• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Ubwanditsi 24 Aug 2016 POLITIKI

Perezida Kagame yahamagariye abatuye umugabane wa Afurika kwiremamo umuco wo kwikorera, bagatana n’ingeso yo kubeshwaho n’imfashanyo n’amahirwe batavunikiye.

Yavuze ko niba Afurika ishaka gutera imbere, ibihugu biyigize bigomba kuremera abaturage babyo amahirwe yo kwikorera, bikabafasha kwigira.

Ni ijambo yageneye abitabiriye inama ya 56 y’Ihuriro ry’Abanyamategeko ryo muri Nigeria yabereye mu mujyi wa Port Harcourt ku wa Mbere. Perezida Kagame yari ahagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye.

-3816.jpg

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize u Rwanda iheruheru, ubuyobozi butigeze bucika intege, ahubwo ko bwakoranyije abaturage bagahita batangira kubaka igihugu bundi bushya.

Yasabye ibihugu bya Afurika kurebera ku Rwanda, kuko muri 2020 abaturage barwo bazaba batacyambara imyenda ya caguwa.

Ati” Nta caguwa izaba ikirangwa mu Rwanda muri 2020. Kubera iki se Abanyanijeriya bo bakwiye kwambara caguwa? Ni cyo gihe ngo duhindure Afurika. Nitutabikora Abanyaburayi sibo bazabidukorera. Ntibashobora guhindura Afurika.”

Umukuru w’Ihuriro ry’Abanyamategeko muri Nigeria, Augustine Alegeh nawe yasobanuye ko ubukungu bw’igihugu cyabo bukomeje kumanuka bakaba bakwiye gukora ibishoboka byose ngo bishakemo ibisubizo.

Ati” Ni igihe cyo kwibaza ibibazo. Niba ubukungu bwacu bukomeje kumanuka, tuzakomeza kwita igihugu kigenga? Dukwiye gukurikiranira ibi bibazo tukabishakira umuti.”

The Guardian dukesha iyi nkuru ivuga ko abanyamategeko bo muri Nigeria banagarutse ku kibazo kibakomereye ubwabo, cy’ingeso yo kwakira ruswa, bavuga ko bakwiye kwicarana na guverinoma ya Perezida Muhamadu Buhari bakareba uko barandurira mu mizi ruswa yabamunze n’igihugu cyabo muri rusange.

Ihuriro ry’Abanyamategeko bo muri Nigeria rimaze imyaka isaga 100 rishinzwe, rigamije guharanira uburenganzira bwa muntu, ubutabera n’imiyoborere myiza muri Nigeria.

Iri huriro rifite umwanya w’indorerezi mu Kanama k’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika gashinzwe Uburenganzira bwa muntu.

-3814.jpg

Abanyamategeko bo muri Nigeria biyemeje gutanga umusanzu ngo igihugu cyabo gitere imbere

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Ubwanditsi 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure
IMIKINO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru