizi kigomba guhita cyishyura.”

“None se urumva amafaranga azishyura iyo mpanuka azava hehe? Hari harimo ibintu byinshi bipfuye.”

Mu 2016 BNR yashyizeho amabwiriza ko niba nta mafaranga atanzwe nta n’ubwishingizi butangwa, hasigara umwihariko ku bigo bya leta kuko bigira inzira nyinshi ngo amafaranga asohoke, kandi nabyo bihabwa iminsi 60 gusa ngo abe yatanzwe.

Mu mwaka ushize nabwo hatanzwe andi mabwiriza ku bigo by’ubwishingizi, ngo bigire uburyo buhamye bikurikiranamo amagaraji no gushyiraho uburyo bubifasha guhangana n’ibyo bibazo.

Uwase yakomeje agira ati “Dufite icyizere, nabo urabona ko ibibazo byabo barabyumva, barabikurikirana, hanabayeho impinduka nyinshi mu buyobozi bw’ibi bigo by’ubwishingizi kubera ibibazo byari birimo. Hari abashoramari bavuyemo muri ibi bigo kubera ibibazo byagiye bigaragara, ngira ngo nabo bageze ahantu babona ko uko byakorwaga bitarambye.”

Ihuriro ry’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda (ASSAR) riheruka gutangaza ko guhera tariki ya 1 Mutarama 2018, igiciro cy’ubwishingizi bw’ibinyabiziga ku by’abandi wakwangiza kiva kuri 40 % kikagera kuri 73%; ubwishingizi ku by’abandi wakwangiza n’ibyawe byakwangirika bwongerwa kuva kuri 3.5% by’igiciro cy’imodoka kugeza kuri 4.5%.

Izo mpinduka zizakorwa mu byiciro bibiri aho biteganyijwe ko muri uyu mwaka hazazamukaho 60%, mu mwaka utaha bikazazamukaho 40%.

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame
Mu Mahanga

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza
ITOHOZA

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru