• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwa Bruxelles rwemeje ko kuba u Bubiligi bwaravanye ingabo zabwo mu birindiro zarimo muri ETO Kicukiro, byari umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye, ntaho bihuriye n’itegeko ryaba ryaratanzwe n’igihugu zikomokamo.

Guhera ku wa 2 Werurwe 2018, uru rukiko rwatangiye kumva urubanza ku ruhare rushinjwa Leta y’u Bubiligi rwo kuba “ntacyo yakoze” ngo batabare Abatutsi basaga 2000 biciwe muri ETO Kicukiro ku wa 11 Mata 1994.

Ni ikirego cyatanzwe n’imiryango y’Abanyarwanda barokotse Jenoside, bashinja u Bubiligi ko bwahaye ingabo zabwo itegeko ryo kuva kuri ETO hamwe na bene wabo bari bahari, zigasiga Abatutsi mu maboko y’Interahamwe.

Mu rubanza rumaze imyaka 14 guhera mu 2004, mu mwanzuro urukiko rwafashe ku wa 8 Kamena Ikinyamakuru Jeune Afrique cyabashije kunyuzamo amaso, rwemeje ko kuvana abasirikare b’Ababiligi bari mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bw’amahoro mu Rwanda (Minuar) muri École Technique Officielle (ETO) ku Kicukiro “byari inshingano za Loni, bitari mu bubasha bw’ubuyobozi bw’icyo gihugu.

Ubwo Jenoside yatangiraga, Abatutsi benshi bahungiraga muri ETO kuko hari abasirikare bagera ku 100 b’Ababiligi bafite n’intwaro zikomeye, bizera ko wenda bazabarinda ibitero by’Interahamwe zabaga zishaka kubica.

Gusa izo ngabo zahawe amabwiriza yo kujya ku kibuga cy’indege gutera ingabo mu bitugu Opération Silver Back yatangiye ku wa 10 Mata, igamije gucyura abanyamahanga bari mu Rwanda by’umwihariko Abafaransa n’Ababiligi.

Ni umwanzuro ariko wagaragaye nk’ushingiye ku itegeko ryatanzwe na Leta y’u Bubiligi yari imaze gupfusha abasirikare 10 barindaga Minisitiri w’Intebe, Uwiringiyimana Agathe.

Ahagana saa saba kuwa 11 Mata nibwo basohotse muri ETO, Abatutsi barabingiga ngo be kubasiga bonyine kugeza ubwo baryamye imbere y’imodoka zabo ariko biba iby’ubusa. Babisikanye n’Interahamwe n’ingabo za leta y’icyo gihe, binjira batera amagerenade, banarasa bagambiriye kurimbura Abatutsi bagera ku 2000 bari bahahungiye.

Urukiko rwari rwararegewe ngo rugaragaze ukwiye kubazwa uku gutererana Abatutsi kwatikije ubuzima bw’ibihumbi ubwo izi ngabo z’Ababiligi zari zimaze kuvanwa muri ETO, ngo habeho no gutanga indishyi ku wabikoze.

Uyu mwanzuro w’urukiko uvuga ko nta muyobozi w’u Bubiligi cyangwa guverinoma y’icyo gihugu waba yaratanze itegeko ryo kuhavana ingabo.

Mu batanze ikirego barimo Umuryango wa Boniface Ngulinzira wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda hagati ya 1992 na 1993 akaba n’umwe mu bagize uruhare mu kunoza amasezerano ya Arusha yashyizweho umukono muri Kanama 1993, nawe wishwe ingabo z’Ababiligi zimaze kuva muri ETO.

Urwo rukiko rwanagize abere abasirikare batatu bakuru bashyize mu bikorwa iryo tegeko ryo kuvana abasirikare muri ETO, barimo Colonel Luc Marchal wari umuyobozi wungirije wa Minuar, Colonel Joseph Dewez wayoboraga ingabo z’Ababiligi i Kigali na Lieutenant Luc Lemaire wari uyoboye ingabo muri ETO.

Umwanzuro w’urukiko ukomeza ugira uti “Muri icyo gihe, nta tegeko ryatanzwe na Guverinoma y’u Bubiligi cyangwa igisirikare cy’u Bubiligi risaba ingabo kuva muri ETO.”

Uru Rukiko rwahinyuje umwanzuro wariwafashe n’urukiko rwabiranishije uru rubanza mu cyiciro cya mbere, rugasomwa ku wa 8 Ukuboza 2010, rwari rwemeje ko “kuvana ingabo muri ETO byari umwanzuro w’u Bubiligi atari uwa Minuar.”

2018-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kabiri, Perezida Kagame yagarutse ku makimbirane mu bagize guverinoma

Ku nshuro ya kabiri, Perezida Kagame yagarutse ku makimbirane mu bagize guverinoma

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Amerika yahaye ibyangombwa  Amb.Eugene Gasana, ukekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa RNC

Amerika yahaye ibyangombwa Amb.Eugene Gasana, ukekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa RNC

Ubwanditsi 31 Mar 2019
FDLR yikomye umunyamakuru Marie-France Cros wa La Libre Belgique

FDLR yikomye umunyamakuru Marie-France Cros wa La Libre Belgique

Ubwanditsi 22 May 2018
Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Ubwanditsi 19 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali
IMIKINO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Ubwanditsi 24 Feb 2019
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda
Amakuru

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021
AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 11 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru