• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ubwanditsi 20 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’ayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa ryitwa ‘Communist Party of China(CPC) bayobowe na Dr.Ji Zihye kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mata 2018, bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu rwego rwo kungurana ibitekerezo n’ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, Rwanda Patriotic Front(RPF-Inkotanyi) ku bijyanye n’imiyoborere.

Mu biganiro byabereye ku cyicaro cy’ishyaka rya RPF-Inkotanyi giherereye i Rusororo mu mujyi wa Kigali, Umuyobozi w’ir’itsinda Dr.Ji Zihye akaba n’Umuyobozi w’ishuri ry’Ubushakashatsi ku miyoborere ubwo yaganiraga n’itangazamakuru yavuze ko uru ruzinduko ahanini rugamije gukomeza kunoza umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi ndetse na Afurika muri rusange.
Uyu muyobozi yagize ati”Turi mu Rwanda mu rwego rwo kunoza no kubyaza umusaruro umubano usanzwe uriho hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa na Afurika muri rusange”

Dr.Ji Zihye yongeyeho ko uru ruzinduko ari amahirwe bagize yo kungurana ibitekerezo na perezida Paul Kagame nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) muri iyi minsi mu rwego rwo kunoza umubano hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

“Ikindi ni ukwita ku mikoranire na Afurika mu gihe turimo kwitegura kwakira inama yitwa “Focus Summit”muri uyu mwaka. Dushaka kungurana ibitekerezo na Perezida Kagame nk’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe kuri iyi ngingo”

Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange, Wellars Gasamagera yavuze ko uruzinduko rwa bamwe mu bayobozi ba CPC ari uburyo busanzwe buriho hagati y’amashyaka yombi mu rwego rwo kungurana ibitekerezo k’ubunararibonye ku ngingo zinyuranye by’umwihariko ibijyanye n’imiyoborere.

“CPC ni ishyaka risanzwe rifitanye umubano wihariye na RPF-Inkotanyi kuva kera, duhora dusurana, twungurana ubunararibonye ku ngingo zinyuranye cyane cyane urw’imiyoborere. Aba baje muri urwo rwego,tugenda tuganira kuri ‘theme’ nyinshi hashingiwe k’ubwubahane bw’amashyaka yombi ndetse ariko noneho tugasangira ibyo duhuje mu nyungu ziteganyijwe za buri ruhande”

Wellars Gasamagera , Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange

Abajijwe niba hari amasomo RPF-Inkotanyi yakwigira kuri CPC yatumye u Bushinwa bugera ku rwego bugezeho mu iterambere , uyu muyobozi yavuze ko hari byinshi bitandukanye bigira muri uyu mubano.

“Ah, ni byinshi cyane, bagira ikintu bita ‘socialisme’ ishingiye ku bitekerezo bwite by’Abashinwa ubwabo, gusangira n’isi yose ejo hazaza mu bwubahane no kubaha ibitekerezo bya buri wese. Ibi bintu uko ari bibiri usanga tubisangiye bijya guhura n’umuco wacu wo kwigira,gushaka ibisubizo mu muco wacu”

Uru ruziduko rubaye nyuma y’aho kuwa 25 Nzeri 2017 irindi tsinda ry’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa bari bayobowe na Xia Shujun bagiriye uruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo gushyira imbaraga mu mubano uri hagati y’aya mashyaka yombi no gusangira ubunararibonye mu miyoborere.

Ishyaka ‘Communist Party of China (CPC) ryashinzwe mu mwaka w’1921 na Chen Duxiu afatanyije na Li Dazhao, ubu rikaba riyobowe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping.

2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Ubwanditsi 14 Dec 2017
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019
RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo
POLITIKI

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania
HIRYA NO HINO

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru