• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Ubwanditsi 20 Dec 2016 Mu Rwanda

Urusaku rw’amasasu rwabyutse rwumvikana kuri uyu wa Kabiri mu turere dutandukanye two mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe haramutse imyigaragambyo isaba perezida Kabila kuva ku butegetsi nyuma y’aho manda ye irangiriye mu ijoro ryakeye.

-5123.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abantu bari I Kinshasa bavugaye na reuters dukesha iyi nkuru, bavuze ko humvikanye amasasu, ndetse umwe muri aba akaba yabonye insoresore zitwika amapine mu mihanda.

Mu turere twa Kalamu, Matete na Lingwala ndetse no kuri Kaminuza ya Kinshasa, izo nsoresore zavuzaga amafirimbi zibwira Kabila ko igihe kigeze ngo arekure ubutegetsi. Abanyeshuri bo kuri iyi kaminuza nabo ngo bakaba batwitse amapine nk’uko ababibonye babyemeza.

-5119.jpg

Aha Matete ho ibiro by’ishyaka PPRD riri ku butegetsi byanatwitswe.

Iyi nkuru iravuga ko perezida Kabila kuva yajya ku butegetsi ari bwo agiye guhura n’ibibazo bikomeye. Abamurwanya bamushinja gushaka kwizirika ku butegetsi areka manda ye ikarangira nta matora ateguwe ngo asimburwe. Aya matora akaba yarigijweyo kugeza mu 2018.

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bemeye ko Kabila aba agumye ku butegetsi, ariko abandi cyane cyane muri Kinshasa, umujyi utuwe na miliyoni 12 z’abaturage, bo ntibabikozwa.

Abahagarariye ibihugu byabo muri Congo basabye Kabila kurekura ubutegeti mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kuvuka indi ntambara hagati y’abaturage. Mu rwego rwo kureba ko abamurwanya bacururuka, ubuyobozi bwa kabila bwari bwatangaje kuri televiziyo y’igihugu kongera imyanya muri guverinoma ikava kuri 17 ikaba 65, imyinshi igenewe abo mu ruhande rutavuga rumwe. Ibi ntabyo ntacyo byatanze.

-5117.jpg

Imyigaragambyo

-5121.jpg

Etienne Tshisekedi

Etienne Tshisekedi, umwe mu banyapolitiki b’ingenzi batavuga rumwe n’ubutegetsi, yasabye abaturage kwigaragambya mu mutuzo abasaba kutemera ubuyobozi bwa Kabila kandi bakanga mu mahoro ko akora icyo yise guhirika ubutegetsi.

-5122.jpg

Barnabé Kikaya Bin Karubi

Ibi ariko nabyo umujyanama wa perezida Kabila mu bya dipolomasi ntabikozwa. Bwana Barnabe Kikaya, yavuze ko perezida Kabila atagomba gutinya igitutu ashyirwaho ngo arekure ubutegetsi. Yongeyeho ko yaba arenze ku itegeko nshinga kandi abikoze akarekura cyangwa akegura, ashobora kujyanwa mu rubanza aregwa gusiga igihugu mu kaga.

-5124.jpg

Moïse Katumbi

Moise Katumbi wo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse akaba ateganya kuziyamamariza kuyobora Congo, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yari yasabye Abakongomani ko saa sita z’ijoro ryakeye bavuza ifirimbi bagasifura ko manda ya Kabila irangiye.

-5118.jpg

Abashinzwe umutekano bagerageje kwitambika imyigaragambyo

2016-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi
Mu Mahanga

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino
Amakuru

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa
IMIKINO

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru