• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali riri mu karere ka Rwamagana, hashojwe amahugurwa yo kwigisha abapolisi 25 bazigisha abandi ibyo kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro; kuri uyu wa gatanu taliki ya 30 Kamena.

Aya mahugurwa y’ukwezi kumwe abaye ku nshuro yayo ya mbere, yashojwe ku mugaragaro n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa , DIGP Dan Munyuza, ari kumwe n’umuyobozi wa PTS Gishali, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana, impuguke zatanze amahugurwa n’abandi bayobozi muri Polisi .

Deputy Inspector General of Police (DIGP) Dan Munyuza wayoboye uyu muhango, yashimiye abapolisi barangije aya mahugurwa maze abasaba kuzayashyira mu bikorwa kinyamwuga kandi bagaragaza imyitwarire myiza.

Aha DIGP Munyuza yagize ati:” Ibyo mwize ni ingirakamaro kuri mwe no ku gihugu kandi ntimugomba kubyibagirwa kuko mwigishijwe n’abahanga babifitiye ubushobozi.”

Yakomeje ababwira ko bagomba gukunda umwuga wabo kandi bakamenya ko kurinda ubuzima bw’abandi bizirana no kurangara ahubwo bisaba ubwitonzi budasanzwe kuko n’akazi kabo kadasanzwe aho yanagize ati:” Muri mwe harimo abazajya kubyigisha abandi, mugomba gutangirira aho imyitwarire myiza kuko mubyishije nabi twaba duhombye.”

Agaruka kuri aya mahugurwa, DIGP Munyuza yashimiye abateguye aya mahugurwa maze agira ati:” Ibyo mwakoze ni byiza kandi twifuza ko abapolisi bose bakurikirana amahugurwa nk’aya kuko iterabwoba riri ku isi yose ndetse no mu bihugu duturanye, kandi abarikora baba bafite n’imigambi yo guhitana abo muba murinze.”

DIGP Munyuza yaboneyeho gushimira Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku nkunga yateye amahugurwa itanga impuguke mu byo kurinda amahoro ari nazo zigishije abashoje aya mahugurwa nsetse zanigishije abo mu mitwe yo kurinda amahoro mu bindi bihugu(Formed Police Unit).

Yagize ati:” Twishimiye inyigisho bahawe kandi turifuza ko zakomeza kuko twungutse ubumenyi mu kurinda abayobozi, abo mu gihugu imbere ndetse n’abo mu bihugu biberamo ubutumwa bwa Loni, ni ikintu cyo kwishimira kuko ni inyongera ku bunyamwuga bugomba kuranga umupolisi w’u Rwanda, twizeye ko tuzakomeza kungukira ku buhanga n’ubunararibonye bw’abatanga aya mahugurwa.”

Mu gihe cy’ukwezi, abahuguwe bahawe ubumenyi butandukanye burimo ibikorwa byo kurinda abayobozi n’abanyacybahiro, ubuhanga mu gukoresha intwaro, kurwanya iterabwoba, gukora iperereza ndetse n’injyarugamba idakoresha intwaro.

2017-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Ubwanditsi 29 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo
Mu Rwanda

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

Ubwanditsi 23 May 2018
Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO
IMIKINO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru