• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugande ufite inkomoko yo mu Rwanda wabeshyewe ko ari intasi y ‘uRwanda yazize iyicarubozo yakorewe mu buroko mu gihe kingana n’umwaka, nyuma yuko arekuwe, iri yicarubozo akaba yararikorewe umusubizo, mbere y’uko arekurwa.

Nunu Johnson, wari umucuruzi mu Karere ka Ntungamo akaba yitabye Imana afite imyaka 60, ku wa Gatandatu  taliki ya  17 Kanama 2019.

Nkuko abo mu muryango we babitangaza, ngo mu gihe yari muri gereza ya CMI, abari baramufunze bamwangiraga kwivuza indwara ya diyabete .

Bityo nyakwigendera arazahara, ku buryo atongeye kugira agahenge nkuko yabaga ameze, mbere y’uko afungwa, nyuma y’igihe gito afunguwe ahitanwa na kanseri y’umwijima.

Ubusanzwe, kanseri y’umwijima iravurwa, umurwayi akoroherwa, ariko uburwayi bwa Nunu bwakomejwe nuko CMI yamukoreye iyicarubozo, harimo no kumwangira gufata imiti ya diyabete.

 ” Yishwe na CMI,” ibivugwa n’umwe mu bagize umuryango we.

Ku wa 19 Ukuboza 2017, intasi za CMI zamukuye mu rugo iwe Ntungamo zimujyana Mbuya mu Kigo cya gisirikare aho yafungiwe igihe gikabakaba amezi 6.

Johnson yari umuntu w’ikirangirire muri Mpororo yose, bityo RNC imubonamo kuba umuntu w’ingirakamaro, bityo bashaka kumugira umunyamuryango wabo,  nkuko amakuru atugeraho abigaragaza.

Nyuma yuko arekurwa, Johnson yavuze ko Pasiteri Deo Nyirigira, wo mu Itorero AGAPE muri Mbarara n’Umuhuzabikorwa wa RNC ku rwego rw’Akarere bari baramwegereye bamusaba ko yababera umunyamuryango, akajya anabafasha gushishikariza urubyiruko kwinjira muri RNC, no kubafasha kugirango Abanyarwanda babacuruzi bajye batanga imisanzu muri uyu mutwe w’iterabwoba.

Johnson yakomeje gukurira Nyirigira inzira ku murima.

Ariko Nyirigira-ufite umuhungu witwa Mwizerwa wahoze ari umwe mu bakuru babarwanyi ba RNC muri Kivu y’Amajyepfo, mbere yuko zihura n’uva gusenya, bityo bigatuma amuvanayo akamujyana Mbarara, akaba atarigeze ava ku izima, kuko aba bagabo bombi bari basanzwe baziranye.

Bityo Johnson akaba yarasubijweyo kubera igitutu n’ibikangisho ariko we yabonaga ko ntashingiro byari bifite.

” Ugomba kutubera umunyamuryango, bitaba ibyo, ukazirengera ingaruka zizakubaho. Ntutume nkora ibizakurikira” Pasiteri Nyirigira aburira Johnson.

Kayumba Nyamwasa nyirabayazana

Ariko kandi Johnson yabonaga kuba umunyamuryango wa  RNC bidahwitse. Umunsi mwe, Nyirigira yaje gushyira mu bikorwa ibikangisho bye, aho yamwoherereje intasi za RNC.

Izo ntasi zabaga zirimo kuzenguruka Mbarara hamwe n’umuhungu wa Nyirigira  Mwizerwa, ndetse na Sam Ruvuma,  mwenenyina wa Koloneri Gideon Katinda ukora mu Rukiko rw’igisirikare cya UPDF, mu migambi yabo yo gushakira RNC abayoboke.

Igitangaje, yaba Ruvuma cyangwa se Mwizerwa bari aho 46 bari bagiye kwinjira muri RNC bafatiwe ku mupaka wa Kikagati, bajya muri DRC aho bari kunyura iBurundi

Abari bagiye kwinjira muri RNC bakaba baravuze ko CMI yari yaborohereje kubona ibyangombwa by’inzira by’ibihimbano, nyuma yuko bahaswe ibibazo n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka.

Nunu yimwe imiti

Ubwo yari mu buroko mu kigo cya gisirikare cya Mbuya, Nunu Johnson yingize abamufashe ngo bareke umuryango we umuzanire imiti y’uburwayi bwe ariko baranga, ahubwo bakarushaho kumutoteza amanywa n’ijoro.

Undi mucuruzi uturuka Mbarara, Fred Turatsinze na we yafungiwe ku kigo cya gisirikare cya Mbuya. Aho yahahuriye n’abanyarwanda benshi bahafungiye barimo na Nunu Johnson.

Nyuma y’igihe bahambiriwe ibitambaro mu maso, babikurwagamo nijoro ari nabwo bemererwaga kujya ku musarani. Turatsinze yibuka ko umunsi umwe yabajije Johnson impamvu bamuzanye aho, bose basanga batazi impamvu bafungiwe aho.

Turatsinze waje kurekurwa akajugunywa ku mupaka wa Gatuna yagize ati “Ubwo abarinzi batwumvaga tuvuga, bahise badutandukanya batujyana mu byumba bitandukanye.”

Uburwayi bwa Nunu bwakomeje gukomera kubera kwimwa uburenganzira bwo gufata imiti. Impyiko ze zarushijeho kurwara ari mu buroko ku buryo ubwo yarekurwaga yasaga n’uwamaze gupfa.

Johnson akirekurwa yatangiye gusezera umuryango n’inshuti, avuga ko umubiri ufite intege nke ku buryo yumva nta gihe kinini asigaje.

Na nyuma yo kurekurwa Nunu ntiyigeze ahabwa agahenge, yari yarategetswe kujya yitaba ku biro bikuru bya CMI.

Nunu Johnson yashyinguwe kuwa Kabiri tariki 20 Kanama 2019. Asize abana 16.

2019-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 06 May 2019
ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

Ubwanditsi 30 May 2017
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019
IMIKINO

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019

Ubwanditsi 13 Aug 2018
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe
Amakuru

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo
Mu Rwanda

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru