• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ubwanditsi 20 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’ayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa ryitwa ‘Communist Party of China(CPC) bayobowe na Dr.Ji Zihye kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mata 2018, bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu rwego rwo kungurana ibitekerezo n’ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, Rwanda Patriotic Front(RPF-Inkotanyi) ku bijyanye n’imiyoborere.

Mu biganiro byabereye ku cyicaro cy’ishyaka rya RPF-Inkotanyi giherereye i Rusororo mu mujyi wa Kigali, Umuyobozi w’ir’itsinda Dr.Ji Zihye akaba n’Umuyobozi w’ishuri ry’Ubushakashatsi ku miyoborere ubwo yaganiraga n’itangazamakuru yavuze ko uru ruzinduko ahanini rugamije gukomeza kunoza umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi ndetse na Afurika muri rusange.
Uyu muyobozi yagize ati”Turi mu Rwanda mu rwego rwo kunoza no kubyaza umusaruro umubano usanzwe uriho hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa na Afurika muri rusange”

Dr.Ji Zihye yongeyeho ko uru ruzinduko ari amahirwe bagize yo kungurana ibitekerezo na perezida Paul Kagame nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) muri iyi minsi mu rwego rwo kunoza umubano hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

“Ikindi ni ukwita ku mikoranire na Afurika mu gihe turimo kwitegura kwakira inama yitwa “Focus Summit”muri uyu mwaka. Dushaka kungurana ibitekerezo na Perezida Kagame nk’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe kuri iyi ngingo”

Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange, Wellars Gasamagera yavuze ko uruzinduko rwa bamwe mu bayobozi ba CPC ari uburyo busanzwe buriho hagati y’amashyaka yombi mu rwego rwo kungurana ibitekerezo k’ubunararibonye ku ngingo zinyuranye by’umwihariko ibijyanye n’imiyoborere.

“CPC ni ishyaka risanzwe rifitanye umubano wihariye na RPF-Inkotanyi kuva kera, duhora dusurana, twungurana ubunararibonye ku ngingo zinyuranye cyane cyane urw’imiyoborere. Aba baje muri urwo rwego,tugenda tuganira kuri ‘theme’ nyinshi hashingiwe k’ubwubahane bw’amashyaka yombi ndetse ariko noneho tugasangira ibyo duhuje mu nyungu ziteganyijwe za buri ruhande”

Wellars Gasamagera , Komiseri muri RPF-Inkotanyi ushinzwe ubukangurambaga rusange

Abajijwe niba hari amasomo RPF-Inkotanyi yakwigira kuri CPC yatumye u Bushinwa bugera ku rwego bugezeho mu iterambere , uyu muyobozi yavuze ko hari byinshi bitandukanye bigira muri uyu mubano.

“Ah, ni byinshi cyane, bagira ikintu bita ‘socialisme’ ishingiye ku bitekerezo bwite by’Abashinwa ubwabo, gusangira n’isi yose ejo hazaza mu bwubahane no kubaha ibitekerezo bya buri wese. Ibi bintu uko ari bibiri usanga tubisangiye bijya guhura n’umuco wacu wo kwigira,gushaka ibisubizo mu muco wacu”

Uru ruziduko rubaye nyuma y’aho kuwa 25 Nzeri 2017 irindi tsinda ry’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa bari bayobowe na Xia Shujun bagiriye uruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo gushyira imbaraga mu mubano uri hagati y’aya mashyaka yombi no gusangira ubunararibonye mu miyoborere.

Ishyaka ‘Communist Party of China (CPC) ryashinzwe mu mwaka w’1921 na Chen Duxiu afatanyije na Li Dazhao, ubu rikaba riyobowe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping.

2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024
Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023
Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye  na  Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye na Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Ubwanditsi 26 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe
Mu Mahanga

Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe

Ubwanditsi 20 Aug 2016
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020
Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru