• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, muri uku kwezi yahaye ikigo cya RIHA Payment System Ltd uruhushya rw’amezi atandatu rwo kugerageza uburyo bushya iki kigo cyavumbuye bwitwa ‘AuraSoft Riha Mobile Wallet’ bwo gufasha abantu guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.

‘Riha Mobile Wallet’ ni uburyo buje bwiyongera ku bundi bwari busanzwe bukoreshwa mu Rwanda bwo guhanahana amafaranga abantu batayakozeho, mu cyerekezo Leta yihaye y’uko mu 2025 izaba yaciye ibyo kugendana amafaranga no kuyahererekanya mu ntoki, ahubwo abantu bakayahanahana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubu buryo buzatangira kugeragezwa mu kwezi kw’Ugushyingo 2018, buzajya bukoreshwa hifashishijwe telefone cyangwa se utundi tumashini twabugenewe.

Ubu buryo bwa ‘Riha Mobile Wallet’ buzajya bukoreshwa hifashishijwe gukanda imibare muri telefone cyangwa se nka porogaramu ya telefoni igendanwa ivanwa kuri ‘Google Play’.

Ubugereranyije n’ubundi buryo bwari busanzwe bukoreshwa, ubu buzanye umwihariko w’uko bwo buhuriza hamwe ahantu hose waba ufite amafaranga, bityo ukaba ushobora gukura cyangwa kohereza amafaranga haba ku mabanki anyuranye mu gihugu cyangwa se hagati y’amabanki na za mobile money. Ibi bizakorwa mu buryo buhendutse kurusha uko byari bimenyerewe.

Undi mwihariko ni uko ubu buryo, uko ubukoresha buzajya bumenya uko ukoresha amafaranga yawe n’ibyo ukunze kuyakoresha, bityo bukakugira inama z’uko wayacunga neza kurushaho, uko wakwizigamira, n’aho wagurira ibihendutse kurusha ahandi mu byo ukunda kugura wifashishije ubu buryo.

Alain Ndayishimiye uyobora ikigo cya AuraSoft, avuga akamaro k’ibi agira ati “tuzakora ku buryo umuntu wese uzaba ufite iyo porogaramu yacu muri telefone ye azajya abona ubutumwa bumubwira ko ahantu ageze muri metero 200 hari wenda resitora, cyangwa iduka runaka, cyangwa se ko igicuruzwa runaka kiri aho cyagabanyirijwe igiciro hagendewe ku byo akunda.”

Kohererezanya amafaranga wifashishije ubu buryo bwa ‘Riha Mobile Wallet’ bizajya bikorwa ku buntu. Umuntu azajya aba ashobora gukoresha ‘Wallet’ ye akoherereza undi amafaranga kuri mobile money, kuri konti ya banki cyangwa se ku bundi buryo bwakira amafaranga.

Agira ati “Umuntu najya akoherereza amafaranga kuri ‘Wallet’ yawe ayo mafaranga azajya ahita akugeraho kuko ni ubuntu, bizajya biba ari ‘system’ imwe.”

Ku bacuruzi, ibafasha gukusanya amakuru yerekeranye n’abakiliya babagana, bityo n’ibicuruzwa na serivisi zabo zigashyirwaho bigendanye n’ibyo bifuza.

Abacuruzi bizewe bazajya banahabwa ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefone ndetse n’utumashini tuzwi nka ‘PoS’ tuzajya tubafasha mu bijyanye n’ubucuruzi no kwegera abakiliya babagana.

Iki kigo cya Riha Payment System Ltd nicyo kibaye ikigo gihawe bwa mbere uru ruhushya na Banki Nkuru y’u Rwanda, nyuma y’aho hashyiriweho amabwiriza rusange mashya N° 05/2018 yo ku wa 27/03/2018 ya Banki Nkuru y’u Rwanda agenga abatanga serivisi zo kwishyurana.

Mu ngingo ya 27 y’aya mabwiriza havugwa iby’igeragezwa rya serivisi nshya (Sandbox), hagenwa ko umuntu wese wifuza guhanga udushya mu bikorwa cyangwa muri serivisi zo kwishyurana ariko ibyo bikorwa cyangwa serivisi bikaba bidahuje neza na kimwe mu bikorwa cyangwa imwe muri serivisi zige nzurwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

BNR ikomeza gushishikariza abanyarwanda kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu guhanahana amafaranga, aho mu mibare itanga inagaragaza ko abantu bakomeje ku byitabira yerekana ko mu mwaka ushize umubare w’abantu bakoresha ihererekanya ry’amafaranga bifashishije telefone wiyongereyeho 13%, ukava ku bantu miliyoni 2.98 ukagera ku bantu miliyoni 3.37.

Leta y’u Rwanda ifite icyerekezo cyo kugabanya ihanahana ry’amafaranga mu ntoki, abantu bakamenyera kujya bishyurana mu buryo bw’ikoranabuhanga; aho mu mpera z’umwaka wa 2024 hateganywa ko 80% by’amafaranga agize umusaruro mbube w’igihugu ‘GDP’ azajya ahererekanywa hifashishijwe ikoranabuhanga.

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino
Amakuru

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
Mu Mahanga

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.
Amakuru

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru