• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Ubwanditsi 23 Dec 2016 Mu Rwanda

Nyuma yo gutanga ku Mwami Kigeli Ndahindurwa V hari abantu batangiye kuvuga ko yaba yarabyaye umwana w’umuhungu akamusiga mu gihugu cya Uganda ubwo yahungiraga muri Amerika.

Hari nabatangiye gucyeka ko Gen.Mugisha Muntu wahoze ari umusirikare ukomeye muri Uganda wari ufite ipeti rya General akaza kukivamo ubu akaba ari we Perezida w’Ishyaka FDC rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ikinyamakuru Umusingi kivuga ko kimaze kumva hari abavuga ko umuhungu Umwami yasize abyaye ndetse havugwa Gen.Mugisha Muntu cyakoze iperereza ryacyo maze gisanga harimo amayobera kuko ise wa Gen.Mugisha umubyara yitwa Enock Ruzima Muntuyera ,nyina akaba yitwa Aida Matama Muntuyera bakaba bakomoka ahitwa Ntungamo muri Ankole mu gihugu cya Uganda.

Gusa hari byinshi bisa n’ukuri muri iyi nkuru kuko amazina ya se na nyina harimo amanyarwanda kandi bivugwa ko akomoka muri Ankole.

Amakuru yizewe avuga ko Ise wa Gen.Mugisha Muntu yari umuntu ukomeye muri Leta ya Uganda ndetse akaba yari inshuti magara n’uwahoze ari Perezida wa Uganda Idi Amin Dada kandi ayo makuru akavuga ko Umwami Kigeli V yari inshuti magara ya Obote ndetse ko yari yaramushinze ibijyanye na Buruse (Schoolardhip)z’abanyarwanda babaga muri Uganda.

Umwami Kigeli Ndahindurwa V yahungiye muri Uganda hategeka Obote ariko mu 1971 Idi Amin nibwo yagiye kubutegetsi atangira gukorana n’Umwami Kigeli byahafi cyane.

Amakuru avuga ko Idi Amin impamvu yakundaga Umwami Kigeli V ari uko yashakaga ko Umwami azamushyingira umunyarwandakazi kuko Idi Amin yakundaga abakobwa babanyarwanda, ibi bigatuma amakuru ya Gen.Mugisha Muntu ashobora kuba ari ukuri.

Ikindi gishobora kwemeza aya amakuru ko ariyo ni uko muri Ankole ariho habaga inkambi z’impunzi z’abanyarwanda za Nyakivara kandi Umwami yarakundaga kuhaza cyane birashoboka kuba yarabyaranye na Matama.

Aho bitandukaniye naya makuru na none ni uko Umwami Kigeli yahunze muri 1961 kandi Gen.Mugisha Muntu yaravuze mu 1958 bivuze ko yavutse mbere ho imyaka 3 Umwami Kigeli V ahunga.

Gen.Mugisha Muntu akaba yarigiye mu mashuri atandukanye aho yatangiriye muri Mbarara Junior School, Kitunga Primary School na Kitunga High School. (Kitunga High School nyuma yaje guhindurirwa izina na Idi Amin ryitwa Muntuyera mu rwego rwo kujya ryibukirwaho Ise wa Gen.Mugisha Muntu,wumve ko atari yoroshye nkuko ubikeka.

Ese niyihe mpamvu yatumye ishuri rihindurwa izina rikitwa izina rya Se wa Gen.Mugisha Muntu?.

Mugisha Muntu yaje gukomereza amashuri ye muri kaminuza ya Makerere aho yize ibya Science politike ndetse akaba ariwe wari ukuriye abanyeshuri ba kaminuza ya Makerere.

Gen.Mugisha Muntu umunsi arangiza ikizamini cyanyuma muri Kaminuza niwo munsi yinjiye mu gisirikare cya NRM yanga kujya mu cya Amin wa mufataga nk’umuhungu we ahitamo gusanga Museveni binjira ishyamba ryo gukuraho Obote.

Gen.Mugisha nkuko izina rye agira imigisha kuko yaje kuraswa mu gituza ubwo bari mu Ishyamba ariko ntiyapfa aza kuvurizwa Kampala arakira.

Amaze gukira yasubiye kurugamba ararwana intambara irangiye mu 1986 yagizwe ukuriye iperereza.

Nyuma yaje kujya guhugurwa mu bya gisirikare mu gihugu cy’uBurusiya (Russai) igihugu kizwiho kugira abasirikare bazi kurwana intambara zose ndetse no gukora imbunda zikomeye cyane.

Avuye kwiga mu Burusiya yagizwe Komanda w’igisirikare mu majyaruguru ya Uganda kuko hahoragayo imirwano ikomeye yinyeshyamba.

Gen.Mugisha Muntu yakuzwaga cyane mu gisirikare ku buryo abandi basirikare bagenzi byateye kwibaza impamvu akomeza guhabwa amapeti kubarusha.

Nyuma yaje kuba umugaba mukuru w’ingabo za UPDF ndetse indorerezi zikaba zaravuze ko Gen.Mugisha Muntu ari umuntu utarya ruswa kandi akaba ari umusirikare wizerwa cyane kandi akaba akizerwa cyane na Perezida aribyo byamufashije kugera ku ipeti rya General.

Gen.Mugisha Muntu yaje guteza ikibazo mu gisirikare aho abasirikare bakuru batize atabaha icyubahiro cyabo kubera ko batize ahubwo agashyigikira abize bituma abarimo Gen.Kazini bamurwanya bityo birangira igisirikare akivuyemo atangira kurwanya Perezida Museveni.

Guhera cyera abantu bajyaga bavuga ko hari umusirikare w’umunyarwanda wanze gutaha nk’abandi mu kubohoza igihugu bamwe bakavuga Gen Muntu ariko impamvu ntivugwe.

Byavugwaga ko Gen.Mugisha Muntu Umwami yamubujije kujya kurugamba mu gihugu cy’uRwanda kubera ko yari azi ko azagaruka mu Rwanda nk’Umwami bityo akazamugira umusimbura we ariko siko byagenze kuko Umwami yatangiye mu mahanga ndetse uwo yavuze uzamusimbura aracyari ibanga rikomeye.

Gen.Mugisha mu 1992 nibwo yashakanye na Julia Kakonge bakaba bafitanye abana 2 umukobwa w’imfura yabo n’umuhungu umwe.

Iyi nkuru ivanzemo ubusesenguzi n’amakuru amwe abantu batashatse ko tubavuga bagiye batuganirira ndetse n’ibitekerezo.

-5129.jpg

Turakibaza impamvu abantu batandukanye bavugaga ko Gen.Mugisha Muntu ashobora kuba ariwe mwana Umwami Kigeli Ndahindurwa yabyaye ari mu buhungiro muri Uganda n’ubwo bitemewe ko Umwami abyara atari mu gihugu cyangwa adashyingiwe nkuko abantu babivuga.

Muhungu John Kampala

2016-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
Icyumweru cy’icyunamo  cyashojwe  hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside

Icyumweru cy’icyunamo cyashojwe hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari  umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Mu Mahanga

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Ubwanditsi 03 May 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 30 Jun 2016
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze
UBUKUNGU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru