• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Jacob Zuma wari Perezida wa Afurika y’Epfo yeguye ku mwanya we nyuma y’iminsi yotswa igitutu n’ishyaka rye hamwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa akekwaho.

Ubwegure bwa Zuma buje nyuma y’umunsi umwe atangaje ko atemeranya n’ibyo abayobozi bakuru b’ishyaka ANC bamushinja kuko nta mpamvu n’imwe yatuma yegura.

Mu ijambo Zuma yagejeje ku baturage ba Afurika y’Epfo ryaciye kuri Televiziyo y’Igihugu, yagize ati “Nta buzima buzatakara kubera izina ryanjye ndetse na ANC ntizigera icikamo ibice kubera izina ryanjye.”

Yakomeje agira ati “ Nubwo ngiye, nzakomeza gukorera abaturage ba Afurika y’Epfo hamwe na ANC, umuryango nakoreye ntizigama ubuzima bwanjye bwose.”

Zuma ni umwe mu bantu bakomeye Afurika y’Epfo yagize barwanyije ivanguraruhu rya apartheid ndetse yigeze gufungirwa ku kirwa rya Robben hamwe na Nelson Mandela. Mu minsi ye ya mbere nk’umunyapolitiki, yakoze nk’umuyobozi ukuriye ubutasi mu ishyaka rya ANC.

Akijya ku butegetsi muri Gicurasi 2009, yahaye icyizere abaturage ba Afurika y’Epfo cyane abakene abasezeranya kuzabateza imbere. Gusa cyagiye kiyoyoka nyuma y’ibyaha bya hato na hato yagiye ashinjwa birimo imyitwarire itari myiza (dore ko yanavuzwe mu byaha by’ubusambanyi), gusa ariko biza guhumira ku mirari bigeze ku bijyanye na ruswa.

Byanavuzwe ko ibyemezo bimwe na bimwe byafatwaga muri Guverinoma ye byabaga bihagarikiwe n’inshuti ze mu bucuruzi zakoraga ibishoboka ngo byose bibe mu gushaka kwazo. Aha havugwaga cyane umuryango w’abaherwe bafite inkomoko mu Buhinde uzwi nka Gupta bafite ibikorwa bikomeye birimo inyubako izwi nka Sahara i Johannesburg ibarirwa muri miliyoni 3.4 z’amadolari n’izindi nyinshi i Cape Town.

Ni abagabo bari barinjiriye ubutegetsi bwe, bagashyira muri Guverinoma umuntu bashaka, babona ko azarengera inyungu zabo. Urugero ni nk’aho muri Werurwe 2016, Minisitiri w’Imari wungirije muri Afurika y’Epfo, Mcebisi Jonas, yavuze ko umwe mu bagize uyu muryango mu 2015 yamubwiye ko azamuzamura akamushyira ku mwanya wa Minisitiri.

Uwahoze ari Minisitiri w’Imari muri Afurika y’Epfo, Pravin Gordhan, bivugwa ko yirukanywe kuri uyu mwanya ku itegeko ry’aba baherwe b’Abahinde bamaze igihe kinini muri iki gihugu. Byavuzwe ko yari yagaragaje ko bagize uruhare mu ihererekanywa rya miliyoni 490 z’amadolari mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Afurika y’Epfo n’u Rwanda ni ibihugu bitigeze bicana uwaka mu gihe cyose Zuma yari ku butegetsi. Ku ngoma ye nibwo iki gihugu cyabaye icumbi riha rugari abarwanya ubutegetsi, bigakubitiraho kuba yari umuntu wa hafi cyane w’uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete, nawe wakunze kuvugwaho kurwanya gahunda zimwe na zimwe za Guverinoma y’u Rwanda.

Mu minsi mike ishize, Jacob Zuma yagerageje kwitambika amavugururwa yashinzwe Perezida Kagame mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe, aho yavugaga ko ibihugu byo muri Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) bitazayashyira mu bikorwa.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Zuma yabwiye abakuru b’ibihugu bari bateraniye mu nama i Addis Ababa ko SADC itanyuzwe no kuba hatarabayeho ibiganiro ngishwanama bishyigikiye aya mavugurura ndetse ko ibiganiro mu magambo byakozwe na Komisiyo ya AU bitari bihagije.

Abayobozi bari mu bikorwa byo gutegura aya mavugurura, bamaganye ibitekerezo bye bavuga ko nta shingiro na rito bifite. Umwe muri yagize ati “Ibirwa bya Maurice na Malawi bari gukusanya iyi misanzu. Ntabwo ari SADC yose itabishyigikiye.”

Kuri uyu wa Kane, Inteko Ishinga Amategeko muri Afurika y’Epfo biteganyijwe ko iza guterana igatora Perezida mushya. Nta gihindutse Cyril Ramaphosa wari uherutse gutorerwa kuyobora ishyaka riri ku butegetsi, ANC, niwe uza guhabwa uyu mwanya.

Azarahirira izi nshingano bucyeye bwaho ku wa Gatanu. Hari icyizere ko impinduka mu buyobozi bwa Afurika y’Epfo zishobora gukuraho igihu cyari hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.

Impamvu ni uko Ramaphosa wari Visi Perezida ari umugabo utarahwemye kugaragaza ko ashyigikiye u Rwanda ndetse n’inshuro zose yarujemo akagaragaza ko yifuza umubano mwiza hagati n’ibihugu byombi.

Perezida Kagame aherutse kugirana ibiganiro byihariye na Ramaphosa i Davos mu Busuwisi ubwo bari mu nama mpuzamahanga yiga ku bukungu.

Zuma yari asigaje amezi agera kuri 18 kugira ngo asoze manda ye. Yabaye Visi Perezida wa Afurika y’Epfo ku ngoma ya Thabo Mbeki ariko yaje kwirukanwa nyuma yaho umujyanama we ahamijwe ibyaha byo gutanga ruswa.

Ubwegure bwa Mbeki nyuma yo gutakarizwa icyizere n’ishyaka rya ANC nibwo bwagejeje Zuma ku mwanya yavuyeho kuri uyu wa Gatatu.

Inkuru y’uko yeguye yakirijwe yombi n’abaturage ba Afurika y’Epfo nubwo ku rundi ruhande hari abagaragaje impungenge z’ahazaza h’iki gihugu. Hari n’abahise basaba ko ubushinjacyaha bwahita butangira kumukurikirana ku byaha akekwaho.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Ubwanditsi 22 Jan 2021
Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Ubwanditsi 07 Dec 2018
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali
POLITIKI

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Amakuru

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubwanditsi 27 Nov 2020
Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema
ITOHOZA

Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema

Ubwanditsi 06 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru