• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubwanditsi 27 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe dukesha imboni za Rushyashya ziri i Kampala aravuga ko imyigaragambyo y’abashyikigikiye Bobi Wine, umugabo uhanganye bikomeye na Perezida Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yagaragayemo Abanyarwanda basanzwe ari abayoboke ba RNC ya Kayumba Nyamwasa n’ibindi bigarasha bigenzi bye.

Abo Banyarwanda bitwaje imbunda n’intwaro za gakondo, neza neza nk’interahamwe, biraye mu bigaragambyaga bararasa, barakubita, hapfamo amagana abandi benshi barakomereka. Izo nkozi z’ibibi ni izitorezwa ahantu hanyuranye muri Uganda, zitegurwamo abarwanyi ba RNC. Benshi muri bo basanzwe baba mu nkambi z’impunzi zinyuranye nka Nyakivala z’izindi zicumbikiye abasize bakoze ishyano mu Rwanda.Urwego rw’ubutasi muri Uganda ,CMI, rwiyambaje abo bantu kugirango Polisi idakomeza kugaragara mu bwicanyi, ariko bikaba ari n’uburyo bwo kureba niba ubugome batozwa barabukamiritse neza.

Ikindi kandi niba bitegura kugirira nabi, nako basanzwe ari ba rukarabankaba bishe bene wabo b’Abanyarwanda, nta mpuhwe bagira mu kwica Abaturage ba Uganda batagirana isano.

Mu cyumweru gishize hari intwaro zafatiwe muri Kenya zerekeza rwihishwa muri Uganda, amakuru yizewe akaba ahamya ko zari zigenewe abayoboke ba RNC, ngo zikoreshwe mu kwica abatavuga rumwe na Museveni, ariko zizanakoreshwe mu guhungabanya umutekano w’uRwanda. Nyuma yo kugerageza kubeshya ko izo ntwaro ari iz’uRwanda ikinyoma kikanga gufata, ubu Uganda iratakambira abategetsi ba Kenya ngo zirekurwe. Ibi byose biraba mu gihe uwitwa Ntwari Frank ,” Komiseri” ushinzwe urubyiruko muri RNC, amaze iminsi i Kampala, aho yanabonanye n’abategetsi bakuru muri Uganda, barimo Abel kandiho utegeka CMI, bumvikana ku “kunoza no kwihutisha” ibikorwa bya RNC. Uyu Ntwari ni muramu wa Kayumba Nyamwasa, akaba asanzwe atuye muri Afrika y’Epfo.

Ntibikiri inkuru ko Uganda itoza abarwanyi ba RNC, ikanabaha ibikoresho , nubwo kugeza ubu umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda wabapfubanye. Nyuma yo guhondagurwa n’ingabo za Kongo FARDC bagapfa nk’udushwiriri mu mashyamba ya Kongo, ubu Museveni n’ibyegera bye bahinduye umuvuno, biyemeza gutegura “abakada” ba RNC, kuko basanze bariroshye mu ntambara batazi impamvu yayo n’uko izarwana. Abo rero nibo barimo gukorera imyitozo ku nzirakarengane z’Abagande.

Amaraso arasama, amaherezo Museveni, Kandiho n’ Ishumi yabo Kayumba Nyamwasa bazabazwa iby’ubwo bugome.

2020-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly

BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly

Ubwanditsi 19 May 2023
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Ubwanditsi 12 Oct 2023
Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019

Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026

RUSHYASHYA 03 Aug 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 09 Jan 2023
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru