• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko tubikesha urubuga “médiapart”  rwo mu Bufaransa, abo bajenosideri batatu ni Hyacinthe Bicamumpaka wakoraga kuri Radio-Rwanda akaza kuba umuhezanguni wanga Abatutsi urunuka, Joseph Mushyandi wari umunyamategeko akaza guhinduka umutemyi w’amajosi, na Anasthase Rwabisambuga wari umucuruzi, ari nabyo yakomeje mu Bufara, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Mu nyandiko ifite umutwe ugira uti:”Hutu-pawa iravuza ubuhuha mu Bufaransa”, umunyamakuru Théo Anglebert wa Médiapart avuga ko byamutwaye igihe kini yegeranya ibimenyetso, haba mu nyandiko zisaga 400 yasesenguye, ubuhamya bunyuranye burimo n’ubwatanzwe mu Nkiko Gacaca ndetse no mu zindi manza zirebana na Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga itari iya leta, maze aza gusanga abo bagabo uko ari 3 bagombye gukurikiranwaho uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikibabaje nk’uko umunyamakuru akomeza abivuga, ni uko aho mu Bufaransa hari amagana y’ abicanyi nkaba bidegembya nk’aho ntaho bahuriye n’ubwicanyi bwabaye mu Rwanda, ahubwo ugasanga bari mu mashyirahamwe ahakana akanapfobya Jenoside bagizemo uruhare. Ibi ngo babikora Leta y’uBufaransa ibizi neza ko bagombye kuba barashyikirijwe ubutabera, kuko nk’aba 3 basanzwe ku rutonde rurerure Leta y’u Rwanda yatanze rw’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hyacinthe Bicamumpaka ubu ufite imyaka 65 y’amavuko, amaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahungiye muri Zayire y’icyo gihe, afatanya n’abandi bajenosideri gushinga RDR yaje kuvamo imitwe y’iterabwoba ya ALIR, FDLR, FDU-Inkingi, n’iyindi.

Nyuma yaje guhabwa ubuhungiro mu Bufaransa, ubu akaba atuye mu Mujyi wa Lille, mu majyaruguru y’icyo gihugu. Mu mwaka w’1994, ubwo Letra y’abajenosideri yari ikubiswe inshuro, Bicamumpaka yatangarije ikinyamakuru Jeune Afrique ati: “Dutsinzwe urugamba ariko ntidutsinzwe intambara”. Tuzagaruka.” Aha yashakaga kuvuga ko bazagaruka gusoza umugambi wabo wa Jenoside.

Joseph Mushyandi akomoka mu yahoze ari Komini Masango(ubu ni akarere ka Ruhango), ari naho ibyaha akurikiranyweho yabikoreye kimwe no Mujyi wa Kigali. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yakomeje kuyihakana,yemeza “ko ubwicanyi bwabaye mu Rwanda bwakozwe na FPR-Inkotanyi”. Ubu ni umurwanashyaka ukomeye wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire.

Anasthase Rwabizambuga yahinduye amazina ngo ajijishe ubucamanza, ubu akaba asigaye yitwa Rambier Anasthase. Asanzwe ku rutonde rw’abatorotse ubutabera Leta y’u Rwanda yashyizwe ahagaraga kuva mu w’1996. Médiapart yavumbuye inyandiko igaragaza Rwabizambuga ari umwe mu bigeze kuyobora wa mutwe w’abagome wa RDR. Ubu atuye mu gace ka Essonne, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Ngabo rero abajenosideri 3 biyongereye ku bandi benshi bari mu Bufaransa. Amakuru ava muri icyo gihugu ariko aravuga ko kuva aho u Rwanda n’u Bufaransa bigaragarije ubushake bwo kuvugurura umubano, izo nterahamwe-Mpuzamugambi zahiye ubwoba, ndetse zimwe zikaba zatangiye gukwira imishwaro zerekeza mu bindi bihugu birimo u Bubiligi.

Ziribeshya ariko, amaraso arasama, kandi icyaha cya Jenoside ntigisaza. Amaherezo “ubutungane buzabakubita intahe mu gahanga”!

2021-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara
UBUKUNGU

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu
Mu Mahanga

Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu
INKURU NYAMUKURU

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru