• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Editorial 18 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Facebook yatangaje ko igiye gushyiraho inteko cyangwa inama y’ubutegetsi yigenga izajya ifata ibyemezo birebana n’ibicishwa kuri urwo rubuga nkoranyambaga kandi ibyemezo byayo bishobora kujya bivuguruza ibyafashwe na Mark Zuckerberg wayishinze.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Facebook yatangaje uburyo iyo nteko izaba iteye nubwo hakiri ibigomba kunozwa ngo inshingano zayo zirusheho kunoga.

Imyanzuro izajya ifatwa n’iyo nteko izaba ikomeye kuko ubuyobozi bwa Facebook nta burenganzira bwo kuyihindura buzaba bufite.

Facebook ivuga ko iyo nteko izaba igizwe n’abantu bari hagati ya 11 na 40, buri umwe akazaba afite manda y’imyaka itatu.

Iyo nteko izaba ifite ububasha bwo gufata imyanzuro yihariye ku bibazo runaka, icyakora nta bubasha bwo guhindura imigabo n’imigambi bya Facebook nyir’izina izaba ifite nubwo ishobora gutanga ibitekerezo ku migambi ikwiriye guhinduka cyangwa kuvugururwa.

CGTN yatangaje ko ikibazo kizajya kijyanwa mu nteko ya Facebook mu gihe izindi nzego zose z’icyo kigo zananiwe.

Facebook ivuga ko atari buri kibazo n’kijyanye n’ibyavuzwe cyangwa byakozwe ku rubuga kizajya kijyanwa mu nteko, keretse icyo babona gishobora kugira ingaruka ku bantu benshi.

Abakoresha Facebook bahuye n’ibibazo bikomeye bazajya bandikira inteko bayisaba kurenganurwa, noneho ihitemo abo ivugana na bo imbonankubone bitewe n’uburemere bw’ikibazo bagaragaje.

Mark Zuckerberg washinze Facebook mu itangazo ryasohowe yagize ati “Nitwe tugomba gukomeza ibyemezo dufata buri munsi kandi buri cyumweru dufata imyanzuro miliyoni na miliyoni ijyanye n’ibyo dutangaza. Gusa ntabwo ikigo kigenga nkatwe cyakabaye gifata imyanzuro ikomeye cyonyine.”

Facebook yatangaje ko izabanza guhitamo abayobozi b’inteko, nyuma bahitemo abandi bazaba bayigize.

Iki kigo kimaze igihe mu bibazo byo kuregwa kwinjira cyangwa kugurisha amakuru y’abagikoresha mu buryo batazi ndetse no gukorana n’abagizi ba nabi bikamenyekana igihe cyarenze.

Nubwo iyo nteko yajyaho, bizasaba ingufu Facebook kwerekana ko ibyemezo by’inteko bifatwa mu bwisanzure cyane cyane ku bibazo bitavugwaho rumwe.

Src : igihe.com

2019-09-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Editorial 06 Feb 2018
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Editorial 07 May 2018
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru