• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Editorial 23 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.

“Indirimbo Ibidakwiriye Nzabivuga” ni indirimbo yamenyekanye mu bikorwa bihuza abaturage cyangwa mu ngendo Umukuru w’Igihugu agirira mu bice bitandukanye.

Iyi ndirimbo yumvikanaga nk’iyamamaza ibikorwa abanyarwanda bagejejweho na Perezida Kagame, yarimo amagambo agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo Kagame yatugejejeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira”.

Ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage b’akarere ka Burera mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2019, yashimye iyi ndirimbo, ariko asaba ko agace kumvikanamo amazina ye kavugururwa kakaririmbwa mu bundi buryo.

Mbere y’uko ageza ku baturage ijambo ry’uwo munsi, Perezida Kagame yabanje gushimira abahanzi Senderi na Tuyisenge ku ndirimbo nziza bakoze, gusa yongeraho ko hari akantu gakwiye gukosorwa.

Yagize ati “Ndashimira n’uwo muririmbyi, muzahindure akantu gato gusa, muzashyiremo ko ibyo twigejejeho, ntawabisenya tureba. Cyangwa ibyo Leta, cyangwa FPR yatugejejeho nta wabisenya tureba. Sibyo! Naho ubundi ni indirimbo nziza cyane”.

Icyo gihe Senderi yavuganye na Kigali Today atangaza ko yashimishijwe n’icyo umukuru w’igihugu yavuze ku ndirimbo kandi avuga ko bidatinze bazahita bahindura iyi ndirimbo.

Mu gihe kingana n’ukwezi n’iminsi 13, Senderi yashyize hanze indirimbo ivuguruye, irimo amagambo mashya agira ati “Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo u Rwanda rwagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira….. Ibidakwiriye nimbibona nzabivuga, kuko ibyo abaturage twagezeho ntawabisenya ndeba, oya kirazira…”

Mu kiganiro na Senderi iyi ndirimbo imaze gusohoka, yagize ati “Twahoraga tubazwa n’abaturage ndetse na bamwe mu bayobozi impamvu tutarabaha indirimbo ivuguruye tukabura icyo tubabwira kubera ubushobozi bwacu bwari butaraboneka.”

Senderi avuga ko we byamusabye kugurisha inyana yari atunze, ndetse na Tuyisenge agwatiriza ikibanza cye, kugira ngo babone amafaranga yo kwishyura uwabafashije gusubiramo iyi ndirimbo, gusa akavuga ko ubushobozi butatumye indirimbo isohoka ifite amashusho nk’uko babyifuzaga.

Abajijwe impamvu indirimbo itumvikanamo ijambo Umuryango wa RPF Inkotanyi, yadusubije ko iri jambo ryumvikana mu ndirimbo mu bundi buryo.

Ati “Indirimbo twashyizemo ibikorwa byose by’Umuryango, nk’aho tuvuga ibyo gusangira ubutegetsi, kwihesha agaciro, kubohora u Rwanda, n’ibindi byumvikana ko ari Umuryango wa RPF Inkotanyi wabikoze.”

Senderi na Tuyisenge bavuga ko bishimiye kuba bamaze gukosora iyi ndirimbo, gusa ngo barifuza ko umunsi umwe Umukuru w’Igihugu amakuru yazamugeraho ko bashyize mu bikorwa bwangu icyifuzo cye.

Aba bahanzi kandi bavuze ko barimo gutegura uko bombi bazasaba uburengenzira bwo kujyana iyi ndirimbo mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Kanda munsi wumve indirimbo ivuguruye

Umva noneho indirimbo ya mbere uko yari imeze

Src : KT

2019-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Editorial 31 Aug 2018
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Editorial 27 Feb 2017
Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Editorial 26 Nov 2018
Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)

Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)

Editorial 10 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    June 30, 201912:37 pm -

    Iya mbere niyo numva iryoshye. Ntacyo ijye ivuzwa nyuma y’imyaka 5 yiyamamaza.

    Subiza

Leave a Reply to Cornerstone Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Editorial 10 Oct 2019
Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR
INKURU NYAMUKURU

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Editorial 12 Mar 2020
Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara
ITOHOZA

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Editorial 02 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru