• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya.net aturuka ahantu hizewe, aravuga ko nyuma y’aho Perezida Museveni akubukiye murugendo rw’ibanga mu gihugu cy’Ubufaransa ,aya makuru atigeze ajya ahagaragara mu binyamakuru bya Uganda kugeza ubu.

Nyuma y’uru ruzinduko biravugwa ko Kijuru muri District ya Kibaale mu burengerazuba bwa Uganda, haba hari imyitozo y’abashaka gutera u Rwanda, ikorwa n’Ingabo z’ubufaransa. Iyi myitozo kandi biravugwa ko Leta ya Uganda yaba iyizi ariko ntigire icyo ibikoraho.

Ibi bibaye nyuma y’inama ya RNC-igice cya Kayumba Nyamwasa yabereye I Charleroi mu Bubiligi ariyo yavuyemo ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu Rwanda aho abantu bataramenyekana babyutse saa kumi nimwe bari kuri moto banyanyagiza za tract i Nyamirambo tapi-rouge, Kimisagara na Nyabugogo.

Hakurikiyeho indi nama yabereye I Dallas muri Amerika yakusanyirijwemo amafaranga yoguhemba bene abo bagizi banabi biganje mu bamotari batwara abagenzi haba mu Rwanda no muri Uganda. Iyi nama yari iyobowe n’umuteruzi w’ibibindi kwa Kayumba, Condo Gervais usanzwe uba Washington yarimo n’abarundi , Condo ufite Ingengabitekerezo ya CDR, akaba ari mubirirwa biruka bashakisha inkunga hirya no hino afatanyije n’umukiga witwa na Dr.Hakizimana Emmanuel umunyamabanga mukuru wa RNC.

Iyi nama yacuriwemo imigambi yo gukomeza gushaka bamwe mu rubyiruko bagahabwa iyi myitozo ibera mu mashyamba ya Uganda igamije guhungabanya umutekano mu Rwanda no gukoresha amafaranga menshi mu baturage biciye mu mashyirahamwe.

Iyi myitozo y’urubyiruko n’ igamije guhungabanya cyane cyane umutekano mu matora y’umukuru w’Igihugu ateganijwe mu Rwanda muri Kanama uyu mwaka.

-5603.jpg

Kayumba Nyamwasa RNC- ISHAJE

Bamwe muri uru rubyiruko bagiye bitabira iyi myitozo ya RNC-Kayumba ,ruturuka mu nkambi z’impunzi z’abanyarwanda muri Uganda, bagiye bahunga bava muri Kayonza, Nyagatare, Karangazi na Matimba, bavugako bahunze inzara” NZARAMBA” kandi ari amayeri, nyuma bagahura n’abayobozi babohereza ahitwa Kijuru muri District ya Kibaale mu burengerazuba bwa Uganda, mu nkambi ahasanzwe hakusanyirizwa uru rubyiruko rujyanwa mu myitozo.

-5602.jpg

Dr. Emmanuel Hakizimana umunyamabanga mukuru wa RNC-ISHAJE

-5764.jpg

Kayumba Nyamwasa na Museveni baba barasubiranye nyuma yaho bahujwe na Rujugiro

Ngiyo impamvu nyamukuru n’ intandaro y’amarenga, agamije gutera inkunga iyo mitwe y’abagizi banabi, aricyo gitumye umuherwe w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro Ayabatwa, agiye gushora imari mu bijyanye no guteza imbere ubuhinzi bw’itabi ahitwa Arua mu majyaruguru y’igihugu ya Uganda, aho ateganya gushora akayabo ka miliyoni 20 z’amadolari. Aya makuru akaba avuga ko Rujugiro ariwe waba warahuje Kayumba na Museveni mu Bufaransa, ariko kugeza ubu bikaba bikiri ibanga rikomeye.

-5765.jpg

Umunyemari Rujugiro Tribert

Uyu mushinga wa Rujugiro, muri Uganda ugizwe n’igice kimwe cya miliyoni 8 z’Amadolari azakoreshwa mu gushinga uruganda, miliyoni 10$ zijye muri gahunda zagenewe abahinzi, naho izindi miliyoni 2$ zishyirwe mu buhinzi bw’ibihingwa ngandurarugo no gufasha abaturage gukoresha neza no kubungabunga amashyamba ngo azabagirire akamaro.

Rujugiro yatangaje ko uruganda rwa MTC ruzakoresha ku ikubitiro abakozi 352 ndetse rugaha ubushobozi abahinzi bato 15,000 bazajya bagemurira uruganda. Abandi bakozi bagera ku 1,600 n’abakora utuzi duto nko gutwara ibintu bakazajya bongerwamo mu isizeni. Muri aba abiganjemo abajya gutata Leta y’u Rwanda.
Cyiza D.

2017-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Ubwanditsi 18 Oct 2024
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ubwanditsi 05 Apr 2017
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu  ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23
Amakuru

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Ubwanditsi 14 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru