• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Ubwanditsi 11 Sep 2016 ITOHOZA

Umunyemari Tribert Ayabatwa Rujugiro, akomeje kugundagurana na Leta y’u Rwanda bapfa imitungo yahuguje abacuruzi b’ abanyarwanda batahutse bava i Burundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Nzeri 2016, Urugereko rwa mbere rw’Urukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba rukorera Arusha muri Tanzania, rwatangiye kumva ibirego by’uyu munyemari uvuga ko Leta y’u Rwanda yafatiriye imitungo ye mu buryo butemewe n’amategeko.

Uko ikibazo giteye

Nyuma gato ya 1994, abacuruzi b’abanyarwanda batahutse bava i Burundi bishyize hamwe mukiswe UTC, basaba ikibanza umujyi wa Kigali, icyo kibanza cyahoze ari icya Minisiteri y’umubuzima ( Minisante ) giherereye ruguru gato ya Rond Point yo mu mujyi, kikaba cyarimo utuzu duciriritse twakorerwagamo n’abakozi ba Minisante bashinzwe impapuro z’ububiko.

-4005.jpg

UTC

Rujugiro, nkumwe mu bacuruzi bakomeye bavuye i Burundi wari no mubavuga rikijyana, akaba numwe mubari bagize NEC ya RPF,niwe wari ukuriye uwo mushinga wari ugamije kubaka inzu y’ubucuruzi y’abanyarwanda bavuye i burundi.

Icyo kibanza baje kugihabwa bakora umushinga habaho no gukusanya imigabane, uwaduhaye aya makuru avuga ko umugabane umwe wanganaga na 2.000.000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ayo mafaranga amaze kuboneka no kujya kuri compte ya UTC, habayeho amanama menshi agamije kunonosora uwo mushinga.

Nyuma abo banyamigabane baje guterwa ubwoba, babwirwa na Rujugiro ko bafite 80%, ko 20% asigaye ari uyu mushoramari atifuza kubabwira uwo ariwe « ngo ntiba mubaze uwariwe kuko ari ibanga », ibyo byaje gutera urwikekwe mu bacuruzi b’i Burundi bari bamaze gutanga amafaranga yabo ndetse bamwe batangira no gusaba ko basubizwa imigabane yabo bakigendera.

-4006.jpg

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Uko basabaga imigabane yabo niko Rujugiro, yarushagaho kubatera ubwoba cyane, ababwira ko badakunzwe muri FPR, ndetse atangira no gusiza ikibanza, atababwiye , uko bakomezaga kumubaza uko ibintu bimeze niko yarushagaho kubatera ubwoba.

Umwe muri abo bacuruzi waduhaye aya makuru avuga ko bageze aho bakuramo akabo karenge, ngo hari bamwe Rujugiro yasubije imigabane yabo, abandi baviramo aho nanubu baracyaririra mu myotsi.

Uretse iyi nyubako y’ubucuruzi Rujugiro yahuguje bagenzi be, avuga ko ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amadolari, ni ukuvuga asaga 16.000.000.000 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda, Rujugiro ashaka ko yanasubizwa indi mitungo irimo inyubako iri i Gikondo mu karere ka Kicukiro nayo yagiye abona muri bene ayo manya, amwe muri ayo mazu n’ibibanza akaba yarasize abigurishije.

Ndetse n’imigabane ye iri mu ruganda rw’icyayi ruri mu Majyepfo y’igihugu bivugwa ko nayo ifite bene ibyo bibazo.

Amakuru ariko ava muri Tanzania – Arusha avuga ko Urukiko rugomba kubanza rukongera gusuzuma niba ikirego gifite ishingiro hatitawe ku myanzuro n’ibindi byakozwe n’urukiko rwari rwabanje gukurikirana iki kibazo nk’uko byemejwe na Me Aloys Mutabingwa, umunyamategeko wo mu mujyi wa Kigali akaba yaranahoze ari umunyamabanga wungirije w’urukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba.

-4008.jpg

Me Aloys Mutabingwa

Ikinyamakuru The East African kivuga ko hari itsinda ry’abanyamategeko bahagarariye Leta y’u Rwanda muri uru rubanza nk’uko byemezwa na Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta y’u Rwanda.

-4007.jpg

Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutabera

Busingye kandi avuga ko ibyo Leta y’u Rwanda yakoze byari bikwiye kandi bikurikije amategeko, kuko byakozwe mu rwego rwo gucunga neza iyi mitungo ngo itangirika.
Avuga ko Komisiyo ibishinzwe irimo gucunga iyi mitungo, n’ubwo Rujugiro we avuga ko imitungo ye yafatiriwe na Leta mu buryo budakurikije amategeko.

Rujugiro wagiye ashinjwa ibyaha birimo umugambi wo guhungabanya umudendezo w’igihugu ndetse akaza guhungira muri Afurika y’Epfo.

Umwanditsi wacu

2016-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Umudiho uva mu itako

Umudiho uva mu itako

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech
Amakuru

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo
Amakuru

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026
Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda
Mu Rwanda

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru