• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Ubwanditsi 25 Oct 2018 POLITIKI

Ku wa 30 Kamena 1962, Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS) zohereje i Kigali ubutumwa bw’ishimwe bunakomoza ku kugirana umubano n’u Rwanda mbere y’umunsi umwe ngo rubone ubwigenge.

URSS yabaye igihugu cya mbere cyafunguye Ambasade i Kigali, ku wa 17 Ukwakira 1963.

Nyuma y’isenyuka rya URSS, Ambasade yayo yakomeje kuba iy’u Burusiya mu Rwanda. Imyaka 55 irashize, ibihugu byombi bibanye kandi neza.

Umubano umaze gushinga imizi wubakiye kuri dipolomasi, igisirikare, guteza imbere uburezi n’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ambasade y’u Rwanda i Moscow yahagaritse imirimo yayo.

Nyuma yo kubaka inzego n’ubushobozi bw’abazikoreramo, mu 2013 u Rwanda rwongeye kuyifungura. Yari ifite icyicaro mu Budage aho yakoreraga kuva mu 2007.

Rwohereje abadipolomate baruhagararira ari bo Ambasaderi Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc; Colonel Gashaija Emmanuel ushinzwe umubano mu bya Gisirikare n’Umunyamabanga wa mbere, Karagire Francis.

Mu myaka itanu imaze ifunguwe yarushijeho kunoza umubano w’ibihugu byombi mu bya dipolomasi, ubuhahirane, uburezi n’ibindi.

Dipolomasi yaragutse!

Umubano w’ibihugu byombi wagukiye mu ngendo zihuza abayobozi bakuru b’impande zombi.

Mushikiwabo Louise wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yatumiwe na mugenzi we w’u Burusiya i Moscow mu 2015 baganira ku kunoza no kubyaza umusaruro umubano uhuriweho.

Banaganiriye ku myitwarire y’Umucamanza, Theodor Meron, waranzwe no kugabanyiriza ibihano no kurekura abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batarangije ibihano.

Imbere y’abagize Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, u Rwanda rwanenze imikorere y’Urukiko rushinzwe gusoza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (MICT).

U Rwanda rwitabaje u Burusiya nka kimwe mu bihugu biri mu Kanama k’Umutekano ka Loni hamwe n’u Bushinwa, u Bufaransa, u Bwongereza na Amerika.

Muri Kamena 2018, Minisitiri Sergueï Lavrov yasuye u rwa Gasabo, yakirwa na Perezida Paul Kagame i Kigali muri Village Urugwiro.

Umukuru w’Igihugu ku butumire bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yitabiriye umukino wafunguye Igikombe cy’Isi wabereye Luzhniki Stadium i Moscow, wahuje u Burusiya na Arabie Saoudite.

Yakiriwe na Vladimir Vladimirovich Putin w’u Burusiya baganira ku kunoza umubano mu buhahirane, ikoranabuhanga, guteza imbere ishoramari n’ubukerarugendo.

Perezida Kagame aherutse kwakirwa na mugenzi we w’u Burusiya, Vladmir Putin

Ubuhahirane buri ku ntambwe nziza!

Mu bijyanye n’ubuhahirane ibihugu byombi bigira ibiganiro bigamije kubwagura bwangu.

Ambasaderi Mujawamariya n’abadiplomate bafatanya bahura n’abari mu nzego z’ubuyobozi n’iz’abikorera mu Burusiya mu kureshya iri shoramari.

Mu ntangiriro za Ukwakira 2018, Ambassaderi Mujawamariya yahuye na Guverineri w’Intara ya Voronezh, Alexander Gusev baganira ku gushyiraho imikoranire mu ishoramari ry’ubuhinzi bwagutse (agro-industry).

Ibi bizafungura imiryango ku masosiyete akora ibyo bikorwa agashobora kubyagurira mu Rwanda, abahinzi bagasangira ubunararibonye.

Guverineri Gusev yasabye ko hatangira ikusanyamakuru ku bakora mu buhinzi mu ntara ayoboye, agatangira guhererekanywa n’akorera mu Rwanda.

Ibi biganiro byanashibutsemo inzira izafasha u Rwanda kohereza ikawa n’icyayi muri Voronezh na yo ikaruha amavuta y’ibihwagari, isukari n’ibindi.

Ambasaderi Mujawamariya yanashyizwe mu batanze ibiganiro mu Nama igamije ishoramari hagati y’u Burusiya na Afurika (African Business Initiative). Yavuze ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko ariho hari ahazaza h’ishoramari ry’Isi.

Icyo gihe yahamagariye ba rwiyemezamirimo kuhashora imari. Yatangaje ko u Rwanda rworohereje abifuza kurushoramo imari baturutse ahandi.

Minisitiri Lavrov yatangaje ko yaba ibihugu bya Afurika n’u Burusiya bigomba kungukira mu mishinga y’ishoramari hagati y’impande zombi.

Umubano unashingiye ku burezi n’umuco

Ibiganiro byabereye mu Mujyi wa Voronezh byanakomoje ku guteza imbere uburezi n’umuco mu Rwanda.

U Burusiya buri mu bihugu bitanga amahirwe yo kwiga cyane ku banyeshuri kuko uburezi bwateye imbere.

Imibare ya Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya igaragaza ko higa Abanyarwanda bagera ku 120, barimo 75, bigira kuri buruse za Leta n’abiyishyurira.

Uretse umwe ukorera Impamyabumenyi ya PhD, mu bijyanye n’Imibanire, abandi biga amasomo y’Ubuvuzi, Amategeko, Ikoranabuhanga, Ubumenyi bw’Ingufu zitangwa na gaz na peteroli, Ububanyi n’Amahanga, Ubumenyamuntu na Engineering.

U Rwanda rwasabye kongererwa buruse zikagera kuri 70 cyangwa 100 mu mwaka utaha.

Ubwo yashyikirizaga impapuro ze Umukuru w’Igihugu ku wa 2 Kamena 2018, Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karen Chalyan, yahize guteza imbere umubano w’ibihugu byombi no kuwubyaza umusaruro.

Ati “Tuzibanda mu guhugura abantu mu bintu bitandukanye, urugero natanga, uretse buruse dusanzwe dutanga, tugiye kongera uwo mubare duhereye umwaka utaha, twongere umubare w’Abanyarwanda biga mu Burusiya. Dufitanye kandi umubano mu bijyanye n’igisirikare, ubuvuzi na politiki.”

Ambasade y’u Rwanda yanaganiriye n’abari mu nzego z’uburezi cyane zibanda ku bushakashatsi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, gukora imiti nkenerwa kwa muganga, ibitaro no kubaka umubano hagati ya Kaminuza zaho n’iy’u Rwanda (UR).

Umubano ushingiye ku burezi uteye imbere kuko hari abashakashatsi mu by’ibinyabuzima bo muri Kaminuza z’u Burusiya baza gukora ubushakashatsi mu ishyamba rya Nyungwe, kuko hari ibimera n’indabo bisigaye gusa mu Rwanda. Bamaze kuza inshuro eshatu.

Ambasaderi Mujawamariya na Colonel Gashaija banasuye Urwego ruhuza Ibigo bikora Ubushakashatsi mu bijyanye n’Ingufu za Nucléaire (Joint Institute for Nuclear Reasearch — JINR).

Bagaragaje ko u Rwanda rwifuza imikoranire binyuze mu mahugurwa n’ubushakashatsi buhuriweho n’inzobere. Mu mpera za 2018 hari Abanyarwanda bazahugurwa.

Mu 2015, Itorero Inganzo Ngali ryitabiriye imurika mpuzamahanga ry’umuco ryabereye i Moscow. Ryasusurukije abaryitabiriye ndetse bifuza ko rihagira igicumbi cyaryo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, aherutse mu Rwanda aho yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Ambasaderi Mujawamariya na Colonel Gashaija ubwo basuraga Urwego ruhuza Ibigo bikora Ubushakashatsi mu bijyanye n’Ingufu za Nucléaire

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Ubwanditsi 29 May 2018
Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026

Ubwanditsi 24 May 2018
Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa
ITOHOZA

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru