• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, muri uku kwezi yahaye ikigo cya RIHA Payment System Ltd uruhushya rw’amezi atandatu rwo kugerageza uburyo bushya iki kigo cyavumbuye bwitwa ‘AuraSoft Riha Mobile Wallet’ bwo gufasha abantu guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.

‘Riha Mobile Wallet’ ni uburyo buje bwiyongera ku bundi bwari busanzwe bukoreshwa mu Rwanda bwo guhanahana amafaranga abantu batayakozeho, mu cyerekezo Leta yihaye y’uko mu 2025 izaba yaciye ibyo kugendana amafaranga no kuyahererekanya mu ntoki, ahubwo abantu bakayahanahana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubu buryo buzatangira kugeragezwa mu kwezi kw’Ugushyingo 2018, buzajya bukoreshwa hifashishijwe telefone cyangwa se utundi tumashini twabugenewe.

Ubu buryo bwa ‘Riha Mobile Wallet’ buzajya bukoreshwa hifashishijwe gukanda imibare muri telefone cyangwa se nka porogaramu ya telefoni igendanwa ivanwa kuri ‘Google Play’.

Ubugereranyije n’ubundi buryo bwari busanzwe bukoreshwa, ubu buzanye umwihariko w’uko bwo buhuriza hamwe ahantu hose waba ufite amafaranga, bityo ukaba ushobora gukura cyangwa kohereza amafaranga haba ku mabanki anyuranye mu gihugu cyangwa se hagati y’amabanki na za mobile money. Ibi bizakorwa mu buryo buhendutse kurusha uko byari bimenyerewe.

Undi mwihariko ni uko ubu buryo, uko ubukoresha buzajya bumenya uko ukoresha amafaranga yawe n’ibyo ukunze kuyakoresha, bityo bukakugira inama z’uko wayacunga neza kurushaho, uko wakwizigamira, n’aho wagurira ibihendutse kurusha ahandi mu byo ukunda kugura wifashishije ubu buryo.

Alain Ndayishimiye uyobora ikigo cya AuraSoft, avuga akamaro k’ibi agira ati “tuzakora ku buryo umuntu wese uzaba ufite iyo porogaramu yacu muri telefone ye azajya abona ubutumwa bumubwira ko ahantu ageze muri metero 200 hari wenda resitora, cyangwa iduka runaka, cyangwa se ko igicuruzwa runaka kiri aho cyagabanyirijwe igiciro hagendewe ku byo akunda.”

Kohererezanya amafaranga wifashishije ubu buryo bwa ‘Riha Mobile Wallet’ bizajya bikorwa ku buntu. Umuntu azajya aba ashobora gukoresha ‘Wallet’ ye akoherereza undi amafaranga kuri mobile money, kuri konti ya banki cyangwa se ku bundi buryo bwakira amafaranga.

Agira ati “Umuntu najya akoherereza amafaranga kuri ‘Wallet’ yawe ayo mafaranga azajya ahita akugeraho kuko ni ubuntu, bizajya biba ari ‘system’ imwe.”

Ku bacuruzi, ibafasha gukusanya amakuru yerekeranye n’abakiliya babagana, bityo n’ibicuruzwa na serivisi zabo zigashyirwaho bigendanye n’ibyo bifuza.

Abacuruzi bizewe bazajya banahabwa ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefone ndetse n’utumashini tuzwi nka ‘PoS’ tuzajya tubafasha mu bijyanye n’ubucuruzi no kwegera abakiliya babagana.

Iki kigo cya Riha Payment System Ltd nicyo kibaye ikigo gihawe bwa mbere uru ruhushya na Banki Nkuru y’u Rwanda, nyuma y’aho hashyiriweho amabwiriza rusange mashya N° 05/2018 yo ku wa 27/03/2018 ya Banki Nkuru y’u Rwanda agenga abatanga serivisi zo kwishyurana.

Mu ngingo ya 27 y’aya mabwiriza havugwa iby’igeragezwa rya serivisi nshya (Sandbox), hagenwa ko umuntu wese wifuza guhanga udushya mu bikorwa cyangwa muri serivisi zo kwishyurana ariko ibyo bikorwa cyangwa serivisi bikaba bidahuje neza na kimwe mu bikorwa cyangwa imwe muri serivisi zige nzurwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

BNR ikomeza gushishikariza abanyarwanda kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu guhanahana amafaranga, aho mu mibare itanga inagaragaza ko abantu bakomeje ku byitabira yerekana ko mu mwaka ushize umubare w’abantu bakoresha ihererekanya ry’amafaranga bifashishije telefone wiyongereyeho 13%, ukava ku bantu miliyoni 2.98 ukagera ku bantu miliyoni 3.37.

Leta y’u Rwanda ifite icyerekezo cyo kugabanya ihanahana ry’amafaranga mu ntoki, abantu bakamenyera kujya bishyurana mu buryo bw’ikoranabuhanga; aho mu mpera z’umwaka wa 2024 hateganywa ko 80% by’amafaranga agize umusaruro mbube w’igihugu ‘GDP’ azajya ahererekanywa hifashishijwe ikoranabuhanga.

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Ubwanditsi 06 Feb 2018
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale
Mu Rwanda

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana
Mu Rwanda

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)
ITOHOZA

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru