• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.

“Indirimbo Ibidakwiriye Nzabivuga” ni indirimbo yamenyekanye mu bikorwa bihuza abaturage cyangwa mu ngendo Umukuru w’Igihugu agirira mu bice bitandukanye.

Iyi ndirimbo yumvikanaga nk’iyamamaza ibikorwa abanyarwanda bagejejweho na Perezida Kagame, yarimo amagambo agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo Kagame yatugejejeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira”.

Ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage b’akarere ka Burera mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2019, yashimye iyi ndirimbo, ariko asaba ko agace kumvikanamo amazina ye kavugururwa kakaririmbwa mu bundi buryo.

Mbere y’uko ageza ku baturage ijambo ry’uwo munsi, Perezida Kagame yabanje gushimira abahanzi Senderi na Tuyisenge ku ndirimbo nziza bakoze, gusa yongeraho ko hari akantu gakwiye gukosorwa.

Yagize ati “Ndashimira n’uwo muririmbyi, muzahindure akantu gato gusa, muzashyiremo ko ibyo twigejejeho, ntawabisenya tureba. Cyangwa ibyo Leta, cyangwa FPR yatugejejeho nta wabisenya tureba. Sibyo! Naho ubundi ni indirimbo nziza cyane”.

Icyo gihe Senderi yavuganye na Kigali Today atangaza ko yashimishijwe n’icyo umukuru w’igihugu yavuze ku ndirimbo kandi avuga ko bidatinze bazahita bahindura iyi ndirimbo.

Mu gihe kingana n’ukwezi n’iminsi 13, Senderi yashyize hanze indirimbo ivuguruye, irimo amagambo mashya agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo u Rwanda rwagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira….. Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo abaturage twagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira…”

Mu kiganiro na Senderi iyi ndirimbo imaze gusohoka, yagize ati “Twahoraga tubazwa n’abaturage ndetse na bamwe mu bayobozi impamvu tutarabaha indirimbo ivuguruye tukabura icyo tubabwira kubera ubushobozi bwacu bwari butaraboneka.”

Senderi avuga ko we byamusabye kugurisha inyana yari atunze, ndetse na Tuyisenge agwatiriza ikibanza cye, kugira ngo babone amafaranga yo kwishyura uwabafashije gusubiramo iyi ndirimbo, gusa akavuga ko ubushobozi butatumye indirimbo isohoka ifite amashusho nk’uko babyifuzaga.

Abajijwe impamvu indirimbo itumvikanamo ijambo Umuryango wa RPF Inkotanyi, yadusubije ko iri jambo ryumvikana mu ndirimbo mu bundi buryo.

Ati “Indirimbo twashyizemo ibikorwa byose by’Umuryango, nk’aho tuvuga ibyo gusangira ubutegetsi, kwihesha agaciro, kubohora u Rwanda, n’ibindi byumvikana ko ari Umuryango wa RPF Inkotanyi wabikoze.”

Senderi na Tuyisenge bavuga ko bishimiye kuba bamaze gukosora iyi ndirimbo, gusa ngo barifuza ko umunsi umwe Umukuru w’Igihugu amakuru yazamugeraho ko bashyize mu bikorwa bwangu icyifuzo cye.

Aba bahanzi kandi bavuze ko barimo gutegura uko bombi bazasaba uburengenzira bwo kujyana iyi ndirimbo mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Kanda munsi wumve indirimbo ivuguruye

Umva noneho indirimbo ya mbere uko yari imeze

Src : KT

2019-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa

RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    June 30, 201912:37 pm -

    Iya mbere niyo numva iryoshye. Ntacyo ijye ivuzwa nyuma y’imyaka 5 yiyamamaza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League
Amakuru

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
UBUKUNGU

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.
Amakuru

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Ubwanditsi 11 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru