• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018 ITOHOZA

Ku ruhande rwa Leta y’Ubufaransa uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kugeza ubu rugarukira “ku makosa mu gufata imyanzuro” kubwa Perezida Nicolas Sarkozy. Aya mateka mabi aracyakomeza kuba urukuta mu mubano w’u Rwanda na France. Mu ijambo rya Perezida Macron ku Nteko rusange irangiye ya UN, mu buryo buziguye yagaragaje ko ashaka impinduka ku mateka n’ejo hazaza mu bufatanye n’imibanire y’ibihugu…

Hari ibitaranoga neza ariko kugeza ubu; uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Bamwe ku ruhande rw’Ubufaransa bahakana uruhare rwa Leta yabo muri iyi Jenoside, uruhande rw’u Rwanda rwo ntirushidikanya uru ruhare mu gutegura, gutera inkunga no gukora Jenoside, kuyihakana no guhishiira abayikoze.

Amiral Jacques Lanxade wari umugaba mukuru w’ingabo z’Ubufaransa mu gihe cya Jenoside mu Rwanda, mu kwezi kwa gatanu we yavuze ko igisirikare cy’Ubufaransa “ntacyo kishinja”.

Kuwa kabiri, mu ijambo ritsindagira cyane ingingo ze mu Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye Perezida Emmanuel Macron yakomeje kuri ibi mu buryo rusange kandi buziguye.

Ati “Ntimuzibagirwe na rimwe ko za Jenoside zitumye muri hano uyu munsi zabayeho kubera za ‘discours’ dukomeje kwimenyereza, zabayeho kubera ibikorwa bidashinga dushimagiza, kubera ko dukomeje kubaho no kubana nk’amahanga nk’aho ntacyabaye, kubera gutinya, kubera uruhare muri byo…

Hoya… njyewe simbitinye…. kuko mva mu gihugu cyazanye amasezerano atumye turi hano, kuko mva mu gihugu kihagazeho ariko cyakoze amakosa menshi, ibintu bibi byinshi…none rero ndagira ngo ntidukomeze kwemera ubwo bufatanye mu kugambanira amateka.”

Macron yasabye ubufatanye bw’isi mu gukemura akaga isi ifite, ngo ariko bakabikora nk’abantu nyabantu, bashingiye ku byo bifuza, ku mateka yabo.

Mu byo yavugiye muri UN i New York harimo amagambo agarukwaho kenshi mu kibazo cy’Ubufaransa n’u Rwanda, Jenoside, uruhare, amakosa, ibibi…

Ubushake bwa Perezida Macron mu gukemura ikibazo hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa, ubu butanagira ambasaderi i Kigali, ntibushidikanywaho.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron muri Gicurasi

Icyo gihe, mu kiganiro n’abanyamakuru yavuze ko imishinga itanga umusaruro ufatika ari yo ishobora gushingirwaho umubano w’ibihugu byombi ukongera gukomera.

Ariko ko atakwirengagiza ko ibibazo byabaye hagati y’ibihugu byombi bitakemurwa n’itangazo ry’umunsi umwe ahubwo ubufatanye mu kubaka ejo hazaza.

Nyuma y’uruhare Leta y’iki gihugu ishinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta y’u Rwanda inenga iy’Ubufaransa guhishira abantu benshi bashinjwa uruhare muri Jenoside babayo.

Alain na Dafroza Gauthier mu muhate wabo, bakora umurimo wo gukurikirana aba bantu bashinjwa Jenoside bari mu Bufaransa n’Iburayi.

Aba bashingiye ku kuba, tariki 13 uku kwezi, Perezida Macron yaremeye ko Leta yagize uruhare mu kubura (urupfu) k’umufaransa Maurice Audin wari umwarimu w’imibare muri Algeria ariko adashyigikiye igihugu cye mu bukoroni cyakoreraga Algeria, nabo babona hari ikizere…

Alain Gauthier yabwiye Le Monde ati “nizera ko mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi {muri Mata 2019) Perezida Macron azemeza uruhare nyarwo rw’Ubufaransa. Bitari gusaba imbabazi gusa ahubwo no kwemera ko guverinoma y’Ubufaransa yahisemo uruhande rubi; urw’abakoze Jenoside.”

2018-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye  amazi atarerenga inkombe

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Ubwanditsi 10 Jul 2017

2 Ibitekerezo

  1. Ruti
    September 30, 20189:01 am -

    Ariko se kuki igihugu cyacu kirwanira kuyobora OIF kandi ntagifaransa tugira iwacu ? Ndabona nuyu wanditse iyi nkuru atarumvise ijambo Macron yavuze muri Onu.Umunyamakuru bigaragara ko yumvisemo bike cyane kandi nabyo akabyumva nabi.Macron yabaye nkushubije Trump amubwirako kwita ku nyungu za Amerika atitaye kuz ibindi bihugu ari ibintu bishobora gutuma abatuye isi bahangana aho gufashanya…ibyo bikaba byateza intambara maze yibutsa Trump ko Onu yashinzwe biturutse ku bibazo bisa nkibyo ashaka guteza.Ibi rero biratangaje kubona umunyamakuru yumva ko iyo bavuze genocide baba bavuze u Rwanda.Ese Genocide=Rwanda ? Cg Rwanda=genocide ? Igisubizo ni OYA.URwanda rufite ibindi byiza rwamenyekaniraho bitari genocide.

    Subiza
  2. Ruzira
    September 30, 20189:09 am -

    Nanjye ndabona uwanditse iyi nkuru iyo aba yarumvise speech ya Trump n iya Macron byari kumworohera kumva ko Macron yasubizaga Trump amwibutsako kubangamira inyungu z ibindi bihugu agamije gushyira inyungu za Amerika imbere bishobora guteza imidugararo isa n iyatumye UN ishingwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo
Mu Rwanda

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Ubwanditsi 05 May 2017
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021
APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti
Amakuru

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

Ubwanditsi 01 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru