• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Dec 2017 Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu ivuga ko muri uyu mwaka wa 2017 abantu bagera 369 baguye mu mpanuka zo mu muhanda.

Ibi byatangarijwe mu kiganiro polisi iri kugirana n’abanyamakuru, aho iri kugaragaza ishusho y’umutekano muri uyu mwaka uri kugana ku musozo ndetse n’ingamba zo gukumira ibyaha mu minsi mikuru.

Komiseri muri Polisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi avuga ko n’ubwo impanuka zagabanutse ugeranyije n’umwaka ushize impanuka zikomeje gutwara w’abantu.

Abanyamaguru ni bo baza ku isonga mu bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda, aho bagera kuri 34%, abakoresha moto 22% na ho abanyamagare ni 14%.

Muri izo mpanuka abakomeretse ni 685.

Yavuze ko muri rusange zagabanutse ku kigero gisaga 30% muri za bisi zitwara abagenzi kubera utugabanyamuvuduko twashyizwemo.

Imodoka zifite utugabanyamuvuduko bukora neza ni 79%. CP Rumanzi akaba avuga ko hari aho budakora neza bazakomeza gushyiramo imbaraga.

Ibyaha ibihumbi bisaga 16 byarakozwe…

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzacyaha, ACP Jean Marie Vianney Twagirayezu avuga ko muri uyu mwana batahuye ibyaha bisaga ibihumbi 16.

Yavuze ko polisi yashyizemo ingufu mu gutahura ibyaha, aho ibyaha by’ubwicanyi n’ubujura byatahuwe cyane. Yatanze urugero rw’abateye ishami rya Banki ya Kigali rya Buhanda , aho abakekwa boss bazaza kubashyikiriza ubutabera.

Yavuze kandi ubundi bwicanyi bwavuzwe cyane uyu mwaka nk’urupfu rwa Iribagiza Christine wari utuye ku Kicukiro wishwe muri Mata ndetse na Pasteur Maggie Mutesi.

Yavuze ko abakekwa bose babashyikirije ubutabera ndetse akaba ashimira abaturage babigizemo uruhare.

ACP Jean Marie avuga kandi muri uyu mwaka ibyaha byagabanutseho ku kigereranyo cya 5% ugereranyije n’umwaka ushize.

Polisi kandi ivuga ko yanahagurukiye ibyaha byambukiranya imipaka, aho yabashije gutabara abantu 35 bari bagiye gucururizwa mu mahanga batarahagera. Ivuga kandi ko hari abandi 4 bagaruwe mu gihugu bavanywe aho bacurujwe.

Ibyaha bimunga ubukungu biri mu byo polisi yatahuye cyane, aho abakekwaho kunyereza umutungo wa rubanda ndetse na ruswa.

Polisi ivuga kandi ko mu guhangana n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga yagaruje Miliyoni 900 zari zigiye kwibwa muri Banki imwe mu gihugu.

Polisi yasabye abaturage kwitwararika muri iyi minsi mikuru, aho bakwiye kwishimisha ariko ntibihungabanye umutekano.

2017-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame

Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Amavubi yatsinze  umukino wa mbere
IMIKINO

Uko Amavubi yatsinze umukino wa mbere

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma
Amakuru

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 28 Jun 2022
Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru
Mu Mahanga

Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 20 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru