• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yatanze impeta y’Igihango ku bantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bafatanije na Leta y’u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu yabashimiye mu buryo bukomeye uko babaye hafi Abanyarwanda igihe igihugu cyari kivuye  muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahawe iyo mpeta y’igihango ni Hezi Bezalel, Howard Buffett, Gilbert Chagoury, John Dick, Paul Farmer, Alain Gauthier, Dafroza Gauthier, Linda Melvern ndetse na Joseph Ritchie.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwari rukeneye abarujya inyuma,aba rero bakaba barabigizemo uruhare rukomeye.

Mu kubashimira, Perezida Kagame yagize ati ” Mu bihe bikomeye, igihe twasabwaga kwigira ubwacu tukishakamo ibisubizo, u Rwanda ntirwigeze ruba rwonyine. Twagize inshuti zadufashije. Natwe twiteguye kubitaba igihe cyose muzadukenera.”

Perezida Kagame avuga ko iyi impeta y’Igihango  aba bantu bahawe nk’uko izina ryayo ribivuga, bisobanuye ko ari abanywanyi b’u Rwanda.

Yunzemo ati “Mu muco Nyarwanda, Igihango cyabaga hagati y’abantu babiri cyangwa se imiryango ibiri kikabahuza. Igihango ni isezerano rihitwamo ku bushake, rishingiye ku kuri n’ubwitange, ridasaza kandi ridakuka, abafitanye umubano ku buryo busanzwe bitwa ‘Inshuti’. Abagiranye Igihango bitwa Abanywanyi kuko baba banywanye, turanywanye, hari igice cyacu muri mwe, hari n’icyanyu muri twe.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko abahawe izi mpeta ngo ari ukubera uruhare bagaragaje ,ku buryo nibyo abantu bakekaga ko bidashoboka byakozwe.

Perezida Kagame yibukije ko Igihango gisobanura ubucuti buhoraho kandi ntawe ugihemukira

Agira ati “Ku ruhare rw’abahawe Impeta y’Igihango ni ukubera umusanzu n’ubwitange byabo, twashoboye gukora byinshi byagaragaraga nk’ibidashoboka, Intego y’izi Mpeta ni uguha agaciro umusanzu w’intagereranywa ku buzima bw’igihugu cyacu. Igikorwa nk’iki gitera urubyiruko imbaraga n’akanyabugabo mu guha ubuzima bwabo icyerekezo gihamye.”

Perezida Kagame avuga ko Umuhango nk’uyu uzajya uba kenshi kugeza igihe abagize uruhare mu gutera ingabo mu bitugu abanyarwanda bazaba bamaze kwiturwa.

Hezi Bezalel, Umunyayisiraheli wahawe iyi mpeta y’ Igihango, mu ijambo rye yashimiye Kagame uburyo yongeye kubaka igihugu cyasaga nkikitariho, ubu u Rwanda rukaba rwifuzwa na buri wese. Ati “ Dufitanye igihango ubuzima bwose”

2017-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023
APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Ubwanditsi 20 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.
HIRYA NO HINO

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Perezida Kagame yashimiye Kenyatta wongeye gutorerwa kuyobora Kenya
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimiye Kenyatta wongeye gutorerwa kuyobora Kenya

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira
Amakuru

Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

RUSHYASHYA 02 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru