• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wa Green Party, Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu Karere ka Ngoma ko imisoro y’ubutaka izaba yamaze kuvaho mu kwezi kwa Cyenda naramuka atowe.

Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu Murenge wa Kibungo, Akagali ka Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma, ubwo yiyamamazaga ku mwanya w’umukuru mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa Kanama.

Mu ijambo rye yagejeje ku bari aho, Dr Habineza yagize ati”Umutekano wa mbere na mbere ni uwo mu gifu, niyo mpamvu ibibazo byose bifitanye isano n’ubutaka birimo imisoro, no kutareka abaturage ngo bahinge ibyo bashaka bizaba byamaze gukemuka bitarenze mu kwezi kwa Cyenda nyuma y’amatora nimuntora bityo ibyo bikazaba inkingi yo kwihaza ku biribwa.”

Akomeza agira ati”Ubutaka ni umurage Gakondo, abantu baba bararazwe na basekuruza, nta mpamvu rero yo kubusoreshwa kandi leta nay o ibite ibindi bikorwa biyinjiriza amafaranga nk’amashyamba n’ibindi.”

Uretse ikibazo cy’imisoro y’ubutaka, Dr Habineza yanavuze ko abaturage bazabasha kugira uruhare mu kwihitiramo ibyo bagomba guhinga bijyanye n’amahitamo yabo aho kubahitiramo ibyo badashaka.

Aha yavuze ko nko mu turere tweramo urutoki azafasha abaturage kubona insina zijyanye n’igihe ndetse n’imbuto ibereye ahantu bitewe n’ikirere cya ho ku bahinga indi myaka.

Uyu muhango kandi wari witabiriwe n’abantu benshi ugereranyije n’abari bitabiriye kuri site yabanje yo mu Karere ka Kirehe ugendeye ku bageze mu kigero kibemerera gutora, abaturage bagaragaje ibyishimo ndetse banavuga ko inkoko ari yo ngoma.

Dr Frank Habineza yagaragaje ko nubwo ibikorwa byo kwiyamamaza ku ruhande rwe birimo kugenda neza, arikoko hakiri imbogamizi ku kijyanye no kubona abantu bamuyoboka muri ibi bikorwa, zirimo kumwitambika kw’abaturage, guhindurirwa aho gukorera ku buryo butunguranye bituma ibikorwa bye bitagenda neza, kugaragariza kutishimirwa n’abandi bayobozi by’umwihariko abo mu nzego z’ibanze n’ibindi.

-7294.jpg
Gusa na none, avuga ko abaza kumutega amatwi no kwifatanya na bo ari abo kandi ko azakomeza guhangana kugeza birangiye kuko ari urugamba yatangiye kandi agomba kurangiza.

Dr Frank avuga ko mu bibazo by’ingutu azahangana na byo naramuka atowe harimo icy’ubushomeri bwugarije urubyiruko abafasha gushaka imirimo, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu turere tumwe na tumwe, gukuraho imisoro imwe n’imwe ibangamira iterambere ry’umuturage nko gusorera ubutaka, amatungo magufi n’ibindi, kongerera imishahara abakozi ba leta barimo abapolisi n’abasirikare no kubashakira inzu nziza zo kubamo nk’abantu bakora akazi gakomeye ko gucunga umutekano n’ibindi.

2017-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama
Mu Rwanda

Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru