• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ubwanditsi 09 May 2018 IMIKINO

Waasland Beveren yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi iherutse gusinyisha Umunyarwanda, Bizimana Djihad, yanyagiwe ibitego umunani ku busa na S.V. Zulte Waregem mu mikino ya kamarampaka yo gushaka amakipe azasohokera iki gihugu muri Europa League.

Iyi kipe yarangije umwaka w’imikino usanzwe iri ku mwanya wa 12 itsinze imikino icyenda muri 30, inganya umunani, itsindwa 13 mu gihe Club Brugge na Anderlecht zimenyerewe mu mikino yo ku mugabane w’u Burayi arizo zari ziyoboye.

Nk’uko bigenda mu Bubiligi, amakipe yarangije Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ari hagati y’imyanya ya karindwi na 15 yiyongeraho atatu yabaye aya mbere mu Cyiciro cya Kabiri akaba 12 agashyirwa mu matsinda abiri, rimwe ry’amakipe atandatu buri yose igahura n’indi mu mukino ubanza n’uwo kwishyura.

Ikipe irangije iyoboye itsinda A ihura n’iyoboye irya B mu mukino wa nyuma, itsinze igahura ku mukino umwe wa kamarampaka n’ikipe yabaye iya gatanu muri shampiyona, itsinze igahita ikatisha itike yo kuzakina imikino yo ku mugabane w’u Burayi ya Europa League.

Waasland-Beveren ya Bizimana Djihad nayo iri mu makipe arwanira iyo tike aho mu itsinda A irimo iri ku mwanya wa nyuma, mu mikino umunani ikaba imaze gutsinda umwe, inganya ibiri itsindwa itanu.

Mu mukino yakinnye kuri uyu wa Kabiri na Zulte-Waregem iyoboye iri tsinda, yayinyagiye ibitego 8-0 byatumye amahirwe yose yo kuzagaragara mu mikino yo ku mugabane w’u Burayi ayoyoka kuko n’iyo yatsinda imikino yose isigaje itashyikira iya mbere ifite amanota 22.

Biteganyijwe ko Bizimana Djihad wari wabanje kugaruka mu Rwanda nyuma yo gusinyira iyi kipe amasezerano y’imyaka itatu, agomba gusubirayo bitarenze tariki 12 Kamena 2018 kugira ngo atangirane na bagenzi be imikino ibanziriza shampiyona y’umwaka utaha ‘Pre season’.

Iyi kipe yashinzwe mu 1936 yitwa Red Star iza kugenda ihindurirwa amazina kugera mu 2010 yiswe Waasland-Beveren, ntirabasha kwitabira na rimwe imikino yo ku mugabane w’u Burayi ndetse igihe kinini yakimaze mu byiciro byo hasi mu Bubiligi.

 

Abakinnyi ba Zulte Waregem bishimira kimwe mu bitego umunani banyagiye Waasland Beveren

 

Agahinda kari kenshi ku bakinnyi ba Waasland-Beveren nyuma y’umukino

 

Waasland Beveren ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego umunani ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzitabira Europa League

 

Bizimana Djihad yari asanzwe akinira APR FC

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Ubwanditsi 06 Feb 2024
Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Ubwanditsi 27 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amwe mu mafoto Miss wema Sepetu yifotoreje mu Rwanda yatumye benshi bacika uruhondogoro
SHOWBIZ

Amwe mu mafoto Miss wema Sepetu yifotoreje mu Rwanda yatumye benshi bacika uruhondogoro

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja
UBUKERARUGENDO

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ubwanditsi 29 May 2018
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru