• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugande ufite inkomoko yo mu Rwanda wabeshyewe ko ari intasi y ‘uRwanda yazize iyicarubozo yakorewe mu buroko mu gihe kingana n’umwaka, nyuma yuko arekuwe, iri yicarubozo akaba yararikorewe umusubizo, mbere y’uko arekurwa.

Nunu Johnson, wari umucuruzi mu Karere ka Ntungamo akaba yitabye Imana afite imyaka 60, ku wa Gatandatu  taliki ya  17 Kanama 2019.

Nkuko abo mu muryango we babitangaza, ngo mu gihe yari muri gereza ya CMI, abari baramufunze bamwangiraga kwivuza indwara ya diyabete .

Bityo nyakwigendera arazahara, ku buryo atongeye kugira agahenge nkuko yabaga ameze, mbere y’uko afungwa, nyuma y’igihe gito afunguwe ahitanwa na kanseri y’umwijima.

Ubusanzwe, kanseri y’umwijima iravurwa, umurwayi akoroherwa, ariko uburwayi bwa Nunu bwakomejwe nuko CMI yamukoreye iyicarubozo, harimo no kumwangira gufata imiti ya diyabete.

 ” Yishwe na CMI,” ibivugwa n’umwe mu bagize umuryango we.

Ku wa 19 Ukuboza 2017, intasi za CMI zamukuye mu rugo iwe Ntungamo zimujyana Mbuya mu Kigo cya gisirikare aho yafungiwe igihe gikabakaba amezi 6.

Johnson yari umuntu w’ikirangirire muri Mpororo yose, bityo RNC imubonamo kuba umuntu w’ingirakamaro, bityo bashaka kumugira umunyamuryango wabo,  nkuko amakuru atugeraho abigaragaza.

Nyuma yuko arekurwa, Johnson yavuze ko Pasiteri Deo Nyirigira, wo mu Itorero AGAPE muri Mbarara n’Umuhuzabikorwa wa RNC ku rwego rw’Akarere bari baramwegereye bamusaba ko yababera umunyamuryango, akajya anabafasha gushishikariza urubyiruko kwinjira muri RNC, no kubafasha kugirango Abanyarwanda babacuruzi bajye batanga imisanzu muri uyu mutwe w’iterabwoba.

Johnson yakomeje gukurira Nyirigira inzira ku murima.

Ariko Nyirigira-ufite umuhungu witwa Mwizerwa wahoze ari umwe mu bakuru babarwanyi ba RNC muri Kivu y’Amajyepfo, mbere yuko zihura n’uva gusenya, bityo bigatuma amuvanayo akamujyana Mbarara, akaba atarigeze ava ku izima, kuko aba bagabo bombi bari basanzwe baziranye.

Bityo Johnson akaba yarasubijweyo kubera igitutu n’ibikangisho ariko we yabonaga ko ntashingiro byari bifite.

” Ugomba kutubera umunyamuryango, bitaba ibyo, ukazirengera ingaruka zizakubaho. Ntutume nkora ibizakurikira” Pasiteri Nyirigira aburira Johnson.

Kayumba Nyamwasa nyirabayazana

Ariko kandi Johnson yabonaga kuba umunyamuryango wa  RNC bidahwitse. Umunsi mwe, Nyirigira yaje gushyira mu bikorwa ibikangisho bye, aho yamwoherereje intasi za RNC.

Izo ntasi zabaga zirimo kuzenguruka Mbarara hamwe n’umuhungu wa Nyirigira  Mwizerwa, ndetse na Sam Ruvuma,  mwenenyina wa Koloneri Gideon Katinda ukora mu Rukiko rw’igisirikare cya UPDF, mu migambi yabo yo gushakira RNC abayoboke.

Igitangaje, yaba Ruvuma cyangwa se Mwizerwa bari aho 46 bari bagiye kwinjira muri RNC bafatiwe ku mupaka wa Kikagati, bajya muri DRC aho bari kunyura iBurundi

Abari bagiye kwinjira muri RNC bakaba baravuze ko CMI yari yaborohereje kubona ibyangombwa by’inzira by’ibihimbano, nyuma yuko bahaswe ibibazo n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka.

Nunu yimwe imiti

Ubwo yari mu buroko mu kigo cya gisirikare cya Mbuya, Nunu Johnson yingize abamufashe ngo bareke umuryango we umuzanire imiti y’uburwayi bwe ariko baranga, ahubwo bakarushaho kumutoteza amanywa n’ijoro.

Undi mucuruzi uturuka Mbarara, Fred Turatsinze na we yafungiwe ku kigo cya gisirikare cya Mbuya. Aho yahahuriye n’abanyarwanda benshi bahafungiye barimo na Nunu Johnson.

Nyuma y’igihe bahambiriwe ibitambaro mu maso, babikurwagamo nijoro ari nabwo bemererwaga kujya ku musarani. Turatsinze yibuka ko umunsi umwe yabajije Johnson impamvu bamuzanye aho, bose basanga batazi impamvu bafungiwe aho.

Turatsinze waje kurekurwa akajugunywa ku mupaka wa Gatuna yagize ati “Ubwo abarinzi batwumvaga tuvuga, bahise badutandukanya batujyana mu byumba bitandukanye.”

Uburwayi bwa Nunu bwakomeje gukomera kubera kwimwa uburenganzira bwo gufata imiti. Impyiko ze zarushijeho kurwara ari mu buroko ku buryo ubwo yarekurwaga yasaga n’uwamaze gupfa.

Johnson akirekurwa yatangiye gusezera umuryango n’inshuti, avuga ko umubiri ufite intege nke ku buryo yumva nta gihe kinini asigaje.

Na nyuma yo kurekurwa Nunu ntiyigeze ahabwa agahenge, yari yarategetswe kujya yitaba ku biro bikuru bya CMI.

Nunu Johnson yashyinguwe kuwa Kabiri tariki 20 Kanama 2019. Asize abana 16.

2019-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali  Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2019
Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.
Amakuru

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano
Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru