• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.
Col. Kaka, Gen. Kandiho na Gen Elly Tumwine

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ku itariki 11 Gashyantare batangiye gukusanya imikono (signatures) igaragaza ko badashaka Minisitiri w’Umutekano Elly Tumwine.

Minisitiri Gen. Tumwine arashinjwa kubangamira imirimo ya Komite Ishinzwe uburenganzira bwa muntu mu Nteko Ishinga Amategeko Uganda, ubwo yashakaga amakuru yerekeye iby’inzu z’ibanga zifungirwamo abaturage ba Uganda bagakorerwa iyicarubozo mu nyungu bwite za bamwe mu bagize inzego z’umutekano.

Nyuma yo kwakira ubusabe bw’iyo Komite yasabaga ko Minisitiri ahanwa hadasabwe ibindi bisobanuro, Mohammad Muwanga Kivumbi uhagarariye Intara ya Butambala yasabye Inteko ko byanyura mu kubitorera agendeye ku ngingo ya 56 y’amategeko agenga imikorere y’Inteko aho muri Uganda.

Mu mwaka ushize, Perezida w’Inteko, Rebecca Kadaga, yasabye ko hakorwa iperereza ku kibazo cy’iyicarubozo ku kigo gishinzwe umutekano n’iperereza imbere mu gihugu [Internal Security Organisation ]ISO na CMI nyuma yuko hari abagaragaje ko ibyo bigo byashyizeho inzu z’ibanga zikoreramo iyicarubozo.

Ubwo Gen Tumwine yageraga imbere ya komite yaje kwemera ko Guverinoma ifite izo nzu z’ibanga ku mpamvu z’iperereza atari iyicarubozo ry’abasivile.

Nyamara iyo komite ngo yaje kwakira ubuhamya bwa bamwe bavugaga ko hari abakoresha ububasha bafite mu nzego z’umutekano mu gukemura amakimbirane bafitanye n’abantu. Isaba ko abashinzwe umutekano batakoresha inzego barimo ku mpamvu zabo bwite.

Kugeza kuwa 11 Gashyantare abantu batandatu bari bamaze gusinyira ko, Minisitiri yirukanwa. Mu basinye harimo Mbwatekamwa Gaffa ukomoka mu Ntara ya Kassambya wo mu ishyaka rya NRM yabwiye Daily Monitor ko hakenewe imikono 150 mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bagera kuri 457.

Ati “Dukeneye nibura imikono 150 kandi byatangiye uyu munsi. Kugeza ubu jye nashyizeho umukono wanjye, ariko sinamenya niba abandi basinye kuko ntabwo nshinzwe kureba uwaba yabikoze.”

Yavuze ko Gen Tumwine yatangiye gutera ubwoba abagize Inteko bari gusinya kuri iyo nyandiko yohereza umunetsi uri gufata amafoto y’ushyizeho umukono.

Ati “Umwungirije, uriya mugore uri hariya ahagaze afite telefoni kubera ko usinye wese agomba kumwandika akanamufata ifoto. Namubwiye nti ngwino ufate ifoto ngiye gusinya kubera ko ntakwihisha. Ntacyo aricyohano mu Nteko.”

Hagendewe ku itegeko Nshinga ryo mu 1995, Inteko Ishinga Amategeko yirukanye Abaminisitiri babiri yeguza abandi batanu nyuma yo kuzuza imikono yasabwaga.

2020-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 04 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko
Amakuru

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020
Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi
Mu Rwanda

Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside
Mu Rwanda

Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru