• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Ubwanditsi 26 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abanyarwanda, cyane cyane abayoboke b’amatorero n’amadini kuba maso ku nyigisho zitangwa n’abiyita abahanuzi b’akataraboneka, nyamara bagamije kubayobya no kubacuza utwabo.

RGB ivuga ko hashize iminsi mu matorero n’amadini mu Rwanda humvikana bamwe mu bayobozi bayo biyita abahanuzi b’akataraboneka, bakabyifashisha baka abayoboke amaturo cyangwa bakabaha inyigisho zishobora kubayobya.

Abakurikiranira hafi iby’imyemerere n’amadini bavuga ko hari ubuhanuzi bw’abo babyiyitirira bubatera ubwoba kuko buba bugamije indoke z’amaturo cyangwa bukaba bwayobya abayoboke.

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika akaba n’umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare, Philippe Rukamba, yabwiye IGIHE ngo “Hari ubuhanuzi buntera n’ubwoba busigaye buriho. Barakubwira bati ‘turahanura wowe Imana iragukiza ntuzongere no kunywa imiti, ntuzongere kureba muganga, emera gusa usenge.”

Rukamba yakomeje avuga ko ibyo ari ibinyoma.

Itangazo RGB yasohoye kuri uyu wa 25 Nzeri 2018, rimenyesha abanyarwanda n’abayoboke b’amadini n’amatorero ko bakwiye kuba maso kuri abo biyita abahanuzi, akenshi babyifashisha bagatwara abantu imitungo cyangwa bakayobya.

Hari aho rigira riti “Abantu basabwa amafaranga (amaturo) cyangwa imitungo yabo babwirwa ko uzatanga iby’umurengera ari we uzahabwa umwanya ukomeye mu ijuru.”

Risobanura ko hari n’ababuza abarwayi kwivuza, bakabishyuza, bababwira ko bazabasengera bagakira, abandi bagacuzwa utwabo babeshwa ko Imana izabishyurira imyenda bafite muri banki, cyangwa ikabatuza mu mahanga.

Si ibyo gusa kuko hari n’ababeshya abayoboke ko nibatanga amaturo runaka, bazazamurwa mu ntera mu mirimo yabo n’ibindi.

Iri tangazo ryashyizweho umukomo n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase, rinavuga ko hanagaragaye inyigisho zihabwa abayoboke zikabashyira mu bikorwa bibangamiye uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.

Muri ibyo bikorwa harimo nko kwiyicisha inzara igihe kirekire basenga, bikabagiraho ingaruka zikomeye.

Urugero ni nk’Umukirisitu yafatiwe n’uburwayi mu cyumba cy’amasengesho cy’itorero rya Restoration Church riherereye i Masoro muri Mutarama uyu mwaka, bimuviramo urupfu.

RGB ivuga kandi ko hari ibindi bikorwa by’abo biyita abahanuzi, bishora abayoboke mu bibabaza umubiri nko kwitwika ngo bababare nkuko umwana w’Imana yababaye.

Ngo hari n’abandi bashuka abagore babuze urubyaro bakemera gusambana nabo, babizeza ko bazahita babyara n’ibindi.

Rikomeza rigira riti “Abayoboke b’amadini n’amatorero barasabwa kugira ubushishozi, bakirinda kwemera ibyo bizezwa n’abiyita abahanuzi b’ibitangaza bakamunga umutungo w’ingo zabo cyangwa bikagira ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

RGB ikomeza isaba n’abayobozi b’amadini n’amatorero n’abakora umurimo wo kwigisha iyobokamana, gutanga inyigisho ziboneye kandi zifasha abanyarwanda kwirinda inyigisho zibangamira amahame y’uburenganzira bwa muntu cyangwa zinyuranya n’amategeko y’igihugu.

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa  umwanya w’ubujyanama

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    September 27, 20187:25 am -

    Ni byo rwose abatekamutwe biyambika uruhu rw’intama biyita abakozi b’Imana baragwiriye mu matorero akenshi mu byumba by’amasengesho niho bategera abapfu bakirira ibyabo . Bashenye ingo z’abandi barazimaze babahanurira ngo uriya si Imana yamuguhaye….abantu bareke ubwo bujiji bwo kwakira ibyo babwiwe n’ibyo birura byose nk’ukuri.
    izo ngirwa bahanuzi rero, nta n’Imana baba bemera kuko bayizi ntibakinisha izina ryayo kariya kageni.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?
Amakuru

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru