• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu ijoro ryo ku wa 10 Ukwakira 2019, ahagana saa cyenda z’igitondo itsinda ry’amabandi ryateye amabuye Bus yavaga Kampala igana Kigali nuko bayimena ibirahuri. Ibi byabereye hagati ya Muhanga na Ntugamo mu birometero 45 uvuye ku mupaka wa Gatuna uhuriweho n’u Rwanda na Uganda.
Iyo Bus yari ifite numero ziyiranga RAD 259M ikaba ari iya kompanyi Volcano yari itwawe na Muhammad Sibomana. Amakuru avuga ko amabandi ane yashatse gutega iyi Bus yari ifite abagenzi igana i Kigali ivuye Kampala.

Umutangabuhamya wabibonye yavuzeko bayiteye amabuye ariko umushoferi arakomeza  bageze imbere bahura n’imodoka ya polisi, “twahuye nabo turahagarara tubereka uburyo bangije imodoka baratureba baratwihorera nkaho ntacyabaye. Ikigaragara nuko izo nzego z’umutekano zari zizi ibyatubayeho muri iyo Bus kuko wabonaga babiziranyeho n’abaduteye amabuye”.

Nubwo ntawakomeretse si ubwa mbere bateye amabuye imodoka yo mu Rwanda cyane cyane izitwara abagenzi, kuko mu kwezi gushize indi Bus ya Volcano yavaga Kigali yerekeza Kampala bayiteye amabuye nabwo ari ni joro; umukozi wa Volcano yarakomeretse akuka n’amenyo.

Impuguke ku mubano hagati y’ibihugu byombi ibarizwa I Kigali  yavuze ko urugomo rwakorewe Bus ya Volcano utarutandukanya n’ibyo leta ya Kampala isanzwe ikorera u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange
Urwego rubangamira cyane u Rwanda ni CMI (ibiro by’iperereza ry’igisirikari cya Uganda) rikorana hafi na hafi n’abayoboke ba RNC ya Kayumba Nyamwasa mu gufata no gutoteza Abanyarwanda. Kugeza ubu Abanyarwanda benshi bakomeze kuborera muri Gereza za Uganda ndetse n’inzu zitazwi zifungirwamo abantu.

Abanyarwanda benshi iyo bafunguwe bajugunywa ku mupaka bitanyuze mu nzira zemewe  n’amategeko ahererekanywa  imfunga cyangwa abafunguwe ndetse bazana ibikomere bagahorana n’uburibwe kubera iyicwarubozo bakorerwa.

Ibi byabaye no mu cyumweru gishize aho abagabo batatu n’umugore umwe bajugunywaga ku mupaka wa Kagitumba aribo Monfort Munyakazi, Laurent Kamere, Elias Nsabimana na Consolee Mbabazi nyuma yo gufungirwa amezi menshi muri Uganda ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Inzego za Uganda zabahimbiye ibyaha ko binjiye muri icyo gihugu nta mpapuro z’inzira bafite ndetse bafungirwa Ntungamo kandi bari binjiranye muri icyo gihugu indangamuntu zabo kandi amasezerano hagati ya Uganda Kenya n’u Rwanda yemera ko abaturage bibyo bihugu bitatu bashobora kujya muri kimwe muri ibyo bihugu bakoresheje indangamuntu. Ibi byose Uganda ibikora kugirango ibangamire Abanyarwanda badashaka kuyoboka RNC aho muri icyo gihugu RNC ndetse na FDLR bafashwa muri byose ku manywa y’ihangu.

Biragaragara ko Perezida Museveni yashyize umukono ku masezerano ya Luanda abizi neza ko ari ibipapuro atazayashyirwa mu bikorwa.

2019-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017
FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024
Kuki Himbara akomeje  gusebya Louise Mushikiwabo

Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 09 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire
Amakuru

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya
ITOHOZA

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Ubwanditsi 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru