• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.

“Indirimbo Ibidakwiriye Nzabivuga” ni indirimbo yamenyekanye mu bikorwa bihuza abaturage cyangwa mu ngendo Umukuru w’Igihugu agirira mu bice bitandukanye.

Iyi ndirimbo yumvikanaga nk’iyamamaza ibikorwa abanyarwanda bagejejweho na Perezida Kagame, yarimo amagambo agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo Kagame yatugejejeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira”.

Ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage b’akarere ka Burera mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2019, yashimye iyi ndirimbo, ariko asaba ko agace kumvikanamo amazina ye kavugururwa kakaririmbwa mu bundi buryo.

Mbere y’uko ageza ku baturage ijambo ry’uwo munsi, Perezida Kagame yabanje gushimira abahanzi Senderi na Tuyisenge ku ndirimbo nziza bakoze, gusa yongeraho ko hari akantu gakwiye gukosorwa.

Yagize ati “Ndashimira n’uwo muririmbyi, muzahindure akantu gato gusa, muzashyiremo ko ibyo twigejejeho, ntawabisenya tureba. Cyangwa ibyo Leta, cyangwa FPR yatugejejeho nta wabisenya tureba. Sibyo! Naho ubundi ni indirimbo nziza cyane”.

Icyo gihe Senderi yavuganye na Kigali Today atangaza ko yashimishijwe n’icyo umukuru w’igihugu yavuze ku ndirimbo kandi avuga ko bidatinze bazahita bahindura iyi ndirimbo.

Mu gihe kingana n’ukwezi n’iminsi 13, Senderi yashyize hanze indirimbo ivuguruye, irimo amagambo mashya agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo u Rwanda rwagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira….. Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo abaturage twagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira…”

Mu kiganiro na Senderi iyi ndirimbo imaze gusohoka, yagize ati “Twahoraga tubazwa n’abaturage ndetse na bamwe mu bayobozi impamvu tutarabaha indirimbo ivuguruye tukabura icyo tubabwira kubera ubushobozi bwacu bwari butaraboneka.”

Senderi avuga ko we byamusabye kugurisha inyana yari atunze, ndetse na Tuyisenge agwatiriza ikibanza cye, kugira ngo babone amafaranga yo kwishyura uwabafashije gusubiramo iyi ndirimbo, gusa akavuga ko ubushobozi butatumye indirimbo isohoka ifite amashusho nk’uko babyifuzaga.

Abajijwe impamvu indirimbo itumvikanamo ijambo Umuryango wa RPF Inkotanyi, yadusubije ko iri jambo ryumvikana mu ndirimbo mu bundi buryo.

Ati “Indirimbo twashyizemo ibikorwa byose by’Umuryango, nk’aho tuvuga ibyo gusangira ubutegetsi, kwihesha agaciro, kubohora u Rwanda, n’ibindi byumvikana ko ari Umuryango wa RPF Inkotanyi wabikoze.”

Senderi na Tuyisenge bavuga ko bishimiye kuba bamaze gukosora iyi ndirimbo, gusa ngo barifuza ko umunsi umwe Umukuru w’Igihugu amakuru yazamugeraho ko bashyize mu bikorwa bwangu icyifuzo cye.

Aba bahanzi kandi bavuze ko barimo gutegura uko bombi bazasaba uburengenzira bwo kujyana iyi ndirimbo mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Kanda munsi wumve indirimbo ivuguruye

Umva noneho indirimbo ya mbere uko yari imeze

Src : KT

2019-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Ubwanditsi 05 Aug 2019
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 29 Apr 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    June 30, 201912:37 pm -

    Iya mbere niyo numva iryoshye. Ntacyo ijye ivuzwa nyuma y’imyaka 5 yiyamamaza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe
Mu Mahanga

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016
U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi
INKURU NYAMUKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru