• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC)

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko igiye gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwemeza urutonde rw’abafite ibyangombwa byuzuye bibemerera kujya mu kizamini cyanditse cy’akazi.

Mu 2016 Guverinoma y’u Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga mu gusaba akazi buzwi nka E-Recruitment bugamije kunoza imitangire y’ibizamini by’akazi ka Leta.

Ubu buryo burimo aho ushyira imyirondoro yawe n’ibindi byangombwa bisabwa ku myanya y’imirimo runaka, hakaba n’ahashyirwa amatangazo y’akazi ka Leta wabonaho ahahuye n’ubunararibonye bwawe ugasaba akazi.

Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko byagiye bigaragara ko hari abapfa gusaba akazi aho babonye hose n’imyanya badafitiye ubushobozi, bikagora abashinzwe gutoranya.

Musonera wari waje gusobanura ibibazo byagaragaye mu buryo bw’ikoranabuhanga rifasha mu micungire y’abakozi ba Leta n’imitangire ya serivisi bise IPPIS (Integrated Payroll & Personnel Information System) yavuze ko ubu batangiye kuvugurura imikorere y’ikoranabuhanga rya E-Recruitment.

Ati “Ubu ibigo birabyinubira cyane. Buriya ikoranabuhanga ni ryiza ariko rigira n’ibibi byaryo kuko ryoroheje uburyo abantu bashobora gusaba n’utujuje ibisabwa agasaba, ku buryo abantu baba benshi n’iyo ataba abyujuje ntabura kugutesha umwanya.”

Yakomeje agira ati “Twatangiye kugerageza kugikemura. Turi gukora uburyo bwo guhitamo mbere bikozwe n’ikoranabuhanga ryacu mbere y’uko abantu basaba akazi, agasaba akazi ari uko hari iby’ibanze akwiye kuba yujuje kandi byagenzuwe n’ikoranabuhanga aho kuba abantu.”

Nubwo atatangaje igihe bizaba byatangiriye, Musonera yumvikanishije ko bari kubishyiramo imbaraga ku buryo bizakemuka vuba.

Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta yagaragaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016 /17 hashyizwe ku isoko imyanya y’akazi 1616, hakaza abantu 54 467 baje kuyipiganira, abasaga ibihumbi 40. Aba aribo bemererwe kuyipiganira.

 

2019-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’
Amakuru

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Ubwanditsi 22 Sep 2023
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo
Amakuru

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 19 Feb 2024
Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika
Mu Mahanga

Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru