• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Editorial 18 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umwana w’imyaka umunani waketsweho Ebola wari wajyanywe mu bitaro bya Kitovu biherereye mu karere ka Masaka, yapfuye.

Kuri uyu wa Gatatu, nibwo umunyeshuri wiga mu Ishuri ribanza rya Good Hope Primary School mu gace ka Kyotera kari rwagati muri Uganda yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kugaragaza ibimenyetso nk’ibya Ebola.

Urupfu rwe kuri uyu wa Kane rwateje impungenge haba mu bavuzi ndetse n’abaturage.

Umukozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Kyotera, Dr Edward Muwanga yagize ati “Nibyo koko umurwayi wari wajyanywe ku bitaro bya Kyotera yaketsweho Ebola yapfuye. Ibizamini by’amaraso byari byamaze gufatwa, dutegereje ibisubizo biraturuka mu kigo gishinzwe ubushakashatsi kuri virusi.”

Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko abashinzwe ubuzima mu karere bamaze kugera aho uwo mwana yari atuye ngo hafatwe ingamba zigamije gukumira ko hari abandi bakwandura.

Dr Muwanga yavuze ko ubusanzwe uwo mwana wapfuye yari yaramugaye ukuboko. Ngo yajyaga akunda kurwaragurika.

Byatangiye ahinda umuriro ubwo yari ari ku ishuri, bamujyana ku kigo nderabuzima bamusangamo malariya. Bamuhaye imiti ntibyagira icyo bitanga hafatwa umwanzuro wo kumujyana ku bitaro byisumbuye.

Muwanga avuga ko naho ntacyo byatanze ahubwo yatangiye kuva amaraso mu kanwa no mu mazuru biba ngombwa ko ajyanwa ku bitaro by’akarere bya Kitovu ari naho yaguye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, Emmanuel Ainebyona yatangarije Daily Monitor ko ibisubizo by’ibizamini byafashwe kuri uwo murwayi biraboneka kuri uyu wa Kane mu masaha akuze.

Tariki ya 10 Kamena, Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda nyuma y’iminsi kiyogoza mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abantu batatu nibo bamaze gupfa bishwe na Ebola mu karere ka Kasese.

OMS yatanze miliyoni zisaga icumi z’amadolari zo guhangana na Ebola muri Uganda.

2019-07-18
Editorial

IZINDI NKURU

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Editorial 18 Apr 2024
Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Editorial 15 Jan 2016
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Editorial 16 Nov 2021
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Editorial 04 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru