• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.   |   24 Feb 2021

  • Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi   |   23 Feb 2021

  • FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!   |   23 Feb 2021

  • Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu   |   22 Feb 2021

  • Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?   |   22 Feb 2021

  • Callixte Nsabimana yibukije Paul Rusesabagina ko ari umunyarwanda yareka ibyo gutinza urubanza   |   17 Feb 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 09 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye ku wa 7 Mata 1994, nyuma y’iminsi itatu i Kampala hatangiye Inama yigaga ku guharanira agaciro k’Abanyafurika, yasojwe ku wa 8 Mata 1994.

Nyamara ubwo ayo mahano yatangiraga yamaze iminsi 100, arangira Jenoside ihitanye ubuzima bw’abasaga miliyoni. Imibare igaragaza ko nibura ku munsi umwe Abatutsi 10,000 bicwaga, ku buryo ari yo Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere ku Isi.

Muri iyo nama yabereye i Kampala, abayitabiriye bamaganye ubwicanyi, ndetse Perezida Museveni yari ku ruhembe rw’abazamuye ijwi.

Imvugo za Museveni zagiye zituma ashimwa n’abarokose Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umwanditsi Edwin Nsereko avuga ko yari muri Stade Amahoro mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo Museveni yahabwaga ijambo agakomoza ku Banyaburayi by’umwihariko Abafaransa n’Ababiligi, yashinje ko bagize uruhare mu kubiba amacakubiri n’urwango mu Banyarwanda.

U Bubiligi bwakolonije u Rwanda hamwe n’u Bufaransa bwari inkoramutima y’ubutegetsi bwa Perezida Habyarimana Juvénal, byabwiwe amagambo akomeye, abari babihagarariye babura aho barigitira.

Museveni nawe niko yashimwaga n’abarokotse Jenoside kubera ukuri yakoreshaga, akavanga amagambo y’Ikinyankole ajya gusa n’Ikinyarwanda.

Umwanditsi ati “Byagaragariraga bose ko ari umuturanyi w’umuvandimwe nyuma yo guha icyubahiro inzirakarengane, kwihanganisha abarokotse no gusaba ko abanyabyaha babiryozwa hatitawe ku mbaraga bibwira ko bafite.”

Gusa akibaza niba uwo ari we wa Museveni wahindukiye agatera agahinda abarokotse Jenoside.

Uyu mwanditsi avuga ko FPR ifata ubutegetsi mu 1994, abenshi mu bijanditse muri Jenoside bahungiye mu yahoze ari Zaïre, ubu ni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iki gihugu cyayoborwaga na Mobutu wari inshuti magara ya Habyarimana, bamuhungiraho bizeye kuhakirira.

Bagumye mu gihugu cye kugeza igihe Mobutu Sese Seko akuriwe ku butegetsi mu 1997. Benshi muri bo bakwiye imishwaro berekeza muri Malawi na Zambia babeshya abayobozi baho batari bazi ukuri ku mateka ya Jenoside.

Bakoreshaga iturufu y’uko ari impunzi, nyamara barahungaga ubutabera.

Abandi bagumye muri RDC bacungana n’ubuyobozi bushya bwiyubakaga butarabona ubushobozi bwo kubakurikirana no kubata muri yombi ngo baryozwe ibyo bakoze.

Umwanditsi ati “Muri icyo gihe, Uganda ntiyari mu mboni yabo. Icya mbere, Museveni yari azi neza abo aribo. Icya kabiri, ijambo rye ryari ryarabahaye ubutumwa ko bashobora gufatwa bakoherezwa mu Rwanda cyangwa bagacirwa imanza muri Uganda.”

Nyamara ngo baje kumenya neza kamere ya Museveni, ko ibyo avuga n’ibyo akora rimwe na rimwe bidahura.

Abakurikiranweho Jenoside bagiye mu bice bitandukanye bya Uganda, batungurwa no kuba nta wabatunze agatoki ndetse babaho mu buzima buzira kirogoya.

Ati “Babonye ko bashobora kubaho neza muri Uganda. Bamwe bagiye mu bikorwa by’ubucuruzi; abandi bajya no mu mirimo ya politiki mu nzego z’ibanze.”

Iyi migirire yo kurebera abakoze ibyaha bya Jenoside ngo yatumye umubare munini wabo binjira muri Uganda.

Amakuru agaragaza ko mu bagera ku 1000 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare muri Jenoside ku Isi, ¼ kingana n’abantu 250 bacumbikiwe na Uganda mu duce twa Nyakivale, Mubende, Fort Portal, Kasese, Mityana, Lyantonde na Kampala.

Mu 2010 ubuyobozi bw’u Rwanda bwandikiye ubwa Uganda bubibutsa inshingano mpuzamahanga bafite zo guta muri yombi bakaburanisha cyangwa bakohereza mu Rwanda abakekwaho uruhare mu kwica imbaga y’Abatutsi.

Ubusanzwe ibihugu bibujijwe guha ubuhungiro abakekwaho ibyaha mpuzamahanga byibasira inyokomuntu birimo na jenoside.

Ku wa 18 Kamena 2016 u Rwanda rwoherereje Uganda ubutumwa, rugaragaza urutonde rw’abakekwa 137 n’ibyo baregwa. Uganda yataye muri yombi batatu nabo baza kurekurwa.

Muri bo harimo Bizimungu Jean Baptiste, Rwiririza Augustin bahoze mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, bashishikarije abantu kwijandika muri jenoside.

Bizimungu yari Konseye wa Segiteri Rwankuba muri Komini ya Murambi. Yakoranye bya hafi na Burugumesitiri wa Murambi, Gatete Jean Baptiste, wahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Rwiririza wabaye Konseye muri Segiteri Ndatemwa na we ashinjwa uruhare mu gushishikariza no gutera ingabo mu bitugu ubwicanyi.

Bizimungu yahungiye mu gace ka Gashojwa mu gihe Rwiririza atuye ahitwa Kiretwa mu Karere ka Isingiro, muri Uganda.

Aba biyongeraho Kamali Gaspard na we ukomoka muri Komini Murambi aho Jenoside yatangiranye ubukana. Ubu atuye mu Karere ka Ntungamo.

Uru rutonde ruriho n’abandi nka Munyengango Marc wahoze ari umupolisi, wakoresheje ububasha bwe ashishikariza abaturage ba Mayaga kwica Abatutsi. Ari kwidegembya ahitwa Isingiro.

Umwanditsi ati “Igisa n’ikidasanzwe ni aho Twahirwa Epimaque [John Musana] wahoze ari umuyobozi mu nzego z’ibanze muri Komini Murambi ubu uyobora muri Kabazana A muri Nyakivale, aho anafite ubucuruzi bw’inzoga bwashinze imizi.”

“Kuvuga ko abakurikiranweho Jenoside babonye ubuturo muri Uganda, mu yandi magambo byaba ari imvugo igabanya uburemere bw’ibiriho. Baratengamaye mu gihe ba banyaburayi Museveni batunze agatoki muri cya gihe cyo kwibuka bataye muri yombi, binagerageza kohereza abakekwaho Jenoside bahunze ubutabera barimo n’abitwaraga nk’impunzi.”

Ibyo bihugu birimo Norvège, Suède, Finland, u Budage n’u Busuwisi. Byiyongeraho Leta Zunze Ubumwe za Amerika yohereje Léopold Munyakazi na Canada yohereje mu Rwanda, Mugesera Léon.

U Bufaransa n’u Bubiligi Museveni yagarutseho mu mbwirwaruhame ye, bwaburanishije umunani bakekwaho Jenoside.

Muri rusange, abagera kuri 23 ni bo baburanishijwe cyangwa boherezwa n’ibihugu by’i Burayi, Amerika na Canada, kandi byo bifite umubare uri hasi cyane w’ababihungiyemo ugereranyije n’abirirwa mu mihanda ya Kampala n’ababayeho mu mudendezo muri Uganda.

Umwanditsi ati “Ibihugu bimwe byakunze kugaragaza ko gutinda guta muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside biterwa no kutayisobanukirwa neza. Urebye neza nk’uko nabigarutseho haruguru, wasanga nta wakurikiranye Jenoside nka Museveni.”

“Abanya-Uganda babonye imirambo ibihumbi ku nkombe z’Ikiyaga cya Victoria, yatembanywe n’imigezi ituruka aho biciwe. Uganda inafite urwibutso rwa Jenoside mu Karere ka Rakai, aho iki kiyaga gihurira n’ubutaka bwa Uganda.”

Nubwo ngo bimeze bityo, abicanyi bajugunye inzirakarengane mu biyaga n’imigezi barazikurikiranye no muri Uganda, bahabwa ubuhungiro na Museveni nyamara mu magambo ye yaranengaga abakoze ayo mahano.

Mu muhango  wo kwibuka kunshuro ya 25, wabereye muri Kaminuza ya Makerere ku wa 7 Mata 2019.

Muri uyu muhango, abitabiriye bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga miliyoni mu minsi 100 gusa, banacana urumuri rw’icyizere.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj Gen Frank Mugambage, yagaragaje ko ipfundo ry’iterambere u Rwanda rufite nyuma y’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi rwanyuzemo akarushegesha ari amahitamo rwagize yo kwimakaza ubumwe n’amahoro by’abanyarwanda.

Amb. Mugambage, yavuze ko Leta y’u Rwanda izakomeza guhangana n’ushaka gusubiza igihugu mu mateka mabi ya Jenoside, iharanira ko itazongera kubaho ukundi.

Ati “U Rwanda rwabashije kwikura mu bibazo byinshi binyuze mu nzira y’ubwiyunge no kubaka amahoro n’umutekano birambye kandi nibyo musingi w’iterambere rirambye.”

Ubu butumwa yabuhaye abanyarwanda baba muri Uganda n’inshuti zabo bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25, Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuyobozi w’ihuriro ry’abanyarwanda baba muri Uganda, Kananura Donat, yavuze ko amahanga yavugaga ko u Rwanda rutazongera kuba igihugu gikomeye kubera uburyo cyari cyashegeshwe na Jenoside ariko ‘siko byagenze, buri wese yishimira iterambere gifite’.

Ati “Abafite ibitekerezo byo kuvuga ngo bazagarura ibyo bintu, bongere batwice, tubahagurikire kugira ngo ibyo bintu ntibizongere kubaho.”

Kananura yasabye abanyarwanda baba muri Uganda kudaha agaciro umuntu ubashishikariza gusenya ibyo u Rwanda rwagezeho ahubwo bakamubwira ko bidashoboka.

Ati “Hari uwo mwakumva ashaka ngo azongere gusenya u Rwanda, ntimuzamwemerere, mujye mumubwira ngo ntibishoboka, aho umunyarwanda ari ararikanuye, arareba ntimuzabishobora. Ntabwo bazabishobora kandi ndababwiza ukuri kuko Imana ibana natwe, yirirwa ahandi igataha i Rwanda.”

Uyu muhango witabiriwe n’abantu barenga 600 barimo abadipolomate, Abanyarwanda batuye muri Uganda n’abanyeshuri bahiga.

2019-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Editorial 03 Apr 2019
Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Editorial 02 Apr 2019
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Editorial 17 Sep 2018
U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

Editorial 24 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru