• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko tubikesha urubuga “médiapart”  rwo mu Bufaransa, abo bajenosideri batatu ni Hyacinthe Bicamumpaka wakoraga kuri Radio-Rwanda akaza kuba umuhezanguni wanga Abatutsi urunuka, Joseph Mushyandi wari umunyamategeko akaza guhinduka umutemyi w’amajosi, na Anasthase Rwabisambuga wari umucuruzi, ari nabyo yakomeje mu Bufara, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Mu nyandiko ifite umutwe ugira uti:”Hutu-pawa iravuza ubuhuha mu Bufaransa”, umunyamakuru Théo Anglebert wa Médiapart avuga ko byamutwaye igihe kini yegeranya ibimenyetso, haba mu nyandiko zisaga 400 yasesenguye, ubuhamya bunyuranye burimo n’ubwatanzwe mu Nkiko Gacaca ndetse no mu zindi manza zirebana na Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga itari iya leta, maze aza gusanga abo bagabo uko ari 3 bagombye gukurikiranwaho uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikibabaje nk’uko umunyamakuru akomeza abivuga, ni uko aho mu Bufaransa hari amagana y’ abicanyi nkaba bidegembya nk’aho ntaho bahuriye n’ubwicanyi bwabaye mu Rwanda, ahubwo ugasanga bari mu mashyirahamwe ahakana akanapfobya Jenoside bagizemo uruhare. Ibi ngo babikora Leta y’uBufaransa ibizi neza ko bagombye kuba barashyikirijwe ubutabera, kuko nk’aba 3 basanzwe ku rutonde rurerure Leta y’u Rwanda yatanze rw’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hyacinthe Bicamumpaka ubu ufite imyaka 65 y’amavuko, amaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahungiye muri Zayire y’icyo gihe, afatanya n’abandi bajenosideri gushinga RDR yaje kuvamo imitwe y’iterabwoba ya ALIR, FDLR, FDU-Inkingi, n’iyindi.

Nyuma yaje guhabwa ubuhungiro mu Bufaransa, ubu akaba atuye mu Mujyi wa Lille, mu majyaruguru y’icyo gihugu. Mu mwaka w’1994, ubwo Letra y’abajenosideri yari ikubiswe inshuro, Bicamumpaka yatangarije ikinyamakuru Jeune Afrique ati: “Dutsinzwe urugamba ariko ntidutsinzwe intambara”. Tuzagaruka.” Aha yashakaga kuvuga ko bazagaruka gusoza umugambi wabo wa Jenoside.

Joseph Mushyandi akomoka mu yahoze ari Komini Masango(ubu ni akarere ka Ruhango), ari naho ibyaha akurikiranyweho yabikoreye kimwe no Mujyi wa Kigali. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yakomeje kuyihakana,yemeza “ko ubwicanyi bwabaye mu Rwanda bwakozwe na FPR-Inkotanyi”. Ubu ni umurwanashyaka ukomeye wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire.

Anasthase Rwabizambuga yahinduye amazina ngo ajijishe ubucamanza, ubu akaba asigaye yitwa Rambier Anasthase. Asanzwe ku rutonde rw’abatorotse ubutabera Leta y’u Rwanda yashyizwe ahagaraga kuva mu w’1996. Médiapart yavumbuye inyandiko igaragaza Rwabizambuga ari umwe mu bigeze kuyobora wa mutwe w’abagome wa RDR. Ubu atuye mu gace ka Essonne, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Ngabo rero abajenosideri 3 biyongereye ku bandi benshi bari mu Bufaransa. Amakuru ava muri icyo gihugu ariko aravuga ko kuva aho u Rwanda n’u Bufaransa bigaragarije ubushake bwo kuvugurura umubano, izo nterahamwe-Mpuzamugambi zahiye ubwoba, ndetse zimwe zikaba zatangiye gukwira imishwaro zerekeza mu bindi bihugu birimo u Bubiligi.

Ziribeshya ariko, amaraso arasama, kandi icyaha cya Jenoside ntigisaza. Amaherezo “ubutungane buzabakubita intahe mu gahanga”!

2021-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Ubwanditsi 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018
U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max
HIRYA NO HINO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru