• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ubwanditsi 09 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko abaturage bayobora bagomba kubaho ntawe ubabangamiwe kuko ngo ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo ari cyo cyangwa icyo yemera.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze ubwo yaganiraga kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gashyantare 2017 n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu Karere ka Gasabo aho bari bahuriye hamwe mu Nama Mpuzabikorwa y’Akarere.

Yabagaragarije ko ari umwanya mwiza wo kugira ngo baganire nk’abayobozi b’u Rwanda kuko ngo iyo bo batumvise neza byose bipfa kandi ngo kubikosora byapfiriye hasi ntibyoroha.

Perezida Kagame yagarutse ku mutekano w’Abanyarwanda agira ati “Umutekano ni inkingi y’ingenzi mu byo dukora byose. Buri wese agomba kubaho yisanzuye ntawe umuhungabanya. Ntawe ukwiriye guhungabanya iterambere twagezeho. Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cg icyo yemera.”

Yunzemo ati “Iyo turebereye abahungabanya umutekano ngo kuko twe bitatugeraho birangira ingaruka zigeze ku gihugu cyose.”

Ruswa mu nzego z’ibanze

Mu ijambo rye kandi, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ikibazo cya ruswa mu bayobozi b’inzego z’ibanze kidakwiriye guhishirwa kuko ngo abaturage ari bo baharenganira.

Yagize ati “Nta muyobozi ukwiriye kunyereza cyangwa kurebera abanyereza ibigenewe abaturage. Nk’abayobozi ntabwo dukwiriye guceceka iyo hari bagenzi bacu banyereza ibigenewe abaturage cyangwa se bamunzwe na ruswa.”

“Inshingano zihera ku mutima, zigakoresha ubwenge bwacu kugira ngo icyiza duharanira kigerweho. Kuba abayobozi bijyana no kumva aho tuva naho tugana. Tugomba gukomera ku rugamba rwo kurwanya ruswa ku nzego zose.”

Yasabye ko nk’abayobozi bagomba kuba ku isonga mu guharanira ko aho u Rwanda rugeze rurwanya ruswa hakomeza hakarushaho kuba heza.

Bimwe mu bikorwa nabi

Umukuru w’Igihugu yibanze ku bikorwa bikorwa nabi n’ibidakorwa avuga ko binababaje kuba binakorwa gutyo kandi ntakibuze ngo bikorwe neza.

Yagize ati “Iyo tudakoze ibiri mu bushobozi bwacu nitwe bigiraho ingaruka. Ntanze urugero nko guhora tuganya ngo imvura yabuze ntitweza twari dufite ubushobozi bwo kuhira ntitubikore biba bibabaje.”

“Nitwe bayobozi b’u Rwanda nta wundi tugomba gutegereza. Ni inshingano zacu gukemura ibibazo duhura nabyo. Kuba umujyi utera imbere bigomba kuba igipimo cy’uko n’ibindi bice by’igihugu bitera imbere. Ari mu mijyi cyangwa se mu bice by’icyaro, nk’abayobozi nitwe tugomba kuhateza imbere kandi byose bikajyana.”

-5682.jpg

Abayobozi b’Akarere ka Gasabo baganira na Perezida Kagame

Mu gitondo kandi Umukuru w’Igihugu yari yasuye icyanya cyahariwe inganda kizwi nka ‘Special Economic Zone’ kiri i Masoro naho mu Karere ka Gasabo, aho yabwiye aba bayobozi ibyo yabonyeyo yasabye ko byakosorwa birimo kuba inganda zigomba gukora ibyo Abanyarwanda bashobora kugura bitabahenze, bityo asaba aba bayobozi b’i Gasabo gufata iya mbere mu gufasha abaturage kumva ko hari ibyiza bikorerwa iwabo.

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.
ITOHOZA

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ubwanditsi 03 Dec 2017
Leta  iraburira  abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero
HIRYA NO HINO

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru