• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018 ITOHOZA

Ku ruhande rwa Leta y’Ubufaransa uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kugeza ubu rugarukira “ku makosa mu gufata imyanzuro” kubwa Perezida Nicolas Sarkozy. Aya mateka mabi aracyakomeza kuba urukuta mu mubano w’u Rwanda na France. Mu ijambo rya Perezida Macron ku Nteko rusange irangiye ya UN, mu buryo buziguye yagaragaje ko ashaka impinduka ku mateka n’ejo hazaza mu bufatanye n’imibanire y’ibihugu…

Hari ibitaranoga neza ariko kugeza ubu; uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Bamwe ku ruhande rw’Ubufaransa bahakana uruhare rwa Leta yabo muri iyi Jenoside, uruhande rw’u Rwanda rwo ntirushidikanya uru ruhare mu gutegura, gutera inkunga no gukora Jenoside, kuyihakana no guhishiira abayikoze.

Amiral Jacques Lanxade wari umugaba mukuru w’ingabo z’Ubufaransa mu gihe cya Jenoside mu Rwanda, mu kwezi kwa gatanu we yavuze ko igisirikare cy’Ubufaransa “ntacyo kishinja”.

Kuwa kabiri, mu ijambo ritsindagira cyane ingingo ze mu Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye Perezida Emmanuel Macron yakomeje kuri ibi mu buryo rusange kandi buziguye.

Ati “Ntimuzibagirwe na rimwe ko za Jenoside zitumye muri hano uyu munsi zabayeho kubera za ‘discours’ dukomeje kwimenyereza, zabayeho kubera ibikorwa bidashinga dushimagiza, kubera ko dukomeje kubaho no kubana nk’amahanga nk’aho ntacyabaye, kubera gutinya, kubera uruhare muri byo…

Hoya… njyewe simbitinye…. kuko mva mu gihugu cyazanye amasezerano atumye turi hano, kuko mva mu gihugu kihagazeho ariko cyakoze amakosa menshi, ibintu bibi byinshi…none rero ndagira ngo ntidukomeze kwemera ubwo bufatanye mu kugambanira amateka.”

Macron yasabye ubufatanye bw’isi mu gukemura akaga isi ifite, ngo ariko bakabikora nk’abantu nyabantu, bashingiye ku byo bifuza, ku mateka yabo.

Mu byo yavugiye muri UN i New York harimo amagambo agarukwaho kenshi mu kibazo cy’Ubufaransa n’u Rwanda, Jenoside, uruhare, amakosa, ibibi…

Ubushake bwa Perezida Macron mu gukemura ikibazo hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa, ubu butanagira ambasaderi i Kigali, ntibushidikanywaho.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron.

Perezida Kagame i Elysee yakiriwe na Macron muri Gicurasi

Icyo gihe, mu kiganiro n’abanyamakuru yavuze ko imishinga itanga umusaruro ufatika ari yo ishobora gushingirwaho umubano w’ibihugu byombi ukongera gukomera.

Ariko ko atakwirengagiza ko ibibazo byabaye hagati y’ibihugu byombi bitakemurwa n’itangazo ry’umunsi umwe ahubwo ubufatanye mu kubaka ejo hazaza.

Nyuma y’uruhare Leta y’iki gihugu ishinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta y’u Rwanda inenga iy’Ubufaransa guhishira abantu benshi bashinjwa uruhare muri Jenoside babayo.

Alain na Dafroza Gauthier mu muhate wabo, bakora umurimo wo gukurikirana aba bantu bashinjwa Jenoside bari mu Bufaransa n’Iburayi.

Aba bashingiye ku kuba, tariki 13 uku kwezi, Perezida Macron yaremeye ko Leta yagize uruhare mu kubura (urupfu) k’umufaransa Maurice Audin wari umwarimu w’imibare muri Algeria ariko adashyigikiye igihugu cye mu bukoroni cyakoreraga Algeria, nabo babona hari ikizere…

Alain Gauthier yabwiye Le Monde ati “nizera ko mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi {muri Mata 2019) Perezida Macron azemeza uruhare nyarwo rw’Ubufaransa. Bitari gusaba imbabazi gusa ahubwo no kwemera ko guverinoma y’Ubufaransa yahisemo uruhande rubi; urw’abakoze Jenoside.”

2018-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda

Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017

2 Ibitekerezo

  1. Ruti
    September 30, 20189:01 am -

    Ariko se kuki igihugu cyacu kirwanira kuyobora OIF kandi ntagifaransa tugira iwacu ? Ndabona nuyu wanditse iyi nkuru atarumvise ijambo Macron yavuze muri Onu.Umunyamakuru bigaragara ko yumvisemo bike cyane kandi nabyo akabyumva nabi.Macron yabaye nkushubije Trump amubwirako kwita ku nyungu za Amerika atitaye kuz ibindi bihugu ari ibintu bishobora gutuma abatuye isi bahangana aho gufashanya…ibyo bikaba byateza intambara maze yibutsa Trump ko Onu yashinzwe biturutse ku bibazo bisa nkibyo ashaka guteza.Ibi rero biratangaje kubona umunyamakuru yumva ko iyo bavuze genocide baba bavuze u Rwanda.Ese Genocide=Rwanda ? Cg Rwanda=genocide ? Igisubizo ni OYA.URwanda rufite ibindi byiza rwamenyekaniraho bitari genocide.

    Subiza
  2. Ruzira
    September 30, 20189:09 am -

    Nanjye ndabona uwanditse iyi nkuru iyo aba yarumvise speech ya Trump n iya Macron byari kumworohera kumva ko Macron yasubizaga Trump amwibutsako kubangamira inyungu z ibindi bihugu agamije gushyira inyungu za Amerika imbere bishobora guteza imidugararo isa n iyatumye UN ishingwa.

    Subiza

Leave a Reply to Ruti Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 01 May 2025
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square
Mu Mahanga

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.
Amakuru

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru