• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017 ITOHOZA

Guverinoma y’u Rwanda yateye utwatsi amakuru ari mu gihugu cya Uganda avuga ko u Rwanda rwaba rushaka gufasha umukuru w’igipolisi cya Uganda kuzasimbura perezida Museveni igihe azaba avuye ku butegetsi.

“Nta business dufitanye na Gen Kale”, uyu ni Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Major Gen. (Rtd) Frank Mugambage.

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko abarwanya Kayihura ari bo bazana ibyo bihuha kandi ngo ni ikintu cyo kurebwa.

Ibi Ambasaderi Mugambage yabitangaje kuri iki Cyumweru mu kiganiro cyihariye yagiranye na Chimpreports, dukesha iyi nkuru, imusanze aho atuye muri Kololo, mu nkengero za Kampala. Ambasaderi Mugambage akaba yasubizaga ibibazo byinshi bikomeje kugaragara mu itangazamakuru no mu zindi nzego za Uganda.

Yagize ati: “Ikibazo cyo kuba u Rwanda rushyigikiye rwihishwa Kayihura ntacyo kiri cyo usibye ibihimbano”.

Ni nyuma y’uko hari amakuru amaze iminsi ahwihwiswa avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yaba iri gukorana bya hafi na Kayihura hagamijwe gutuma azafata ubutegetsi igihe Museveni azaba agiye mu kiruhuko.

Abahuza imikoranire ya Gen Kale Kayihura na guverinoma y’u Rwanda bavuga ko yagiye akorana n’igipolisi cy’u Rwanda muri gahunda zo gutoza abapolisi no kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka. Bavuga kandi ko ubwumvikane bucye bumaze iminsi buranga Gen. Kayihura na Lt Gen. Henry Tumukunde, bwatewe nuko uyu wa nyuma ngo azi iby’uyu mubano wa hafi wa Kayihura na Leta y’u Rwanda.

-8187.jpg

Lt Gen. Tumukunde

Uyu Lt Gen. Tumukunde ngo akaba yarayoboye urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda igihe umubano w’ibihugu byombi utari wifashe neza. Nyamara ariko, ngo ku mbaraga z’uwari ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Richard Kabonero ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, ngo umubano waje gusubira mu buryo byuzuye.

-8185.jpg

Gen Kale Kayihura

Nyamara ariko, ngo ibihuha bihari muri iki gihe na raporo z’inzego z’ubutasi bigaragaza ko ibi bihugu by’ibivandimwe bishobora kongera kwisanga mu ntambara y’ubutita.

Kuri iki kibazo cy’umubano wa Gen Kayihura na leta y’u Rwanda, Ambasaderi Mugambage avuga ko abashaka guhimba ibinyoma kubera ibibazo bafitanye na Kayihura, bashobora kuvuga icyo bashatse cyose.

Amb. Mugambage ati: “Gahunda y’u Rwanda ni iy’iterambere kandi ruzakomeza gukorana n’abaturanyi mu kugera ku ntego rusange mu bijyanye n’umutekano n’iterambere ry’ibikorwaremezo.”

Ku kibazo cyo kuba u Rwanda rwaba rufite inyungu mu kugena uzasimbura Museveni ku mpamvu z’umutekano wa politiki mu Rwanda, Mugambage yasubije ko ari ibinyoma, abaza impamvu u Rwanda rwagira ikibazo ku muntu wayobora Uganda. Ati:“Ni ibibazo bya Uganda”.

Yakomeje agira ati: “U Rwanda rufite byinshi byo gukora. Ibi byose tubibona gusa mu itangazamakuru. Nta kintu nk’icyo gihari.”

Ambasaderi Mugambage yanagarutse ku Munyarwanda, Rene Rutagungira washimutiwe muri Uganda muri Kanama uyu mwaka, n’abantu batatu bari bafite imbunda bamusanze mu kabari kitwa Bahamas Bar gaherereye muri Old Kampala, asobanura ko na n’ubu hataramenyekana aho aherereye nubwo abo mu muryango we bo bakomeje kwemeza ko afungiye ku cyicaro cy’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI) ahitwa Mbuya.

-8188.jpg

Amashusho ya camera yafatiwe mu kabari Sgt (Rtd) Rene Rutagungira yashimutiwemo mu gihugu cya Uganda

Abayobozi mu gisirikare cya Uganda batangaje ko Rutagungira yari arimo arakorwaho iperereza ku kugira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano wa Uganda, ariko bakavuga ko nabo batazi aho aherereye.

Ambasaderi Mugambage avuga ko iki kibazo cyagejejwe ku nzego kireba, aho avuga ko ambasade yandikiye minisiteri y’ububanyi n’amahanga ndetse bakaba barabajije izindi nzego nk’igipolisi n’inzego z’ubutasi ariko nta n’umwe wemera ko afite Rutagungira.

-8186.jpg

Ambasaderi Mugambage

Source : Chimpreports

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya  Imana ikinga akaboko

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite
ITOHOZA

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside
POLITIKI

Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside

Ubwanditsi 24 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru