• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.

“Indirimbo Ibidakwiriye Nzabivuga” ni indirimbo yamenyekanye mu bikorwa bihuza abaturage cyangwa mu ngendo Umukuru w’Igihugu agirira mu bice bitandukanye.

Iyi ndirimbo yumvikanaga nk’iyamamaza ibikorwa abanyarwanda bagejejweho na Perezida Kagame, yarimo amagambo agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo Kagame yatugejejeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira”.

Ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage b’akarere ka Burera mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2019, yashimye iyi ndirimbo, ariko asaba ko agace kumvikanamo amazina ye kavugururwa kakaririmbwa mu bundi buryo.

Mbere y’uko ageza ku baturage ijambo ry’uwo munsi, Perezida Kagame yabanje gushimira abahanzi Senderi na Tuyisenge ku ndirimbo nziza bakoze, gusa yongeraho ko hari akantu gakwiye gukosorwa.

Yagize ati “Ndashimira n’uwo muririmbyi, muzahindure akantu gato gusa, muzashyiremo ko ibyo twigejejeho, ntawabisenya tureba. Cyangwa ibyo Leta, cyangwa FPR yatugejejeho nta wabisenya tureba. Sibyo! Naho ubundi ni indirimbo nziza cyane”.

Icyo gihe Senderi yavuganye na Kigali Today atangaza ko yashimishijwe n’icyo umukuru w’igihugu yavuze ku ndirimbo kandi avuga ko bidatinze bazahita bahindura iyi ndirimbo.

Mu gihe kingana n’ukwezi n’iminsi 13, Senderi yashyize hanze indirimbo ivuguruye, irimo amagambo mashya agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo u Rwanda rwagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira….. Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo abaturage twagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira…”

Mu kiganiro na Senderi iyi ndirimbo imaze gusohoka, yagize ati “Twahoraga tubazwa n’abaturage ndetse na bamwe mu bayobozi impamvu tutarabaha indirimbo ivuguruye tukabura icyo tubabwira kubera ubushobozi bwacu bwari butaraboneka.”

Senderi avuga ko we byamusabye kugurisha inyana yari atunze, ndetse na Tuyisenge agwatiriza ikibanza cye, kugira ngo babone amafaranga yo kwishyura uwabafashije gusubiramo iyi ndirimbo, gusa akavuga ko ubushobozi butatumye indirimbo isohoka ifite amashusho nk’uko babyifuzaga.

Abajijwe impamvu indirimbo itumvikanamo ijambo Umuryango wa RPF Inkotanyi, yadusubije ko iri jambo ryumvikana mu ndirimbo mu bundi buryo.

Ati “Indirimbo twashyizemo ibikorwa byose by’Umuryango, nk’aho tuvuga ibyo gusangira ubutegetsi, kwihesha agaciro, kubohora u Rwanda, n’ibindi byumvikana ko ari Umuryango wa RPF Inkotanyi wabikoze.”

Senderi na Tuyisenge bavuga ko bishimiye kuba bamaze gukosora iyi ndirimbo, gusa ngo barifuza ko umunsi umwe Umukuru w’Igihugu amakuru yazamugeraho ko bashyize mu bikorwa bwangu icyifuzo cye.

Aba bahanzi kandi bavuze ko barimo gutegura uko bombi bazasaba uburengenzira bwo kujyana iyi ndirimbo mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Kanda munsi wumve indirimbo ivuguruye

Umva noneho indirimbo ya mbere uko yari imeze

Src : KT

2019-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Ubwanditsi 17 May 2017
Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    June 30, 201912:37 pm -

    Iya mbere niyo numva iryoshye. Ntacyo ijye ivuzwa nyuma y’imyaka 5 yiyamamaza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines
Mu Rwanda

Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga
Mu Rwanda

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru