• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Ubwanditsi 30 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu muryango ufite abana 3 bato (imyaka 9,6,3) usanzwe ukorera ibikorwa by’ubucuruzi mu myaka 7 ishize ahitwa Musajjalumba muri Kampala,  washimuswe n’abakozi b’Umutwe wa gisirikare ushinzwe ubutasi muri Uganda [ CMI ] kuri uyu wa mbere tariki 28 Mutarama. Uyu muryango washimuswe ni uw ‘ abanyarwanda barimo umugabo n’umugore, umubyeyi w’umugore n’umugabo we hamwe n’abana babo batatu batoya, uw’imyaka 9, 6, na 3.

Kayobera Darius n’umugore we Uwineza Claudine bafashwe mu gicuku mu gihe bari aho bakorera ubucuruzi bwabo ku muhanda wa Musajjalumba Road i Kampala.

Darius Kayobera .

Amakuru  ava muri Uganda, avuga ko Kayobera yahoze akorera umurimo w’ubucuruzi muri iki gihugu cy’igituranyi mu myaka irindwi ishize, akaba anafite inzu z’ubucuruzi zikorerwamo ubwogoshi (saloons) ahitwa Rubaga.

Kugeza ubu kandi muri Uganda hamaze gutabwa muri yombi abanyarwanda benshi mu buryo butemewe n’amategeko.

Urutonde rw’Abanyarwanda  bamaze gushimutirwa muri Uganda

Ingero zirenga cumu n’ebyiri zimaze kuvugwa mu nkuru zitandukanye mu myaka nk’ibiri ishize aho CMI n’igipolisi cya Uganda benderezaga bidasubirwaho umunyarwanda utambuka mu muhanda ndetse n’utuye muri Uganda.

Nk’uko bimaze kuba urwitwazo akenshi, amakuru atugeraho avuga ko uyu mutwe  wa CMI mu gufata abanyarwanda muri iki gihugu cy’u Bugande, ukunze gushyira imbere urwitwazo ko ngo aba banyarwanda ari intasi/maneko z’u Rwanda.

Uyu mutwe kuva mu myaka mike ishize wagerageje kenshi gutoteza no kwibasira  Abanyarwanda,  ufata ugafunga, bagakorerwa iyica rubozo kugeza n’ubu abafashwe bose bafunzwe muburyo bunyuranije n’amategeko, abandi bafungiye ahantu hatazwi.

Claudene Uwineza .

Akenshi bafatwa bahatirwa kwinjira mu modoka nta nteguza nta no kubaza impamvu.

Mu masura apfutse (masked), aba bagizi ba nabi kandi bakora ibi bajugunya abanyarwanda ku ngufu mu modoka nk’aho atari ibiremwa muntu bakabatunga imbunda babatera ubwoba, izi nzirakarengaze zikazengurukanwa umujyi mbere y’uko zijyanwa mu nzu z’imbohe. Aba banyarwanda bahererekanywa n’izi ntasi bakajugungwa mu tuzu tw’imbohe bita ‘safe houses’ cyangwa bakajyanwa ahandi hantu hagenewe gukorera abantu iyicarubozo.

2019-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Ubwanditsi 24 May 2020
Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 30, 20196:10 pm -

    ARIKO NIBA NTACYINDI
    MUSHOBORA GUKORA
    MWABWIYE ABANYARWANDA
    BARI UGANDA BAKAVAYO
    GUHORA MUVUGA ABASHIMUSWE
    NTACYO MUBAMARIRA
    BIMAZIKI
    MUMEZE KIMWE NA BYABINYAMAKURU
    BYA OPPOSITION BYIRIRWA
    BIVUGA ABARIGISHIJWE
    NABABUSE IRENGERO
    MURWANDA
    KABAREBE YARABABWIYE
    NGO. BAREKE KUJYA GUHUNAHUNA
    URUGERO. IMBWA IYO IGIYE
    GUHUNAHUNA KUMUTURANYI
    IRAKUBITWA MWE RERO MURABAGABO MUREKE KUJYA
    GUHUNAHUNA NKUKO
    KABAREBE YABIVUZE

    Subiza
    • Sunday
      January 31, 20196:18 am -

      Kabarebe yise abanyarwanda bose imbwa doreko imbwa arizo zihunahuna. Abashimutwa ni abicyanyi bakagome doreko abanyarwanda bahoze Muri Uganda before 1910.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo
Mu Rwanda

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru