• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wa Green Party, Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu Karere ka Ngoma ko imisoro y’ubutaka izaba yamaze kuvaho mu kwezi kwa Cyenda naramuka atowe.

Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu Murenge wa Kibungo, Akagali ka Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma, ubwo yiyamamazaga ku mwanya w’umukuru mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa Kanama.

Mu ijambo rye yagejeje ku bari aho, Dr Habineza yagize ati”Umutekano wa mbere na mbere ni uwo mu gifu, niyo mpamvu ibibazo byose bifitanye isano n’ubutaka birimo imisoro, no kutareka abaturage ngo bahinge ibyo bashaka bizaba byamaze gukemuka bitarenze mu kwezi kwa Cyenda nyuma y’amatora nimuntora bityo ibyo bikazaba inkingi yo kwihaza ku biribwa.”

Akomeza agira ati”Ubutaka ni umurage Gakondo, abantu baba bararazwe na basekuruza, nta mpamvu rero yo kubusoreshwa kandi leta nay o ibite ibindi bikorwa biyinjiriza amafaranga nk’amashyamba n’ibindi.”

Uretse ikibazo cy’imisoro y’ubutaka, Dr Habineza yanavuze ko abaturage bazabasha kugira uruhare mu kwihitiramo ibyo bagomba guhinga bijyanye n’amahitamo yabo aho kubahitiramo ibyo badashaka.

Aha yavuze ko nko mu turere tweramo urutoki azafasha abaturage kubona insina zijyanye n’igihe ndetse n’imbuto ibereye ahantu bitewe n’ikirere cya ho ku bahinga indi myaka.

Uyu muhango kandi wari witabiriwe n’abantu benshi ugereranyije n’abari bitabiriye kuri site yabanje yo mu Karere ka Kirehe ugendeye ku bageze mu kigero kibemerera gutora, abaturage bagaragaje ibyishimo ndetse banavuga ko inkoko ari yo ngoma.

Dr Frank Habineza yagaragaje ko nubwo ibikorwa byo kwiyamamaza ku ruhande rwe birimo kugenda neza, arikoko hakiri imbogamizi ku kijyanye no kubona abantu bamuyoboka muri ibi bikorwa, zirimo kumwitambika kw’abaturage, guhindurirwa aho gukorera ku buryo butunguranye bituma ibikorwa bye bitagenda neza, kugaragariza kutishimirwa n’abandi bayobozi by’umwihariko abo mu nzego z’ibanze n’ibindi.

-7294.jpg
Gusa na none, avuga ko abaza kumutega amatwi no kwifatanya na bo ari abo kandi ko azakomeza guhangana kugeza birangiye kuko ari urugamba yatangiye kandi agomba kurangiza.

Dr Frank avuga ko mu bibazo by’ingutu azahangana na byo naramuka atowe harimo icy’ubushomeri bwugarije urubyiruko abafasha gushaka imirimo, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu turere tumwe na tumwe, gukuraho imisoro imwe n’imwe ibangamira iterambere ry’umuturage nko gusorera ubutaka, amatungo magufi n’ibindi, kongerera imishahara abakozi ba leta barimo abapolisi n’abasirikare no kubashakira inzu nziza zo kubamo nk’abantu bakora akazi gakomeye ko gucunga umutekano n’ibindi.

2017-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.
Amakuru

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024
Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza
Mu Rwanda

Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 25 Sep 2017
CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba
POLITIKI

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru