• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016 Mu Mahanga

Abashakashatsi nubwo badatanga umuti bemeza ko ahari amatora haba hameze nk’uruhira humye hashobora gushya igihe cyose umuntu yahakongeza haba muri politiki, mu madini, mu bagore n’abagabo, abakorera bushake, abacuruzi n’abandi.
Hose bemera ko inkongi y’amatora imeze nk’inkongi y’umuriro ishobora gutwika aho bayishyize igafata n’ibiri hafi kuko igurumana nk’uruhira cyangwa ibyatsi byo muki.

Ejobundi nganira n’umuyobozi w’icyama (chama) cyangwa umutwe na politiki mu Rwanda namubajije igituma ntamuntu wumva indirimbo cyangwa ibyivugo n’imivugo y’abanyamuryango bama “partis” akorera hano arambwira ati “abantu ntabwo baba babitekereza baba bahugiye mu gushaka umugati cyangwa ibirayi by’abana babo ntamwanya wa politiki baba bafite.

Maze kumwenyura kubera ibyo avuze yahise ambaza ati “wowe se Profesa siko ubibona?” ndamubwira nti “biterwa naho uri kuberako nari nambaye agapira ka FPR Inkotanyi nti “Jyewe siko nkora ahubwo nkangurira abari mu Chama ngo bajye bakora inama buri gihe batagombye gutegereza amatora kuko politiki si amatora gusa ntabwo ari ibirayi, umuceri cyangwa ibijumba by’abana, cyakora nemera ko niyo byaba ariho biganisha ugomba guhora ubishaka, ukabitera, ukabibagara ukazagera aho ubisarura ariyo matora.

Nibyo rero umuriro w’amatora ushatse wanawugereranya n’umugani w’abanyarwanda ugira uti “Ak’imuhana kaza imvura ihise”. Abafaransa nobo bagira bati “Après la pluie, le beau temps”. Iyo imvura ihise imiyaga, imirabyo y’inkuba, amahindu n’ibihu bivuyeho haza ibihe byiza, umucyo n’umunezero.

Ubu haba muri Amerika, uwitwa Ronald Trump yasizoye ati “nimupime Hillary Clinton murebe niba atanywa ibinini byongera imbaraga, ati “nintorwa bazaba banyibye amajwi nkuko benshi muri Afurika babivuga bigaragara ko uruhira rw’amatora ku ruhande rwe rwahiye.

Abafaransa nabo barahatana ntibyoroshye abitwa ba Sarkozi, abitwa ba Allain Juppe nabo bararwana inkundura bamwe bati nimurebe aha naha bashakisha inkongi yo kwatsa umuriro w’amatora no kubyutsa abaryamye, gushyushya abakonje no kunyeganyeza abahagaze.

Ikibazo cy’abibaza kuwahanuye indege ya Habyarimana Juvenal n’ibindi bituma imitwe ishyuha, bizanwa n’uko amatora haba mu Bufaransa haba no mu Rwanda yegereje kugira ngo akotsi mw’ifumba ndetse n’udukara tw’umuyonga cyangwa ivu ry’umuriro kagurumane, abazi gukinira mu muriro babone urubuga.

Aha rero ni ukwitonda kuko bishaka kandi bigakenera impande ebyiri: Abazi kwenyegeza n’abazi kuzimya. Abenyegeza baba ari abaterankunga, naho abazimya baba bashaka guhosha ngo ibintu bitagurumana ariko abo ntibakunze kumvikana, ahubwo abishakira imyanya, amaronko n’ubutegetsi bakunze kwigira kuruhande rw’abenyegeza ninabo bagaragara cyane, bagashakwa bagahakirizwa kugirango uruhira rwo muki nirushya bazabone amata avuye kwaba shebuja. Ay’ Abanyamerika ni kuya munani Ugushyingo, ayacu n’Abafaransa ni umwaka utaha.

Cyakora ubundi akeza karigura, abaswahili bakabivuga bati “Kizuri chajiuza, kibaya chajitembeza”. Jyewe nk’umwana w’Umutambyi nzagendesha make, sinzihutira gushyushya cyangwa gutwika umuriro kabone n’ibiyorero ntabyo nzakongeza ahubwo nzakora neza, ibyiza nkorane n’abeza, amatunda nzayasanga imbere. “Tenda wema nenda mbele usingoje shukran”. Nawe ikorere ibyiza udateze ibihembo wikomereze “Ibyiza biri imbere”. Uratsinde! Va mu ikongeza ry’umuriro!

-4437.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Umwana w’Umutambyi

2016-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
FERWAFA imaze gusura amakipe icyenda mu rwego rwo kureba ko yujuje ibyangombwa ngo abe yasubukura imyitozo, abiri muriyo akaba yasabwe kugira ibyo ahindura
Amakuru

FERWAFA imaze gusura amakipe icyenda mu rwego rwo kureba ko yujuje ibyangombwa ngo abe yasubukura imyitozo, abiri muriyo akaba yasabwe kugira ibyo ahindura

Ubwanditsi 05 Apr 2021
Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR
ITOHOZA

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru