• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Ubwanditsi 30 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu muryango ufite abana 3 bato (imyaka 9,6,3) usanzwe ukorera ibikorwa by’ubucuruzi mu myaka 7 ishize ahitwa Musajjalumba muri Kampala,  washimuswe n’abakozi b’Umutwe wa gisirikare ushinzwe ubutasi muri Uganda [ CMI ] kuri uyu wa mbere tariki 28 Mutarama. Uyu muryango washimuswe ni uw ‘ abanyarwanda barimo umugabo n’umugore, umubyeyi w’umugore n’umugabo we hamwe n’abana babo batatu batoya, uw’imyaka 9, 6, na 3.

Kayobera Darius n’umugore we Uwineza Claudine bafashwe mu gicuku mu gihe bari aho bakorera ubucuruzi bwabo ku muhanda wa Musajjalumba Road i Kampala.

Darius Kayobera .

Amakuru  ava muri Uganda, avuga ko Kayobera yahoze akorera umurimo w’ubucuruzi muri iki gihugu cy’igituranyi mu myaka irindwi ishize, akaba anafite inzu z’ubucuruzi zikorerwamo ubwogoshi (saloons) ahitwa Rubaga.

Kugeza ubu kandi muri Uganda hamaze gutabwa muri yombi abanyarwanda benshi mu buryo butemewe n’amategeko.

Urutonde rw’Abanyarwanda  bamaze gushimutirwa muri Uganda

Ingero zirenga cumu n’ebyiri zimaze kuvugwa mu nkuru zitandukanye mu myaka nk’ibiri ishize aho CMI n’igipolisi cya Uganda benderezaga bidasubirwaho umunyarwanda utambuka mu muhanda ndetse n’utuye muri Uganda.

Nk’uko bimaze kuba urwitwazo akenshi, amakuru atugeraho avuga ko uyu mutwe  wa CMI mu gufata abanyarwanda muri iki gihugu cy’u Bugande, ukunze gushyira imbere urwitwazo ko ngo aba banyarwanda ari intasi/maneko z’u Rwanda.

Uyu mutwe kuva mu myaka mike ishize wagerageje kenshi gutoteza no kwibasira  Abanyarwanda,  ufata ugafunga, bagakorerwa iyica rubozo kugeza n’ubu abafashwe bose bafunzwe muburyo bunyuranije n’amategeko, abandi bafungiye ahantu hatazwi.

Claudene Uwineza .

Akenshi bafatwa bahatirwa kwinjira mu modoka nta nteguza nta no kubaza impamvu.

Mu masura apfutse (masked), aba bagizi ba nabi kandi bakora ibi bajugunya abanyarwanda ku ngufu mu modoka nk’aho atari ibiremwa muntu bakabatunga imbunda babatera ubwoba, izi nzirakarengaze zikazengurukanwa umujyi mbere y’uko zijyanwa mu nzu z’imbohe. Aba banyarwanda bahererekanywa n’izi ntasi bakajugungwa mu tuzu tw’imbohe bita ‘safe houses’ cyangwa bakajyanwa ahandi hantu hagenewe gukorera abantu iyicarubozo.

2019-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026
Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2025
DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Oct 2019

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 30, 20196:10 pm -

    ARIKO NIBA NTACYINDI
    MUSHOBORA GUKORA
    MWABWIYE ABANYARWANDA
    BARI UGANDA BAKAVAYO
    GUHORA MUVUGA ABASHIMUSWE
    NTACYO MUBAMARIRA
    BIMAZIKI
    MUMEZE KIMWE NA BYABINYAMAKURU
    BYA OPPOSITION BYIRIRWA
    BIVUGA ABARIGISHIJWE
    NABABUSE IRENGERO
    MURWANDA
    KABAREBE YARABABWIYE
    NGO. BAREKE KUJYA GUHUNAHUNA
    URUGERO. IMBWA IYO IGIYE
    GUHUNAHUNA KUMUTURANYI
    IRAKUBITWA MWE RERO MURABAGABO MUREKE KUJYA
    GUHUNAHUNA NKUKO
    KABAREBE YABIVUZE

    Subiza
    • Sunday
      January 31, 20196:18 am -

      Kabarebe yise abanyarwanda bose imbwa doreko imbwa arizo zihunahuna. Abashimutwa ni abicyanyi bakagome doreko abanyarwanda bahoze Muri Uganda before 1910.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi
Amakuru

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0
Amakuru

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo
INKURU NYAMUKURU

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Ubwanditsi 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru