• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Ubwanditsi 26 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ibirego bikomeje kwisukiranya mu bucamanza bwo mu Bubiligi, bishinja General Christian Ndaywell utegeka Urwego rw’Iperereza rya Gisirikari muri Kongo ( DEMIAP) gutoteza inzirakarengane, cyane cyane Abatutsi, abashinja gukorana n’abo yita”umwanzi “.

Impamvu ibi birego bitangwa mu Bubiligi, ni uko General Christian Ndaywell ari Umubiligi, kuko yabonye ubwo bwenegihugu kuva mu mwaka wa 2005. Mu by’ukuri rero Gen Ndaywell ategeka DEMIAP mu buryo bunyuranyije n’itegekonshinga rya Kongo, ritemerera abategetsi b’inzego zikomeye kubangikanya ubwenegihugu bwa Kongo n’ubw’ibindi bihugu.

Ibyo kwica itegekonshinga byo ariko ntibikiri ikibazo muri Kongo, kuko mu bushorishori bw’ubutegetsi bwa Tshisekedi huzuyemo abantu nka Gen Ndaywell, ahubwo ugasanga ari bo bashinja ubunyamahanga abandi Banyekongo, cyane cyane abavuga ikinyarwanda.

Twigarukire ku bugizi bwa nabi bwa Christian Ndaywell, wica agakiza uwo ashaka.

Ku itariki 18 z’uku kwezi k’Ugushyingo 2024, Impuzamiryango iharanira inyungu z’Abanyamulenge, Abahema n’Abatutsi bo muri Kivu y’Amajyaruguru, washyikirije ubushinjacyaha bw’i Buruseli ikirego gishinja Gen Christian Ndaywell kwica Major Thomas Ndizeye, waguye muri gereza nkuru ya Ndolo, mu murwa mukuru Kinshasa, hari tariki 14/05/2024.

Tariki 13/07/2024, ni ukuvuga nyuma y’amezi abiri apfuye, nibwo umuryango wa Maj Ndizeye washyikirijwe umurambo we, ngo ukaba wari ukinagaragaraho ibimenyetso ko nyakwigendera yishwe urw’agashinyaguro.

Mbere yo gutabwa muri yombi no koherezwa i Kinshasa, Maj Thomas Ndizeye yakoreraga mu mujyi wa Goma, ariko kuba yari Umututsi bigatuma ahozwa ku nkeke, aregwa kuba “icyitso cy’uRwanda na M23”.

Abatangabuhamya barimo n’abahoze ari abakozi ba DEMIAP ndetse n’abafunganywe na Maj. Ndizeye, bavuga ko yamaze igihe akorerwa ubugome bukabije, nko gukubitwa cyane, kwicishwa inzara n’inyota, gufungirwa ahatagera urumuri, ndetse yimwa n’imiti y’uburwayi bw’umutima, kugeza ashizemo umwuka.

Iki kirego kije gisanga ibindi bitatu bisaba ubutabera bw’Ububiligi gukurikirana Gen. Ndaywell, birimo n’urupfu rwa Chérubin Okenge, utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, we akaba yarishwe kuwa 13/07/2023.

Impuzamiryango iharanira inyungu z’Abanyamulenge, Abahema n’Abatutsi bo muri Kivu y’Amajyaruguru isaba amahanga guhaguruka akamagana ihohoterwa bakorerwa, bashinjwa kuba abayoboke b’imitwe ya M23 na Twirwaneho.

Ibi birashimangira kandi ibivugwa n’ Umujyanama Wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ushinzwe Kurwanya Jenoside, Madamu Alice Mwairimu Nderitu, kuva muw’2022, utarahwemye guteza ubwega, agaragaza ko ubugome abo bantu bakorerwa bwerekeza kuri jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Hagati aho kandi imvugo z’abategetsi ba Kongo zibiba urwango nazo zirarushaho gufata indi ntera. Urugero ruheruka ni urwa Minisitiri w’Ubutabera, Christian Mutamba, ku cyumweru gishize akaba yarasabye abafungiye muri gereza ya Munzenze i Goma, gutunga agatoki “ibyitso by’uRwanda” bikicwa.

Abazi neza ibya politiki y’amacakubiri muri aka karere, cyane cyane bashingiye ku byabaye mu Rwanda, barahamya ko Minisitiri Mutamba yabaye nk’utanga uburenganzira ngo abicanyi birare mu Batutsi, babashinja “gukorana n’mwanzi”.

2024-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye

Ubwanditsi 18 May 2019
Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa
Amakuru

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 11 Jun 2025
U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20
IMIKINO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru