• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Minisitiri w’Ikoranabauhanga, Nsengimana Jean Philbert, yatangaje ko amaze amezi atandatu nta mafaranga ageze mu ikofi ye kuko ibyo ashaka kwishyura byose yifashisha ikoranabuhanga.

U Rwanda rufite gahunda yo guteza imbere ubukungu budashingiye ku guhererekanya amafaranga mu ntoki ku buryo mu 2024, kuyahererekanya hifashishijwe ikoranabuhanga bizaba bigize ku kigero cya 80 % by’Umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP).

Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri Nsengimana yavuze ko we amaze amezi atandatu nta faranga na rimwe rigeze mu ikofi ye, icyo ashatse kwishyura cyose akoresha ikarita ya banki cyangwa telefone ye.

Yagize ati “Ikofi yanjye nta kantu gaherukamo (ayerekana) ibi ni ibintu bimaze amezi atandatu. Ngira ngo amafaranga ya nyuma aherukamo ni aya misiyo nayo ntagitangwa mu ntoki, nanjye ubu nsigaye ntanga amafaranga nkoresheje telefone.”

Yavuze ko imodoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali ari urugero rwiza rw’uko kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga bishoboka, n’izindi nzego zibishyizemo ingufu bikaba byakunda.

Yasabye abakoresha bose kwigana uwo muco, bajya guhemba bagaharanira kutishyura abakozi babo mu ntoki.

Ati “Buri wese muri twe ni umukoresha, tubere abandi urugero. Niba ufite umukozi wo mu rugo, ushobora kumubaza konti uzajya umuhemberahoukajya ushyiraho amafaranga buri kwezi, niduhera kuri ibyo byoroshye cyane, iyi gahunda tuzayigeraho mu gihe gito.”

Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabauhanga haracyarimo imbogamizi z’uko hari abacuruzi batinya kugura imashini zishyurirwaho (POS) kuko zihenze; abakiliya batinya kwishyura hakoreshejwe uburyo bwa telefone (Mobile Money) kubera amafaranga bakatwa n’ibindi.

Guverinera wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko bari kuganira n’ibigo by’itumanaho ku buryo kwishyurana bishobora koroshywa , icyakora ngo banashyizeho ubundi buryo buzwi nka QR code, aho kwishyura bizajya biba byoroshye.

Yagize ati “Ubu haje icyitwa QR code, ni akantu k’agashushanyo ka kode, wowe utungaho telefone yawe ugafotora, igahita iguha aho ushyira amafaranga wishyura n’aho ushyira umubare w’ibanga. Ari umumotari bazafata ako gapapuro bagashyire ku ngofero ye, agutware nugera aho ujya ufotore ka kantu kari ku ngofero ye umwishyure; ari ucuruza ibirayi mu isoko azaba agafite iruhande rwe.”

Kubera gusaza kw’inoti bya hato na hato, BNR isohora amafaranga ebyiri buri mwaka yo kujya gukoresha izindi. Umuco wo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga bukaba buhanzwe amaso gukumira icyo gihombo.

Source: Igihe

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.
Amakuru

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi
INKURU NYAMUKURU

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR
Mu Rwanda

Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Ubwanditsi 19 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru