• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Ubwanditsi 20 Dec 2016 Mu Rwanda

Urusaku rw’amasasu rwabyutse rwumvikana kuri uyu wa Kabiri mu turere dutandukanye two mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe haramutse imyigaragambyo isaba perezida Kabila kuva ku butegetsi nyuma y’aho manda ye irangiriye mu ijoro ryakeye.

-5123.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abantu bari I Kinshasa bavugaye na reuters dukesha iyi nkuru, bavuze ko humvikanye amasasu, ndetse umwe muri aba akaba yabonye insoresore zitwika amapine mu mihanda.

Mu turere twa Kalamu, Matete na Lingwala ndetse no kuri Kaminuza ya Kinshasa, izo nsoresore zavuzaga amafirimbi zibwira Kabila ko igihe kigeze ngo arekure ubutegetsi. Abanyeshuri bo kuri iyi kaminuza nabo ngo bakaba batwitse amapine nk’uko ababibonye babyemeza.

-5119.jpg

Aha Matete ho ibiro by’ishyaka PPRD riri ku butegetsi byanatwitswe.

Iyi nkuru iravuga ko perezida Kabila kuva yajya ku butegetsi ari bwo agiye guhura n’ibibazo bikomeye. Abamurwanya bamushinja gushaka kwizirika ku butegetsi areka manda ye ikarangira nta matora ateguwe ngo asimburwe. Aya matora akaba yarigijweyo kugeza mu 2018.

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bemeye ko Kabila aba agumye ku butegetsi, ariko abandi cyane cyane muri Kinshasa, umujyi utuwe na miliyoni 12 z’abaturage, bo ntibabikozwa.

Abahagarariye ibihugu byabo muri Congo basabye Kabila kurekura ubutegeti mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kuvuka indi ntambara hagati y’abaturage. Mu rwego rwo kureba ko abamurwanya bacururuka, ubuyobozi bwa kabila bwari bwatangaje kuri televiziyo y’igihugu kongera imyanya muri guverinoma ikava kuri 17 ikaba 65, imyinshi igenewe abo mu ruhande rutavuga rumwe. Ibi ntabyo ntacyo byatanze.

-5117.jpg

Imyigaragambyo

-5121.jpg

Etienne Tshisekedi

Etienne Tshisekedi, umwe mu banyapolitiki b’ingenzi batavuga rumwe n’ubutegetsi, yasabye abaturage kwigaragambya mu mutuzo abasaba kutemera ubuyobozi bwa Kabila kandi bakanga mu mahoro ko akora icyo yise guhirika ubutegetsi.

-5122.jpg

Barnabé Kikaya Bin Karubi

Ibi ariko nabyo umujyanama wa perezida Kabila mu bya dipolomasi ntabikozwa. Bwana Barnabe Kikaya, yavuze ko perezida Kabila atagomba gutinya igitutu ashyirwaho ngo arekure ubutegetsi. Yongeyeho ko yaba arenze ku itegeko nshinga kandi abikoze akarekura cyangwa akegura, ashobora kujyanwa mu rubanza aregwa gusiga igihugu mu kaga.

-5124.jpg

Moïse Katumbi

Moise Katumbi wo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse akaba ateganya kuziyamamariza kuyobora Congo, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yari yasabye Abakongomani ko saa sita z’ijoro ryakeye bavuza ifirimbi bagasifura ko manda ya Kabila irangiye.

-5118.jpg

Abashinzwe umutekano bagerageje kwitambika imyigaragambyo

2016-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano
Mu Rwanda

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi
POLITIKI

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye
Amakuru

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru