• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC)

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko igiye gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwemeza urutonde rw’abafite ibyangombwa byuzuye bibemerera kujya mu kizamini cyanditse cy’akazi.

Mu 2016 Guverinoma y’u Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga mu gusaba akazi buzwi nka E-Recruitment bugamije kunoza imitangire y’ibizamini by’akazi ka Leta.

Ubu buryo burimo aho ushyira imyirondoro yawe n’ibindi byangombwa bisabwa ku myanya y’imirimo runaka, hakaba n’ahashyirwa amatangazo y’akazi ka Leta wabonaho ahahuye n’ubunararibonye bwawe ugasaba akazi.

Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko byagiye bigaragara ko hari abapfa gusaba akazi aho babonye hose n’imyanya badafitiye ubushobozi, bikagora abashinzwe gutoranya.

Musonera wari waje gusobanura ibibazo byagaragaye mu buryo bw’ikoranabuhanga rifasha mu micungire y’abakozi ba Leta n’imitangire ya serivisi bise IPPIS (Integrated Payroll & Personnel Information System) yavuze ko ubu batangiye kuvugurura imikorere y’ikoranabuhanga rya E-Recruitment.

Ati “Ubu ibigo birabyinubira cyane. Buriya ikoranabuhanga ni ryiza ariko rigira n’ibibi byaryo kuko ryoroheje uburyo abantu bashobora gusaba n’utujuje ibisabwa agasaba, ku buryo abantu baba benshi n’iyo ataba abyujuje ntabura kugutesha umwanya.”

Yakomeje agira ati “Twatangiye kugerageza kugikemura. Turi gukora uburyo bwo guhitamo mbere bikozwe n’ikoranabuhanga ryacu mbere y’uko abantu basaba akazi, agasaba akazi ari uko hari iby’ibanze akwiye kuba yujuje kandi byagenzuwe n’ikoranabuhanga aho kuba abantu.”

Nubwo atatangaje igihe bizaba byatangiriye, Musonera yumvikanishije ko bari kubishyiramo imbaraga ku buryo bizakemuka vuba.

Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta yagaragaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016 /17 hashyizwe ku isoko imyanya y’akazi 1616, hakaza abantu 54 467 baje kuyipiganira, abasaga ibihumbi 40. Aba aribo bemererwe kuyipiganira.

 

2019-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka
IMIKINO

Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru
ITOHOZA

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye
Mu Rwanda

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Ubwanditsi 22 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru