• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yatanze impeta y’Igihango ku bantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bafatanije na Leta y’u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu yabashimiye mu buryo bukomeye uko babaye hafi Abanyarwanda igihe igihugu cyari kivuye  muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahawe iyo mpeta y’igihango ni Hezi Bezalel, Howard Buffett, Gilbert Chagoury, John Dick, Paul Farmer, Alain Gauthier, Dafroza Gauthier, Linda Melvern ndetse na Joseph Ritchie.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwari rukeneye abarujya inyuma,aba rero bakaba barabigizemo uruhare rukomeye.

Mu kubashimira, Perezida Kagame yagize ati ” Mu bihe bikomeye, igihe twasabwaga kwigira ubwacu tukishakamo ibisubizo, u Rwanda ntirwigeze ruba rwonyine. Twagize inshuti zadufashije. Natwe twiteguye kubitaba igihe cyose muzadukenera.”

Perezida Kagame avuga ko iyi impeta y’Igihango  aba bantu bahawe nk’uko izina ryayo ribivuga, bisobanuye ko ari abanywanyi b’u Rwanda.

Yunzemo ati “Mu muco Nyarwanda, Igihango cyabaga hagati y’abantu babiri cyangwa se imiryango ibiri kikabahuza. Igihango ni isezerano rihitwamo ku bushake, rishingiye ku kuri n’ubwitange, ridasaza kandi ridakuka, abafitanye umubano ku buryo busanzwe bitwa ‘Inshuti’. Abagiranye Igihango bitwa Abanywanyi kuko baba banywanye, turanywanye, hari igice cyacu muri mwe, hari n’icyanyu muri twe.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko abahawe izi mpeta ngo ari ukubera uruhare bagaragaje ,ku buryo nibyo abantu bakekaga ko bidashoboka byakozwe.

Perezida Kagame yibukije ko Igihango gisobanura ubucuti buhoraho kandi ntawe ugihemukira

Agira ati “Ku ruhare rw’abahawe Impeta y’Igihango ni ukubera umusanzu n’ubwitange byabo, twashoboye gukora byinshi byagaragaraga nk’ibidashoboka, Intego y’izi Mpeta ni uguha agaciro umusanzu w’intagereranywa ku buzima bw’igihugu cyacu. Igikorwa nk’iki gitera urubyiruko imbaraga n’akanyabugabo mu guha ubuzima bwabo icyerekezo gihamye.”

Perezida Kagame avuga ko Umuhango nk’uyu uzajya uba kenshi kugeza igihe abagize uruhare mu gutera ingabo mu bitugu abanyarwanda bazaba bamaze kwiturwa.

Hezi Bezalel, Umunyayisiraheli wahawe iyi mpeta y’ Igihango, mu ijambo rye yashimiye Kagame uburyo yongeye kubaka igihugu cyasaga nkikitariho, ubu u Rwanda rukaba rwifuzwa na buri wese. Ati “ Dufitanye igihango ubuzima bwose”

2017-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Leta igiye gucukumbura  byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 07 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe
Mu Rwanda

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “
INKURU NYAMUKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Ubwanditsi 18 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru