• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu 02 Ugushyingo , mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke hatashywe inzu eshatu zikoreramo Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere zubatswe kubufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke.

Inzu zatashywe zigizwe na sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga ,iya Kanjongo n’amacumbi y’aba Polisi afite ubushobozi bwo gucumbikira abarenga 50 byose byavuguruwe n’akarere ka Nyamasheke

Umuhango wo gutaha ku mugaragaro izi nyubako wayobowe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi (DIGP) Juvenal Marizamunda, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Alphonse Munyentwali n’umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Kamali Aime Fabien.

Kamali Aime Fabien umuyobozi w’akarere yavuze ko Polisi ari abafatanya bikorwa bahoraho b’inzego z’ibanze bityo bagomba kuyigaragariza ubufatanye nk’uko nayo idahwema kubugaragaza.

‘Yagize ati:” Iterambere ry’akarere n’ imibereho myiza y’abaturage bishingiye ku mutekano dufite mu gihugu, dukesha inzego z’umutekano z’ igihugu cyacu ku isonga Polisi y’u Rwanda muri gahunda zitandukanye zigamije gukumira no kurwanya ibyaha.’’

Meya Kamali yashoje avuga ko kuvugurura izi nyubako bijyanye na gahunda ya Leta igamije gukuraho ibisenge byangiza ibidukikije(asbestos) kunyubako zose za Leta hagamijwe kurengera ubuzima bw’abazikoreramo.

-8563.jpg

-8562.jpg

DIGP Marizamunda mu ijambo rye, yashimiye ubufatanye buri hagati y’inzego z’ibanze na Polisi y’u Rwanda hagamijwe umutekano n’iterambere ry’igihugu.

Aha akaba yagize ati:” Ndashimira abaturage n’inzego z’ibanze ubufatanye bakomeje kugaragariza Polisi haba mukwicungira umutekano ndetse n’ibikorwa bitandukanye bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.’’

DIGP Marizamunda yashoje avuga ko umurongo mugari wa Polisi y’u Rwanda ari ukubaka igipolisi cy’umwuga kandi gikorera ahantu hagihesha agaciro maze agira ati:”

Uko ubushobozi bugenda buboneka, Polisi y’ u Rwanda irushaho kwiyubaka haba mu bikorwa remezo ndetse no kongera umubare w’ abapolisi hagamijwe kuzuza inshingano zayo zirimo kurinda abaturage n’ibyo batunze.’’

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimiye ubuyobozi bw’akarere ku gikorwa cy’indashyikirwa bagezeho, abasaba no kubigeza mu mirenge yose igize aka karere hagamijwe kwegereza Polisi abaturage kuko aribo ikorera.

Yagize ati:”Icyifuzo cya Leta ni uko buri murenge wagira sitasiyo ya Polisi ; uruhare rw’abaturage rurakenewe binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo n’umuganda, ibi bizadufasha guhindura imyumvire y’abaturage bagitinya kwegera Polisi ngo bakorane kandi bayiyumvemo.’’

Minisitiri Kaboneka asoza avuga ko umutekano inzego z’igihugu zawugezeho imbere no hanze y’igihugu aho bigeze , igikenewe ari umutekano wo mu miryango, kwita ku isuku mu ngo ndetse naho batuye.

Ibikorwa byo kuvugurura inyubako zikorerwamo na Polisi yaba sitasiyo ya Ruharambuga, iya Kanjongo, ndetse n’amacumbi y’abapolisi byuzuye bitwaye miliyoni mirongo ine n’imwe ,ibihumbi magana inani n’amafaranga magana atatu na makumyabiri (41800320frw) y’ u Rwanda.

Source : RNP

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 04 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni
ITOHOZA

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Ubwanditsi 07 Jun 2016
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi
Amakuru

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli
POLITIKI

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru