• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Ubuyobozi bw’ikigo k’igihugu gishinzwe imicungire y’amasoko ya Leta ‘RPPA’ kiravuga ko ikoranabuhanga rishya bise ‘Umucyo’ ryifashishwa mu gupiganirwa amasoko ya Leta ririmo kurandura ruswa n’abandi makosa ayishamikiyeho yavugwaga mu mitangire y’amasoko ya Leta.

Nyuma yo gutanga ikizere mu kiciro k’igeragezwa (pilot phase) cyabaye umwaka ushize , umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga mu gupiganirwa amasoko ya Leta uzwi nk’UMUCYO ubu uri mu mwaka wawo wa mbere.

Ubu, ba rwiyemezamirimo bahatanira amasoko ntabwo bakijyana inyandiko zipiganwa ku biro runaka, ubu bikorerwa kuri internet.

Sibomana Celestin ushinzwe kongerera ubushobozi abakozi muri ‘RPPA’ avuga ko n’ubwo iri koranabuhanga ritaratangira gukoreshwa n’ibigo byose bya Leta ngo nko mu mwaka utaha rizaba ririmo rikoreshwa hose, kandi riri gutanga umusaruro mwiza cyane.

Sibomana avuga ko iri koranabuhanga ryazanye umuco mu mitangire y’amasoko kuko ubu rwiyemezamirimo atagihura n’abashinzwe isoko.

Ati “Ntabwo hazongera kubaho ubwiru hagati ya ‘procurement officer’ na rwiyemezamirimo, kubera ko nutegura ‘tender document’ uzayishyira muri ‘system’ buri wese arayibona kandi ibyo umwe abonye ni byo n’undi abona.”

Gushyira inyandiko zihatanira isoko muri system bimara iminsi 30 gusa iyo uwatanze isoko adasabye ko yongera, ku munsi wa 30 inyandiko zipiganirwa isoko “bids” zose zihita zifungura (opening) ku buryo buri wese abona ibikubiye muri “bids” zose zakozwe.

Sibomana akavuga ko ibi byatumye n’iyo ushinzwe isoko yaba afite uwo ashaka guha amahirwe yo gutsindira isoko bidakunda kuko buri wese aba yabonye “bid” buri rwiyemezamirimo yakoze kandi ngo uburyo “system” yubatse nta muntu ushobora kubona ikiri muri “bids” mbere y’uko umunsi ugera zikifungura.

Ndetse ngo na ‘bid’ yageze muri ‘system’ ntacyo ushobora kuyihinduraho ngo ugire icyo ukuramo cyangwa ngo ugire icyo wongeramo.

Ati “Biri kugabanya ruswa, ruswa ishoboka kubera ko abantu bahuye. Nonese ruswa uzayishyira muri system? Ntabwo tuvuze wenda ko yavaho 100% ariko amahirwe washakaga guha umuntu ntazashoboka kuko uzashaka kuyaha umuntu usange hari undi umurusha ibyo bintu kandi wamaze kubishyira muri ‘system’ kandi ntuzabivanamo.”

Uyu muyobozi yabwiye Umuseke ko uyu mwaka wa mbere bakoresheje iyi ‘system’ mu nzego zose za Leta nurangira aribwo bazamenya ibibazo byose bikiyirimo.

Ati “Ntabwo twavuga ko ruswa yacitse 100%, Oya,…kuko haracyari igice cya ‘contract management (gucunga amasezerano)’ cyo giracyakorwa n’abantu bari kumwe, abantu barahura bajyana kuri ‘field’,…ibyo bazavugana ntabwo uzaba uhari icyo ubona ni raporo gusa.”

RPPA ivuga ko inzira yo kuva ku itangazwa ry’isoko kugera hasinywa amasezerano ishobora kuvamo ruswa burundu kubera ikoranabugahanga, ndetse ngo batangiye no kwiga uburyo no mu micungire y’amasezerano (ibikorwa) naho yaranduka.

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018
U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Ubwanditsi 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
UBUKUNGU

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe
ITOHOZA

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa
POLITIKI

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Ubwanditsi 17 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru