• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir

Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Imitwe irindwi yo muri Sudani y’Epfo irimo n’uw’uwa Riek Machar wahoze ari Visi Perezida yatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko yemeranyiwe gukorera hamwe mu ntumbero yo gukuraho guverinoma ya Perezida Salva Kiir.

Nk’uko ikinyamakuru The East African cyabyanditse, abashyize umukono kuri ayo masezerano harimo uwahoze ari Minisitiri Kosti Manibe, n’uwahoze ashinzwe ibikoresho mu gisirikare Thomas Cirillo Swaka waneguye muri Gashyantare ashinja ihonyorwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Sudani y’Epfo bikozwe n’igisirikare n’agatsiko k’ubwoko bwa Dinka bwa Perezida Kiir.

Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka rya Machar, Nathaniel Oyet, yagize ati “Mu gukorera hamwe, imbaraga zacu, umurava wacu mu bya politiki, dipolomasi n’igisirikare bizatuma tugera kuri byinshi kurusha uko twakora dutandukanye.”

Sudani y’Epfo yabonye ubwigenge mu 2011 ariko nyuma y’imyaka ibiri ihita yinjira mu ntambara ubwo Kiir yirukanaga ku butegetsi Visi perezida Riek Machar wo mu bwoko bwa Nuer.

-6586.jpg

Umutwe w’Ingabo za Riek wa SPLM-IO, wakomeje guhangana na Salva Kiir ariko bamwe mu basirikare be bakomeye bagatoroka bakajya kwishingira indi mitwe ikomeye cyangwa bagasubira mu gisirikare cya Salva Kiir.

Abayobozi b’iyo mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kiir batangaje ko bagiye gukora inama igamije kureba uburyo bakwihuza bagashyiraho uburyo bumwe bwo kuyobora ibitero byabo.

Umwe mu bayobozi bakomeye bari barahunze witwa Oyay Deng Ajak, yagize ati “Dutekereza ko niba dufite umugambi umwe wo gukuraho iriya guverinoma, dukeneye guhuriza imbaraga zacu hamwe, tukanavuga ururimi rumwe”.

Ajak yavuze ko kimwe mu bintu bisigaye bikigoranye harimo no gushyiraho umuyobozi ubahagarariye.

Perezida Kiir aherutse kwirukana Umugaba mukuru w’ingabo, Paul Melong, bitera ubwoba ko mu gisirikare hashobora kuvuka umwiryane.

Umuvugizi wa Kiir, Ateny Wek Ateny, yabwiye Ibiro ntaramakuru by’Abongereza ko guverinoma idakeneye kugirana ibiganiro n’umuntu n’umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019
FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi
Amakuru

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”
HIRYA NO HINO

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru