• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Buri munsi umubare w’Abatutsi bo muri Kongo bahungira mu bihugu byo muri aka karere urushaho kwiyongera, bakaba bahunga Jenoside imaze imyaka ibakorerwa isi yose irebera.

Uretse ababarirwa mu bihumbi mirongo inani(80.000)bamaze imyaka isaga 20 mu nkambi zo mu Rwanda, ndetse n’uyu munsi bakaba bakiza, hari abandi ibihumbi amagana bari muri Uganda, Tanzaniya, uBurundi, Kenya n’ahandi. Hari n’abagira amahirwe bakajyanwa muri Amerika, Canada no mu Burayi, n’ubwo nta heza habaho ku mpunzi.

Icyo abasesenguzi bibaza rero, ni kuki ibyo bihugu byo mu burengerazuba bw’isi bihitamo guhungisha abo Batutsi b’Abanyekongo, aho kugira uruhare mu gukemura burundu ikibazo gituma bava mu byabo, bakajya kubaho mu buzima bubi bwa gihunzi?Ese ntihaba hari ba rusahuriramunduru bafite inyungu muri ako kaduruvayo?

Birazwi neza ko Abatutsi bo muri Kongo batangiye kwicwa cyane cyane ubwo abajenosideri bo mu Rwanda bari bamaze guhungira muri Zayire, ari yo Kongo ya none. Uko ubutegetsi bwagiye busimburana, nta muperezida wa Kongo n’umwe wigeze aha agaciro iki kibazo cy’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, ahubwo Interahamwe zakomeje gushyirwa ku ibere, zicengeza ingengabitekerezo ya jenoside zari zikuye mu Rwanda, maze umututsi afatwa nk’umunyamahanga mu gihugu cye, udafite uburenganzira mba, harimo n’ubwo kubaho.

Raporo za Loni n’indi miryango mpuzamahanga nta gihe ziterekanye ko ubutegetsi bwa Kongo bushyigikiye imitwe yica abaturage, harimo n’uw’abajenosideri bo muri FDLR. Ariko se kwandika ibyegeranyo gusa, ntihagire ikintu ka kimwe gikorwa ngo ubwo butegetsi bureke gukorana n’abicanyi, bimaze iki?

Mu muhango wo kurahiza Senateri Kalinda François Xavier wabaye tariki 09 Mutarama 2023, Perezida wa Repubulika , Paul Kagame, nawe yibajije impamvu umuryango mpuzamahanga ntacyo ukora ngo ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo kibonerewe umuti urambye, bityo impunzi z’Abanyekongo zinyanyagiye muri aka karere zisubire mu gihugu cyazo, hubwo ugahitamo kugereka uwo mutwaro ku Rwanda.

Ubu amahanga yirirwa yamagana umutwe wa M23, kandi abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo bazi neza ko imwe mu mpamvu urwanira ari uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Ese gufata M23 nk’umutwe w’iterabwoba byakemura iki, mu gihe wirengagiza impamvu nyamukuru yatumye abo barwanyi bafata intwaro? Kwanga gushyikirana n’abarwanyi bafite imbaraga n’impamvu(cyangwa gushyikirana nawo rwihishwa), ni nko kwicara ku kirunga uzi neza ko amaherezo kizaruka, kandi utariteguye ingaruka zabyo.

 Ese umunsi u Rwanda rwagaragaje ko rutagishoboye kwakira impunzi z’Abanyekongo, no kwihanganira ibirego n’ibitutsi kubera gucumbikira izo munzi, uwo muryango mpuzamahanga nibwo uzibuka ko umutekano muri Kongo ukenewe kugirango izo mpunzi zishobore gutaha?

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi nibireke umukino wo gushakira inyungu mu ntambara no mu  maraso y’inzirakarengane. Nibigire ubutwari bwo guhangana n’ikibazo aho kukirenza ingohe no kucyegeka ku Rwanda. Umuryango mpuzamahanga, n’uRwanda rurimo, ufite inshingano zo gukebura abategetsi ba Kongo, no kubereka umuzi nyakuri w’ikibazo cy’umutekano muke, kinagenda kirushaho gufata intera ndende. Kwihunza ibibazo no kubigereka ku bandi bizatuma biba akarande, kubikemura bikazarushaho kugorana. 

2023-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Ubwanditsi 25 Jul 2016
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024
Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race
Amakuru

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Ubwanditsi 02 Oct 2022
Mashami Vincent wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yabwiwe ko atazongerererwa amasezerano
Amakuru

Mashami Vincent wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yabwiwe ko atazongerererwa amasezerano

Ubwanditsi 10 Mar 2022
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko
ITOHOZA

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru