• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ubwanditsi 20 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’ayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa ryitwa ‘Communist Party of China(CPC) bayobowe na Dr.Ji Zihye kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mata 2018, bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu rwego rwo kungurana ibitekerezo n’ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, Rwanda Patriotic Front(RPF-Inkotanyi) ku bijyanye n’imiyoborere.

Mu biganiro byabereye ku cyicaro cy’ishyaka rya RPF-Inkotanyi giherereye i Rusororo mu mujyi wa Kigali, Umuyobozi w’ir’itsinda Dr.Ji Zihye akaba n’Umuyobozi w’ishuri ry’Ubushakashatsi ku miyoborere ubwo yaganiraga n’itangazamakuru yavuze ko uru ruzinduko ahanini rugamije gukomeza kunoza umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi ndetse na Afurika muri rusange.
Uyu muyobozi yagize ati”Turi mu Rwanda mu rwego rwo kunoza no kubyaza umusaruro umubano usanzwe uriho hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa na Afurika muri rusange”

Dr.Ji Zihye yongeyeho ko uru ruzinduko ari amahirwe bagize yo kungurana ibitekerezo na perezida Paul Kagame nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) muri iyi minsi mu rwego rwo kunoza umubano hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

“Ikindi ni ukwita ku mikoranire na Afurika mu gihe turimo kwitegura kwakira inama yitwa “Focus Summit”muri uyu mwaka. Dushaka kungurana ibitekerezo na Perezida Kagame nk’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe kuri iyi ngingo”

Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange, Wellars Gasamagera yavuze ko uruzinduko rwa bamwe mu bayobozi ba CPC ari uburyo busanzwe buriho hagati y’amashyaka yombi mu rwego rwo kungurana ibitekerezo k’ubunararibonye ku ngingo zinyuranye by’umwihariko ibijyanye n’imiyoborere.

“CPC ni ishyaka risanzwe rifitanye umubano wihariye na RPF-Inkotanyi kuva kera, duhora dusurana, twungurana ubunararibonye ku ngingo zinyuranye cyane cyane urw’imiyoborere. Aba baje muri urwo rwego,tugenda tuganira kuri ‘theme’ nyinshi hashingiwe k’ubwubahane bw’amashyaka yombi ndetse ariko noneho tugasangira ibyo duhuje mu nyungu ziteganyijwe za buri ruhande”

Wellars Gasamagera , Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange

Abajijwe niba hari amasomo RPF-Inkotanyi yakwigira kuri CPC yatumye u Bushinwa bugera ku rwego bugezeho mu iterambere , uyu muyobozi yavuze ko hari byinshi bitandukanye bigira muri uyu mubano.

“Ah, ni byinshi cyane, bagira ikintu bita ‘socialisme’ ishingiye ku bitekerezo bwite by’Abashinwa ubwabo, gusangira n’isi yose ejo hazaza mu bwubahane no kubaha ibitekerezo bya buri wese. Ibi bintu uko ari bibiri usanga tubisangiye bijya guhura n’umuco wacu wo kwigira,gushaka ibisubizo mu muco wacu”

Uru ruziduko rubaye nyuma y’aho kuwa 25 Nzeri 2017 irindi tsinda ry’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa bari bayobowe na Xia Shujun bagiriye uruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo gushyira imbaraga mu mubano uri hagati y’aya mashyaka yombi no gusangira ubunararibonye mu miyoborere.

Ishyaka ‘Communist Party of China (CPC) ryashinzwe mu mwaka w’1921 na Chen Duxiu afatanyije na Li Dazhao, ubu rikaba riyobowe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping.

2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za  Perezida Museveni  mugihe cy’urugamba rwa RPF  rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Indimi ebyiri za Perezida Museveni mugihe cy’urugamba rwa RPF rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 11 Sep 2018
U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Ubwanditsi 28 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka
Mu Rwanda

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo
ITOHOZA

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?
Amakuru

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru