• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016 Mu Mahanga

Abashakashatsi nubwo badatanga umuti bemeza ko ahari amatora haba hameze nk’uruhira humye hashobora gushya igihe cyose umuntu yahakongeza haba muri politiki, mu madini, mu bagore n’abagabo, abakorera bushake, abacuruzi n’abandi.
Hose bemera ko inkongi y’amatora imeze nk’inkongi y’umuriro ishobora gutwika aho bayishyize igafata n’ibiri hafi kuko igurumana nk’uruhira cyangwa ibyatsi byo muki.

Ejobundi nganira n’umuyobozi w’icyama (chama) cyangwa umutwe na politiki mu Rwanda namubajije igituma ntamuntu wumva indirimbo cyangwa ibyivugo n’imivugo y’abanyamuryango bama “partis” akorera hano arambwira ati “abantu ntabwo baba babitekereza baba bahugiye mu gushaka umugati cyangwa ibirayi by’abana babo ntamwanya wa politiki baba bafite.

Maze kumwenyura kubera ibyo avuze yahise ambaza ati “wowe se Profesa siko ubibona?” ndamubwira nti “biterwa naho uri kuberako nari nambaye agapira ka FPR Inkotanyi nti “Jyewe siko nkora ahubwo nkangurira abari mu Chama ngo bajye bakora inama buri gihe batagombye gutegereza amatora kuko politiki si amatora gusa ntabwo ari ibirayi, umuceri cyangwa ibijumba by’abana, cyakora nemera ko niyo byaba ariho biganisha ugomba guhora ubishaka, ukabitera, ukabibagara ukazagera aho ubisarura ariyo matora.

Nibyo rero umuriro w’amatora ushatse wanawugereranya n’umugani w’abanyarwanda ugira uti “Ak’imuhana kaza imvura ihise”. Abafaransa nobo bagira bati “Après la pluie, le beau temps”. Iyo imvura ihise imiyaga, imirabyo y’inkuba, amahindu n’ibihu bivuyeho haza ibihe byiza, umucyo n’umunezero.

Ubu haba muri Amerika, uwitwa Ronald Trump yasizoye ati “nimupime Hillary Clinton murebe niba atanywa ibinini byongera imbaraga, ati “nintorwa bazaba banyibye amajwi nkuko benshi muri Afurika babivuga bigaragara ko uruhira rw’amatora ku ruhande rwe rwahiye.

Abafaransa nabo barahatana ntibyoroshye abitwa ba Sarkozi, abitwa ba Allain Juppe nabo bararwana inkundura bamwe bati nimurebe aha naha bashakisha inkongi yo kwatsa umuriro w’amatora no kubyutsa abaryamye, gushyushya abakonje no kunyeganyeza abahagaze.

Ikibazo cy’abibaza kuwahanuye indege ya Habyarimana Juvenal n’ibindi bituma imitwe ishyuha, bizanwa n’uko amatora haba mu Bufaransa haba no mu Rwanda yegereje kugira ngo akotsi mw’ifumba ndetse n’udukara tw’umuyonga cyangwa ivu ry’umuriro kagurumane, abazi gukinira mu muriro babone urubuga.

Aha rero ni ukwitonda kuko bishaka kandi bigakenera impande ebyiri: Abazi kwenyegeza n’abazi kuzimya. Abenyegeza baba ari abaterankunga, naho abazimya baba bashaka guhosha ngo ibintu bitagurumana ariko abo ntibakunze kumvikana, ahubwo abishakira imyanya, amaronko n’ubutegetsi bakunze kwigira kuruhande rw’abenyegeza ninabo bagaragara cyane, bagashakwa bagahakirizwa kugirango uruhira rwo muki nirushya bazabone amata avuye kwaba shebuja. Ay’ Abanyamerika ni kuya munani Ugushyingo, ayacu n’Abafaransa ni umwaka utaha.

Cyakora ubundi akeza karigura, abaswahili bakabivuga bati “Kizuri chajiuza, kibaya chajitembeza”. Jyewe nk’umwana w’Umutambyi nzagendesha make, sinzihutira gushyushya cyangwa gutwika umuriro kabone n’ibiyorero ntabyo nzakongeza ahubwo nzakora neza, ibyiza nkorane n’abeza, amatunda nzayasanga imbere. “Tenda wema nenda mbele usingoje shukran”. Nawe ikorere ibyiza udateze ibihembo wikomereze “Ibyiza biri imbere”. Uratsinde! Va mu ikongeza ry’umuriro!

-4437.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Umwana w’Umutambyi

2016-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Jan 2022
EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000
Mu Rwanda

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP
Amakuru

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize
Mu Mahanga

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru