• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.
Col. Kaka, Gen. Kandiho na Gen Elly Tumwine

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ku itariki 11 Gashyantare batangiye gukusanya imikono (signatures) igaragaza ko badashaka Minisitiri w’Umutekano Elly Tumwine.

Minisitiri Gen. Tumwine arashinjwa kubangamira imirimo ya Komite Ishinzwe uburenganzira bwa muntu mu Nteko Ishinga Amategeko Uganda, ubwo yashakaga amakuru yerekeye iby’inzu z’ibanga zifungirwamo abaturage ba Uganda bagakorerwa iyicarubozo mu nyungu bwite za bamwe mu bagize inzego z’umutekano.

Nyuma yo kwakira ubusabe bw’iyo Komite yasabaga ko Minisitiri ahanwa hadasabwe ibindi bisobanuro, Mohammad Muwanga Kivumbi uhagarariye Intara ya Butambala yasabye Inteko ko byanyura mu kubitorera agendeye ku ngingo ya 56 y’amategeko agenga imikorere y’Inteko aho muri Uganda.

Mu mwaka ushize, Perezida w’Inteko, Rebecca Kadaga, yasabye ko hakorwa iperereza ku kibazo cy’iyicarubozo ku kigo gishinzwe umutekano n’iperereza imbere mu gihugu [Internal Security Organisation ]ISO na CMI nyuma yuko hari abagaragaje ko ibyo bigo byashyizeho inzu z’ibanga zikoreramo iyicarubozo.

Ubwo Gen Tumwine yageraga imbere ya komite yaje kwemera ko Guverinoma ifite izo nzu z’ibanga ku mpamvu z’iperereza atari iyicarubozo ry’abasivile.

Nyamara iyo komite ngo yaje kwakira ubuhamya bwa bamwe bavugaga ko hari abakoresha ububasha bafite mu nzego z’umutekano mu gukemura amakimbirane bafitanye n’abantu. Isaba ko abashinzwe umutekano batakoresha inzego barimo ku mpamvu zabo bwite.

Kugeza kuwa 11 Gashyantare abantu batandatu bari bamaze gusinyira ko, Minisitiri yirukanwa. Mu basinye harimo Mbwatekamwa Gaffa ukomoka mu Ntara ya Kassambya wo mu ishyaka rya NRM yabwiye Daily Monitor ko hakenewe imikono 150 mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bagera kuri 457.

Ati “Dukeneye nibura imikono 150 kandi byatangiye uyu munsi. Kugeza ubu jye nashyizeho umukono wanjye, ariko sinamenya niba abandi basinye kuko ntabwo nshinzwe kureba uwaba yabikoze.”

Yavuze ko Gen Tumwine yatangiye gutera ubwoba abagize Inteko bari gusinya kuri iyo nyandiko yohereza umunetsi uri gufata amafoto y’ushyizeho umukono.

Ati “Umwungirije, uriya mugore uri hariya ahagaze afite telefoni kubera ko usinye wese agomba kumwandika akanamufata ifoto. Namubwiye nti ngwino ufate ifoto ngiye gusinya kubera ko ntakwihisha. Ntacyo aricyohano mu Nteko.”

Hagendewe ku itegeko Nshinga ryo mu 1995, Inteko Ishinga Amategeko yirukanye Abaminisitiri babiri yeguza abandi batanu nyuma yo kuzuza imikono yasabwaga.

2020-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Ubwanditsi 28 Sep 2023
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Ubwanditsi 13 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze
Mu Mahanga

Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17
IMIKINO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite
Amakuru

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru