• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 09 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mugihe imyiteguro irimbanije muri  Arménie ahazabera amatora  yo ku wa 11-12 Ukwakira 2018, mu mujyi wa  i Erevan, hazabera inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), izatorerwamo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango.

Abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda barakataje  mu gusebya umukandida w’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga  Louise Mushikiwabo  aho azahatana  n’Umunya-Canada Michaëlle Jean.

David Himbara usanzwe uba mu ishyaka RNC  ritavuga rumwe n’ubuyobozi buriho mu Rwanda, akaba yarabaye n’umujyanama wa Perezida Kagame mu by’ubukungu, akomeje gusebya Louise Mushikiwabo mu bitangazamakuru mpuzamahanga aho avuga ko ari umunyagitugu akaba  na opportuniste ngo  kumutora ninko gutora Kagame, Himbara avuga ko igihe Col. Karegeya yapfaga ngo Louise Mushikiwabo  yavuze ko ariko imbwa zipfa. Abazi Himbara bavuga ko ntakindi yavuga kirenze ibyo  kuko ibyo akunze kwandika byose bisebya u Rwanda usanga bidafite epfo na ruguru.

Ese uyu David Himbara ni muntu ki ?

Himbara, izina rye nyaryo ni Murunganywa, yavukiye mu Rwanda, ariko akurira I Gashonjwa ka Nakivale muri Ankole, mu gihugu cy’Ubugande. Mu bwana yabayeho yigunze kubera ingorane yavutsemo.

Ni umuhungu wa nyakwigendera Muzehe Byabagamba, wamubyaranye na muka se (umugore wa nyuma w’umubyeyi w’uyu musaza Byabagamba). Ibi mu mico y’abanyafrika bose ntibiteye ubwoba gusa ahubwo ni ishyano rikabije. Himbara yakuze ari umwana wanzwe, ari nabyo byahungabanyije ubuzima bwe.

Abakuranye nawe bemeza yuko yakuze ari ingunge idasabana n’urungano, ariko ngo yari azi guhamiriza kuko se yari umutoza w’intore. Himbara yarwanye n’ubuzima bw’impunzi kimwe n’abandi banyaranda, arwara amavunja kimwe n’abandi bakene bose b’impunzi. Nk’ingimbi ntiyabashije gutera imbere mu mashuri, ubuzima bwari umutwaro uremereye.

-2885.jpg

Mu myaka y’1970, uwari Perezida wa Uganda Idi Amin, yibasiye abanyarwanda maze biviramo benshi muri bo guhunga. Bamwe bagiye muri Tanzania, Himbara wari mu kigero cy’imyaka 20 icyo gihe, akaba mu bahungiye muri Kenya.

Ubuzima bwaramuriye cyane I Nairobi, maze yisanga mu mihanda, cyane cyane ahakundaga guhurira abakerarugendo.

Amayeri yari yisanganiwe yatumye areshya umugore w’umunyamerika, baba barafatanye, maze bidatinze, nyamugore amushakira impapuro z’inzira, bucya berekeza I Toronto muri Canada.

“Babanye nk’inshoreke, maze basezerana nyuma y’imyaka itatu,” nk’uko bivugwa n’uwo babanye muri Canada. Yongeraho ko nyuma “Himbara akimara kubona ubwene-gihugu bwa Canada yahise akwepa nyamugore birangirira aho kuko yataye umugore maze arabura”.

Himbara yakomeje kurwana n’ubuzima biza kumenyekana ko asigaye afite undi mugore wo mu birwa bya West Indies hafi ya Caraibes. Ubu Himbara abana n’umugore w’umunya Eritrea, ari nako agundagurana n’imanza z’uwambere ndetse n’iz’Imisoro yanyereje. Kuvuga ubuzima bwa Himbara biragoye ariko biranatangaje. Yari undi muntu umeze nk’uwunyugujwe mu mutwe.

Abanyarwanda banywa itabi risanzwe, Himbara yanyweye marijuana n’ibindi biyobyabwenge bitagira ingano. Imyitwarire ye yari yarahindutse cyane, ariko akomeza ingeso ze z’amahane, guhubuka n’ubwibone.

-2884.jpg

Kuri iyo Foto  hari mu myaka y’1980. Imyiteguro y’intambara yo gucyura impunzi yari irimbanyije, ndetse abanyarwanda bo hirya no hino ku isi harimo na kure nko muri Canada, begeranyaga inkunga zitandukanye zo gushyigikira umuryango, Rwanda Patriotic Front (RPF)-Inkotanyi.

Himbara ntiyasabanaga n’abanyarwanda bo muri Canada, nta n’icyo yakoze ngo atere inkunga urugamba.

Icyo gihe inyungu ze zari muri Afrika y’epfo aho yari yarimukiye ava muri Canada mu ntangiririo za 90.

Aho yahashinze ishyirahamwe ryitwa “Solidarity”. Mu gihe Inkotanyi zaharaniraga guhamagara urubyiruko rwo muri Canada kwitabira urugamba, Himbara we yari ahugiye gushaka urubyiruko rufasha ANC kurwanya ingoma y aba gashabuhake. Ibi ntabwo yabigezeho na gato kandi byagaragaje amafuti ye n’inda nini.

Nyakwigera Claude Dusaidi wari Inkotanyi ikomeye muri Canada, yari nka rukuruzi ku rubyiruko rwaho.

Nyuma yo gutsindwa kwaba gashabuhake n’ihagarikwa rya Jenoside (RPF yarafashe ubutegetsi), Himbara noneho yimukiye muri Africa y’epfo ku buryo busesuye aba ajugunye wa mugore wa kabiri ahita arongo uwa gatatu (umuhindekazi w’umunyafrika y’epfo).

Muri icyo gihugu yaje kuhahurira na Dusaidi bari basanzwe baziranye kandi basangiye igihugu maze bahana aderessi.

Icyo gihe ubwo Dusaidi yari umujyanama wa V/Prezida Paul Kagame, yubashywe kandi anakunzwe kubera umurava yahoranaga. Himbara yari abayeho nabi muri Africa y’epfo, ibintu byari bikaze. Afata inzira aza mu Rwanda anyuze iy’I Bugande. Nguko uko Himbara yaje kuba umujyanama wa Perezida Kagame mu by’ubukungu.

 

2018-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Ubwanditsi 31 Aug 2020
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Ubwanditsi 11 Jun 2020

9 Ibitekerezo

  1. Peres
    October 9, 20188:05 am -

    Harimo kw ivuguruza kwinshi kuri Himbara…rimwe ngo bamusanze mu nkambi abazungu, ubundi ibinduiiiiiii
    UWAVUGA iby INZUKI ntawarya UBUKI!! Ubu se koko buri w se aho yavuye nuko yabayeho bivugwe??

    Subiza
  2. Titi
    October 9, 20183:56 pm -

    Aya mafuti arenze ay’ingurube nizi nenge numvise zose byabaye mbere yakazi ko kujya inama cga ni nyuma? Biramutse ari mbere byaba bibabaje niba aya makuru mwari muyazi ntimuyatange mukaba muyatanze impitagihe aho atanakenewe muri abagambanyi nkawe. Byinshi tutageraho ubwo ntizaba ari inama mbi ze zikidukurikirana? Namwe mwabyanditse muri abafatanyacyaha

    Subiza
  3. Ernest Barahira
    October 10, 20185:00 am -

    Ese icyo kigoryi gihora gitumura ibibabi byo muri Jamaica kiracyavuga?

    Subiza
  4. Teteli Josée
    October 10, 20185:04 am -

    Mwambwira uwo Himbara ni muntu ki?
    Mbega umugabo wabayeho muri za rupigapiga akabitindaho wee!! None arikoma umugore uhagarariye igihugu kizira umuze kandi naho azayobora ntaho ahuriye nuwo mukene mu bitekerezo?

    Subiza
  5. Marius Nkwaya
    October 10, 20185:07 am -

    Jye nanga no kumva amahomvu y’umunyarumogi
    Ubwo se afite irihe jambo yavuga ngo bamwumve? Itabi niryo ryivugira hahaha!!!

    Subiza
  6. Mutezintare Jean- Michel
    October 10, 20185:10 am -

    Hahaha!! Rushyashya ndabakunda. Muti: Himbara ahora mu manza z’urudaca kubera kwiba imisoro. None se urumogi ntiruhenda ?

    Subiza
  7. Marie- Grace Umurerwa
    October 10, 20185:15 am -

    Amateka ya Himbara ko atoroshye ra?
    Ese ko naherutse yikoma President P. Kagame , ubu ateruye ate Min. L.M ? Mwabonye umuntu uvugiririza mu muyaga?

    Subiza
  8. Manzi Norbert
    October 10, 20185:22 am -

    Himbara ntawamutaho umwanya. Yazengurutse Canada yose asebya ubutegetsi bw’u Rwanda.
    None yisutse muri Quebec asebya Hon. L.M kandi atazi n’impamvu OIF iriho. Guhubuka kwe nikwo kwatumye asezererwa mu rugwiro, uretse ko akazi kari kamunaniye kubera inzogs no gutumura akari ku mugongo w’ingona.

    Subiza
  9. Mohamed Shukran
    October 10, 20185:33 am -

    Mu myaka ishize, I believe mbere y’amatora ya Président muri 2017, Himbara arakugiriye ahamagaza aba youth. ba Brampton hafi ya Toronto aho atuye ngo arashaka kuganira nabo.
    Abo bahungu n’abakobwa bari batumiwe bajya kumwitaba.Ibyo yababwiye byatumye bihanukira baraseka cyaaane, bamuha urw’amenyo. Muzi se icyo yababwiraga? Ngo ntibajye bitabira kujya mu ngando, n’ibindi byinshi byo guharabika igihugu.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje
Amakuru

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017
SHOWBIZ

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare Nyarwanda Byabihiwe Cyane n’ Umwaka wa 2017

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe
HIRYA NO HINO

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Ubwanditsi 02 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru