• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Ubwanditsi 12 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Leta y’Amerika binyuze k’Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’Amahanga yatangaje ko bari gukurikiranira hafi ibibera muri Uganda ariko ko ababigizemo uruhare bagomba kubibazwa.

Ibi bije bikurikira ibaruwa yanditswe n’umukuru ushinzwe komisiyo y’ububanyi n’amahanga mu nteko ishinga amategeko y’Amerika, Elliot Angel asaba ko hahita hafatwa ibihano bikakaye bigafatirwa abasirikari bakuru mu gihugu cya Uganda bitewe n’uburyo bahohotera abarwanashyaka ba Bobi Wine.

Iyo baruwa yanditswe tariki ya 9 Ukuboza 2020 igaragaza amazina asabirwa gufatirwa ibihano, muri ayo harimo ukuriye ingabo zo ku butaka Maj Gen Peter Elwelu, Ukuriye ingabo zidasanzwe (Special Foreces) Maj Gen James Birungi, Uwari ukuriye ingabo za Uganda  muri Somalia Maj Gen Don William Nabasa na Maj Gen Kandiho ukuriye umutwe ushinzwe iperereza mu gisirikari cya Uganda.

Urutonde rw’abagomba gufatirwa ibihano rwageze no muri Polisi aho uwungirije umukuru wa Polisi ya Uganda Lt Gen Peter Steven Sabiiti Muzeeyi, nukuriye iperereza Franc Mwesigwa nabo basabirwa ibihano.

Isi yose ihangayikishijwe nibiri kubera muri Uganda aho abantu benshi bamaze kwica n’inzego z’umutekano zicyo gihugu. Mu gihe cya se, Amerika yigeze gufatira ibihano Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi. Muri Mata 2017, Lt Gen Elwelu yangiye kwinjira mu nama yahuzaga Amerika n’Afurika aho abakuriye ingabo zo kubutaka bari bateraniye, I Lililongwe muri Malawi kubera ibyo bari bakoreye abaturage barindaga umwami wa Kasese bagera kuri 155 bakicwa. Kugeza uyu munsi abarwanashyaka ba Bobi Wine bagera kuri 54 bamaze kwicwa uhereye tariki ya 18 Ugushyingo

Ibaruwa yanditswe n’amerika ivuga ibyaha bitandukanye byakozwe n’ingabo za Uganda aho binjiye no mu nteko ishinga amategeko bagasohora abadepite batavugaga rumwe ku itorwa ryo guhindura itegeko maze Perezida Museveni akemererwa kuyobora Uganda kandi arengeje imyaka 75. Bagarutse kandi ku ihohoterwa rya Bobi Wine n’abarwanashyaka be 33 Arua ubwo umushoferi we yicwaga baziko bishe Bobi Wine. Ntawigeze afatwa ngo aryozwe ibi byaha.

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko hari abasirikari bakuru mu gisirikari cya Uganda bitandukanyije na Perezida Museveni kubera guhabwa amabwiriza yo kwica abaturage.

2020-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022
Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi

Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Imyanzuro  yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Ubwanditsi 13 Mar 2019
APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

Ubwanditsi 08 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru  ryo mu Rwanda
Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 May 2017
Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje
Mu Rwanda

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Ubwanditsi 05 May 2016
Agahuru kimbwa kahiye
ITOHOZA

Agahuru kimbwa kahiye

Ubwanditsi 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru