• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Ubwanditsi 20 Dec 2016 Mu Rwanda

Urusaku rw’amasasu rwabyutse rwumvikana kuri uyu wa Kabiri mu turere dutandukanye two mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe haramutse imyigaragambyo isaba perezida Kabila kuva ku butegetsi nyuma y’aho manda ye irangiriye mu ijoro ryakeye.

-5123.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abantu bari I Kinshasa bavugaye na reuters dukesha iyi nkuru, bavuze ko humvikanye amasasu, ndetse umwe muri aba akaba yabonye insoresore zitwika amapine mu mihanda.

Mu turere twa Kalamu, Matete na Lingwala ndetse no kuri Kaminuza ya Kinshasa, izo nsoresore zavuzaga amafirimbi zibwira Kabila ko igihe kigeze ngo arekure ubutegetsi. Abanyeshuri bo kuri iyi kaminuza nabo ngo bakaba batwitse amapine nk’uko ababibonye babyemeza.

-5119.jpg

Aha Matete ho ibiro by’ishyaka PPRD riri ku butegetsi byanatwitswe.

Iyi nkuru iravuga ko perezida Kabila kuva yajya ku butegetsi ari bwo agiye guhura n’ibibazo bikomeye. Abamurwanya bamushinja gushaka kwizirika ku butegetsi areka manda ye ikarangira nta matora ateguwe ngo asimburwe. Aya matora akaba yarigijweyo kugeza mu 2018.

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bemeye ko Kabila aba agumye ku butegetsi, ariko abandi cyane cyane muri Kinshasa, umujyi utuwe na miliyoni 12 z’abaturage, bo ntibabikozwa.

Abahagarariye ibihugu byabo muri Congo basabye Kabila kurekura ubutegeti mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kuvuka indi ntambara hagati y’abaturage. Mu rwego rwo kureba ko abamurwanya bacururuka, ubuyobozi bwa kabila bwari bwatangaje kuri televiziyo y’igihugu kongera imyanya muri guverinoma ikava kuri 17 ikaba 65, imyinshi igenewe abo mu ruhande rutavuga rumwe. Ibi ntabyo ntacyo byatanze.

-5117.jpg

Imyigaragambyo

-5121.jpg

Etienne Tshisekedi

Etienne Tshisekedi, umwe mu banyapolitiki b’ingenzi batavuga rumwe n’ubutegetsi, yasabye abaturage kwigaragambya mu mutuzo abasaba kutemera ubuyobozi bwa Kabila kandi bakanga mu mahoro ko akora icyo yise guhirika ubutegetsi.

-5122.jpg

Barnabé Kikaya Bin Karubi

Ibi ariko nabyo umujyanama wa perezida Kabila mu bya dipolomasi ntabikozwa. Bwana Barnabe Kikaya, yavuze ko perezida Kabila atagomba gutinya igitutu ashyirwaho ngo arekure ubutegetsi. Yongeyeho ko yaba arenze ku itegeko nshinga kandi abikoze akarekura cyangwa akegura, ashobora kujyanwa mu rubanza aregwa gusiga igihugu mu kaga.

-5124.jpg

Moïse Katumbi

Moise Katumbi wo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse akaba ateganya kuziyamamariza kuyobora Congo, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yari yasabye Abakongomani ko saa sita z’ijoro ryakeye bavuza ifirimbi bagasifura ko manda ya Kabila irangiye.

-5118.jpg

Abashinzwe umutekano bagerageje kwitambika imyigaragambyo

2016-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Ubwanditsi 10 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze
IKORANABUHANGA

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove
UBUKUNGU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’
SHOWBIZ

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru