• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Minisitiri w’Ikoranabauhanga, Nsengimana Jean Philbert, yatangaje ko amaze amezi atandatu nta mafaranga ageze mu ikofi ye kuko ibyo ashaka kwishyura byose yifashisha ikoranabuhanga.

U Rwanda rufite gahunda yo guteza imbere ubukungu budashingiye ku guhererekanya amafaranga mu ntoki ku buryo mu 2024, kuyahererekanya hifashishijwe ikoranabuhanga bizaba bigize ku kigero cya 80 % by’Umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP).

Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri Nsengimana yavuze ko we amaze amezi atandatu nta faranga na rimwe rigeze mu ikofi ye, icyo ashatse kwishyura cyose akoresha ikarita ya banki cyangwa telefone ye.

Yagize ati “Ikofi yanjye nta kantu gaherukamo (ayerekana) ibi ni ibintu bimaze amezi atandatu. Ngira ngo amafaranga ya nyuma aherukamo ni aya misiyo nayo ntagitangwa mu ntoki, nanjye ubu nsigaye ntanga amafaranga nkoresheje telefone.”

Yavuze ko imodoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali ari urugero rwiza rw’uko kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga bishoboka, n’izindi nzego zibishyizemo ingufu bikaba byakunda.

Yasabye abakoresha bose kwigana uwo muco, bajya guhemba bagaharanira kutishyura abakozi babo mu ntoki.

Ati “Buri wese muri twe ni umukoresha, tubere abandi urugero. Niba ufite umukozi wo mu rugo, ushobora kumubaza konti uzajya umuhemberahoukajya ushyiraho amafaranga buri kwezi, niduhera kuri ibyo byoroshye cyane, iyi gahunda tuzayigeraho mu gihe gito.”

Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabauhanga haracyarimo imbogamizi z’uko hari abacuruzi batinya kugura imashini zishyurirwaho (POS) kuko zihenze; abakiliya batinya kwishyura hakoreshejwe uburyo bwa telefone (Mobile Money) kubera amafaranga bakatwa n’ibindi.

Guverinera wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko bari kuganira n’ibigo by’itumanaho ku buryo kwishyurana bishobora koroshywa , icyakora ngo banashyizeho ubundi buryo buzwi nka QR code, aho kwishyura bizajya biba byoroshye.

Yagize ati “Ubu haje icyitwa QR code, ni akantu k’agashushanyo ka kode, wowe utungaho telefone yawe ugafotora, igahita iguha aho ushyira amafaranga wishyura n’aho ushyira umubare w’ibanga. Ari umumotari bazafata ako gapapuro bagashyire ku ngofero ye, agutware nugera aho ujya ufotore ka kantu kari ku ngofero ye umwishyure; ari ucuruza ibirayi mu isoko azaba agafite iruhande rwe.”

Kubera gusaza kw’inoti bya hato na hato, BNR isohora amafaranga ebyiri buri mwaka yo kujya gukoresha izindi. Umuco wo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga bukaba buhanzwe amaso gukumira icyo gihombo.

Source: Igihe

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Ubwanditsi 25 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali
Amakuru

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Ubwanditsi 02 May 2023
CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh
ITOHOZA

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru