• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu 02 Ugushyingo , mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke hatashywe inzu eshatu zikoreramo Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere zubatswe kubufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke.

Inzu zatashywe zigizwe na sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga ,iya Kanjongo n’amacumbi y’aba Polisi afite ubushobozi bwo gucumbikira abarenga 50 byose byavuguruwe n’akarere ka Nyamasheke

Umuhango wo gutaha ku mugaragaro izi nyubako wayobowe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi (DIGP) Juvenal Marizamunda, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Alphonse Munyentwali n’umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Kamali Aime Fabien.

Kamali Aime Fabien umuyobozi w’akarere yavuze ko Polisi ari abafatanya bikorwa bahoraho b’inzego z’ibanze bityo bagomba kuyigaragariza ubufatanye nk’uko nayo idahwema kubugaragaza.

‘Yagize ati:” Iterambere ry’akarere n’ imibereho myiza y’abaturage bishingiye ku mutekano dufite mu gihugu, dukesha inzego z’umutekano z’ igihugu cyacu ku isonga Polisi y’u Rwanda muri gahunda zitandukanye zigamije gukumira no kurwanya ibyaha.’’

Meya Kamali yashoje avuga ko kuvugurura izi nyubako bijyanye na gahunda ya Leta igamije gukuraho ibisenge byangiza ibidukikije(asbestos) kunyubako zose za Leta hagamijwe kurengera ubuzima bw’abazikoreramo.

-8563.jpg

-8562.jpg

DIGP Marizamunda mu ijambo rye, yashimiye ubufatanye buri hagati y’inzego z’ibanze na Polisi y’u Rwanda hagamijwe umutekano n’iterambere ry’igihugu.

Aha akaba yagize ati:” Ndashimira abaturage n’inzego z’ibanze ubufatanye bakomeje kugaragariza Polisi haba mukwicungira umutekano ndetse n’ibikorwa bitandukanye bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.’’

DIGP Marizamunda yashoje avuga ko umurongo mugari wa Polisi y’u Rwanda ari ukubaka igipolisi cy’umwuga kandi gikorera ahantu hagihesha agaciro maze agira ati:”

Uko ubushobozi bugenda buboneka, Polisi y’ u Rwanda irushaho kwiyubaka haba mu bikorwa remezo ndetse no kongera umubare w’ abapolisi hagamijwe kuzuza inshingano zayo zirimo kurinda abaturage n’ibyo batunze.’’

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimiye ubuyobozi bw’akarere ku gikorwa cy’indashyikirwa bagezeho, abasaba no kubigeza mu mirenge yose igize aka karere hagamijwe kwegereza Polisi abaturage kuko aribo ikorera.

Yagize ati:”Icyifuzo cya Leta ni uko buri murenge wagira sitasiyo ya Polisi ; uruhare rw’abaturage rurakenewe binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo n’umuganda, ibi bizadufasha guhindura imyumvire y’abaturage bagitinya kwegera Polisi ngo bakorane kandi bayiyumvemo.’’

Minisitiri Kaboneka asoza avuga ko umutekano inzego z’igihugu zawugezeho imbere no hanze y’igihugu aho bigeze , igikenewe ari umutekano wo mu miryango, kwita ku isuku mu ngo ndetse naho batuye.

Ibikorwa byo kuvugurura inyubako zikorerwamo na Polisi yaba sitasiyo ya Ruharambuga, iya Kanjongo, ndetse n’amacumbi y’abapolisi byuzuye bitwaye miliyoni mirongo ine n’imwe ,ibihumbi magana inani n’amafaranga magana atatu na makumyabiri (41800320frw) y’ u Rwanda.

Source : RNP

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Ubwanditsi 17 Oct 2021
Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Ubwanditsi 25 May 2017
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira
Amakuru

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba
Mu Rwanda

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru