• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016 Mu Mahanga

Abashakashatsi nubwo badatanga umuti bemeza ko ahari amatora haba hameze nk’uruhira humye hashobora gushya igihe cyose umuntu yahakongeza haba muri politiki, mu madini, mu bagore n’abagabo, abakorera bushake, abacuruzi n’abandi.
Hose bemera ko inkongi y’amatora imeze nk’inkongi y’umuriro ishobora gutwika aho bayishyize igafata n’ibiri hafi kuko igurumana nk’uruhira cyangwa ibyatsi byo muki.

Ejobundi nganira n’umuyobozi w’icyama (chama) cyangwa umutwe na politiki mu Rwanda namubajije igituma ntamuntu wumva indirimbo cyangwa ibyivugo n’imivugo y’abanyamuryango bama “partis” akorera hano arambwira ati “abantu ntabwo baba babitekereza baba bahugiye mu gushaka umugati cyangwa ibirayi by’abana babo ntamwanya wa politiki baba bafite.

Maze kumwenyura kubera ibyo avuze yahise ambaza ati “wowe se Profesa siko ubibona?” ndamubwira nti “biterwa naho uri kuberako nari nambaye agapira ka FPR Inkotanyi nti “Jyewe siko nkora ahubwo nkangurira abari mu Chama ngo bajye bakora inama buri gihe batagombye gutegereza amatora kuko politiki si amatora gusa ntabwo ari ibirayi, umuceri cyangwa ibijumba by’abana, cyakora nemera ko niyo byaba ariho biganisha ugomba guhora ubishaka, ukabitera, ukabibagara ukazagera aho ubisarura ariyo matora.

Nibyo rero umuriro w’amatora ushatse wanawugereranya n’umugani w’abanyarwanda ugira uti “Ak’imuhana kaza imvura ihise”. Abafaransa nobo bagira bati “Après la pluie, le beau temps”. Iyo imvura ihise imiyaga, imirabyo y’inkuba, amahindu n’ibihu bivuyeho haza ibihe byiza, umucyo n’umunezero.

Ubu haba muri Amerika, uwitwa Ronald Trump yasizoye ati “nimupime Hillary Clinton murebe niba atanywa ibinini byongera imbaraga, ati “nintorwa bazaba banyibye amajwi nkuko benshi muri Afurika babivuga bigaragara ko uruhira rw’amatora ku ruhande rwe rwahiye.

Abafaransa nabo barahatana ntibyoroshye abitwa ba Sarkozi, abitwa ba Allain Juppe nabo bararwana inkundura bamwe bati nimurebe aha naha bashakisha inkongi yo kwatsa umuriro w’amatora no kubyutsa abaryamye, gushyushya abakonje no kunyeganyeza abahagaze.

Ikibazo cy’abibaza kuwahanuye indege ya Habyarimana Juvenal n’ibindi bituma imitwe ishyuha, bizanwa n’uko amatora haba mu Bufaransa haba no mu Rwanda yegereje kugira ngo akotsi mw’ifumba ndetse n’udukara tw’umuyonga cyangwa ivu ry’umuriro kagurumane, abazi gukinira mu muriro babone urubuga.

Aha rero ni ukwitonda kuko bishaka kandi bigakenera impande ebyiri: Abazi kwenyegeza n’abazi kuzimya. Abenyegeza baba ari abaterankunga, naho abazimya baba bashaka guhosha ngo ibintu bitagurumana ariko abo ntibakunze kumvikana, ahubwo abishakira imyanya, amaronko n’ubutegetsi bakunze kwigira kuruhande rw’abenyegeza ninabo bagaragara cyane, bagashakwa bagahakirizwa kugirango uruhira rwo muki nirushya bazabone amata avuye kwaba shebuja. Ay’ Abanyamerika ni kuya munani Ugushyingo, ayacu n’Abafaransa ni umwaka utaha.

Cyakora ubundi akeza karigura, abaswahili bakabivuga bati “Kizuri chajiuza, kibaya chajitembeza”. Jyewe nk’umwana w’Umutambyi nzagendesha make, sinzihutira gushyushya cyangwa gutwika umuriro kabone n’ibiyorero ntabyo nzakongeza ahubwo nzakora neza, ibyiza nkorane n’abeza, amatunda nzayasanga imbere. “Tenda wema nenda mbele usingoje shukran”. Nawe ikorere ibyiza udateze ibihembo wikomereze “Ibyiza biri imbere”. Uratsinde! Va mu ikongeza ry’umuriro!

-4437.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Umwana w’Umutambyi

2016-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.
Mu Mahanga

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’
Mu Rwanda

Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’

Ubwanditsi 22 May 2018
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru